RFL
Kigali

VPLA; itsinda rishya ry’abaririmbyi b’impanga

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:1/04/2023 10:16
0


Itsinda rya VPLA ribarizwamo abahanzi babiri ari bo Maniraguha Esdras ukoresha amazina ya V Criss na Nzabonimana Donatien wiyise Planet akaba ari naho haturutse izina VPLA.



Aba basore bombi baravukana ndetse ni impanga. Bavukiye  mu ntara y'Iburasirazuba, mu karere ka Kirehe, mu murenge wa Musaza, akagari ka Kabuga mu mudugudu wa Rubuye ya kabiri.

Aba basore bavutse ku wa 01 Mata 2000. Bize amashuri abanza ku kigo cya GS Gahara mu murenge wa Gahara akarere ka Kirehe.

Ayisumbuye bayize mu bigo bitandukanye aho umwe yize imyuga irimo ‘General Mechanics’ n’ibindi ayiga iburasirazuba mu karere Gatsibo, umurenge Kabarore. Uwo akaba ari Planet.

V Criss yize amateka, ubukungu n’ubumenyi bw’isi (HEG) abyiga iburasirazuba mu karere ka Kirehe umurenge wa Musaza ku kigo cya GS Rugango.

V Criss yabwiye inyaRwanda ko batangiye umuziki mu 2010 kuko ari bwo banditse indirimbo yabo ya mbere.

Ati “Twatangiye umuziki mu 2010 ubwo ni bwo twanditse indirimbo yacu ya mbere yitwa ‘Baravuga’ mu 2011 umwe muri twe yitabiriye amarushanwa ya Eastern Talent Award Show yategurwaga na Radio Izuba aho yaje gutsinda akaza ari uwa 5 mu bantu basaga 150.’’

Akomeza avuga ari kimwe mu bintu byabateye imbaraga zo gushyira imbaraga mu muziki. Mu mihimbire y’indirimbo zabo V Criss avuga ko iyo bagiye guhimba bashaka ikintu kirimo ubutumwa buzanyura abantu.

Ati “Mu guhimba indirimbo  by’umwihariko haba hagomba kuzamo ubutumwa cyangwa  ubutumwa ku bantu nkuko rero bisanzwe indirimbo iba igenewe abantu ngo bumve ubutumwa buririmo, nicyo kiba kigamijwe ahanini.’’

Avuga ko mu gihe kiri bifuza kuzaba bari mu bahanzi bakomeye, bahagarariye u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Mu gihe kiri imbere twifuza kuzaba turi gukora umuziki mpuzamahanga mbese urenga imbibi tukaba abahanzi mpuzamahanga.’’

Aba bahanzi bafatriraho urugero harimo Bruce Melody , Tom Close, Harmonize na Diamond Platnumz.

VPLA iheruka gushyira hanze indirimbo nshya yise “Rara” igaruka ku bantu bakundana bishimanye mu buryo budasanzwe bakagaragarizanya amarangamutima. Iyi ndirimbo bayihuriyemo na Sky2.

Mu buryo bw’amajwi yakozwe na Niz Beat mu gihe Mix & Mastering byakozwe na Bob Pro. Amashusho yayo yayobowe na Samy Switch.Aba basore bakunda kujyanisha Bavuga ko batangiye kwiyumvamo umuziki kuva kera 

Planet uri ibumoso  hamwe na V Criss ni abavandimwe b'impanga bahuje byose birimo no gukorana umuziki

 Reba zimwe mu ndirimbo z’iri tsinda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND