Amashuhso yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umugabo w’umupasiteri yonka ibere ry’umugore mu ruhame akikijwe n’abayoboke be, avuga ko ari kumuvura kanseri iri mu ibere rye.
Umuvugabutumwa ukomoka muri Repuburika iharanira
demokarasi ya Congo yatunguye benshi ubwo yavugaga ko avura umugore urwaye
kanseri y’ibere binyuze mu kuryonka, asa n'umuhobera atangira konka ibere rye ashungerewe n'abakirisitu ayobora.
Ni igikorwa cyatunguye benshi basenga Imana, bamwe
bamutuka bamuvuma ko yasuzuguje izina rya Nyagasani, abandi bavuga ko ari
umutekamutwe, abandi batebya bavuga ko yayoboka itsinda rikina filime z’urukuzasoni
rikorera ku rubuga Olyfans, n’ibindi byinshi atukwa.
Abantu batandukanye bakomeje gutanga ibitekerezo bavuga ko uyu muvugabutumwa ukomoka muri Kongo ashobora kuba afite ikibazo mu mutwe kuko ibyo yakoze bitapfa gukorwa n’umuntu muzima.
Ubwo yonkaga ibere ry’uyu
mugore abayoboke bamuzengurutse bamwe batangira kumufata amashusho bamwe
biyamira, abandi bumirwa kubera icyo gikorwa giteye isoni, abandi babura aho
bakwirwa.
Nubwo byiswe kumurambikaho ibiganza amukiza kanseri
arwaye mu ibere, byasaga n’aho bakina filime y’urukozasoni kuko ntibyakomeje
kwitwa kuvurwa, ahubwo byaje guhindura isura nyuma.
Netzens yatangaje ko benshi basabye ko hashyirwaho
indagagaciro n’imyitwarire mizima ikwiriye kuranga abana b’Imana mu nzu yayo, aho kuyobya
abakirisitu no kubayobora mu buyobe cyangwa bakayoboka idini ririmo imyitwarire
mibi nk’iyi.
TANGA IGITECYEREZO