RFL
Kigali

VIDEO: Turasaba igihugu kudushyigikira - Bahavu wegukanye imodoka ahize abandi muri RIMA

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:3/04/2023 9:35
0


Usanase Bahavu Jeannette wamamaye muri sinema nyarwanda yegukanye imodoka muri Rwanda International Movie Awards [RIMA] atangaza ko yishimye.



Iki gihembo gikuru muri ibi bihembo cyegukanwe na Bahavu Janneett, cyari gihataniwe n'abantu 20 barimo ab'igitsinagabo n'ab'igitsinagore.

Yacyekukanwe hagendeye ku manota yatanzwe mu ngendo zitandukanye zakozwe ndetse n'amatora yakozwe binyuze mu ikoranabuhanga.

Imodoka yegukanye yatanzwe n'umuterankunga mukuru ariwe Ndoli Safari imwe muri kompanyi zikodesha zikanagurisha imodoka nziza hano mu Rwanda.

Uretse ibyo, muri ibi bihembo byatanzwe kuwa 01 Mata 2023, yegukanye kandi igihembo cy’umukinnyikazi mwiza w’umwaka (Best Actress) abicyesha filime ye 'Impanga'.

Mu magambo ye yashimiye Imana agira ati “Ibi ntabwo mbifata nk’ibintu bituma ncika intege, ngo numve ko ngezezeyo ahubwo ni itangiriro ryiza kuri njye mpawe kugira ngo nkore cyane. Turasaba igihugu kudushyigikira.”

Umugabo we The Fleury Legend yavuze ko bishimiye kuba batwaye iki gtihembo.

Bahavu yegukanye igihembo cya filime nziza y'uruhererekane "Impanga Series" yavuze  ko yatumya agera kure.

Bahavu ni umwe mu bakinnyi ba filime bamaze igihe kirekire. Yamamaye cyane muri filime y’uruhererekane yitwa City Maid. Yanyuze mu itangazamakuru aba n'umwe mu bagore bambaye neza dore ko afite n’ubuhanga mu gutunganya imyambaro.

Kuwa 27 Werurwe 2021 ni bwo yashyingiranwe na Ndayirukiye Fleury usanzwe amufasha mu gukora filime.Bahavu yahize bagenzi be Bahavu n'umugabo we muri RIMA

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND