RFL
Kigali

Prince Kid yavuze ku majwi yakwirakwiye yaka “Happiness” Miss Muheto

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:31/03/2023 14:23
0


Ishimwe Dieudonné wamamaye nka Prince Kid yemeye ko amajwi yakwirakwiye aganiriza Miss Rwanda 2022, Muheto Nshuti Divine amusaba ‘Happiness’, ari aye.



Uyu mugabo yabigarutseho ubwo yari ari kuburana mu Rukiko Rukuru rwa Nyarugenge aho ubushinjacyaha bwajuririye umwanzuro wafashwe n'urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge umwaka ushize, wo kumugira umwere ku byaha birimo icyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Prince Kid ashinjwa ibyaha birimo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato yitwaje ububasha yari afite muri Miss Rwanda, ndetse akanabafatirana kubera intege nke ndetse n’ishimishamubiri.

Batanze urugero rw’umwe mu bakobwa yajyanye mu bihe bya Guma mu rugo, kubera ubushobozi buke akamufatirana akamusambanya amwizeza ibitangaza.

Ngo uwo mukobwa yamaze igihe kinini kwa Prince Kid, kuko yashatse no kumutahana polisi ikababera ibamba.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko impamvu bwajuririye umwanzuro urukiko rwafashe umwaka ushize, ari uko hari ibimenyetso bimwe byari byatanzwe byirengagijwe bityo bukaba bushaka ko urukiko rwongera kubirebana ubushishozi.

Abatangabuhamya muri uru rubanza bagiye bahabwa ‘code’, ariko umuntu wese ukurikira wari usanzwe uzi byinshi kuri Miss Rwanda agenda amenya abavugwa muri uru rubanza.

Ku cyo guhoza ku nkeke n’ishimishamubiri, abashinjacyaha bavuze ko umukobwa witwa BBF yajyanye na Prince Kid i Karongi, bagera mu nzira akajya kugura udukingirizo.

Ngo bageze aho bari bagiye umugoroba ugeze ngo Prince Kid atangira kumwandikira ubutumwa bugufi, anajya ku cyumba cye ibintu ngo bigaragaza ko yashakaga kumusambanya.

Bavuga ko abakobwa yakoresheje imibonano mpuzabitsina batayikoze ku bushake bwuzuye, bityo akaba ariho hava icyaha cyo gusambanya ku gahato.

Buvuga ko hari ibimenyetso bitahawe agaciro harimo amajwi yafashwe, bikekwa ko ari aya Prince Kid ari kwaka ‘happiness’. Aya majwi Prince Kid yemera ko ari aye mu rubanza, ariko agahakana yivuye inyuma uburyo yumvikanamo.

Ati “Ariya majwi ni ayanjye, ariko bayakoreye ‘editing’. Barayahinduye. Ikindi ntabwo umuntu wayafashe azwi, bityo nkaba nshyigikiye icyemezo cyo kutayashingiraho.’’

Kuri aya majwi ubushinjacyaha busaba urukiko kongera kuyasesengura. Buti “Turasaba ko urukiko rwasuzuma aya majwi rukanayasesengura, rukareba niba ataganisha ku cyaha aregwa.’’

Bunavuga ko hari ubutumwa bwagiye buhererekanwa, hagati ya Prince Kid na bamwe mu batangabuhamya. Bukavuga ko Urukiko rwamugize umwere rwafashe nk’ihame kuba atemera ibyaha aregwa.

Prince Kid mbere yo kwiregura yabanje ashimira abacamanza. Ati “ Twe twajuririwe twizeye ubutabera, ndetse no kuri iyi nshuro turabwizeye.’’

Uyu mugabo yanzitse agaragaza ibyaha bivugwa ko yakoreye uwitwa VKF na VMF, birimo kubakoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato n’ishimishamubiri, mu gihe uwiswe BBF we bamushinja icyaha cyo kumuhoza ku nkeke.

Prince Kid agaragaza ko VKF yikoreye inyandiko, ndetse n'urukiko rumuhamagaza yemeza ko atahohotewe.

Akavuga ko iyi itakagombye guhabwa agaciro, ahubwo hahabwa agaciro iyo kwa noteri.

Avuga ko mu buhamya bwa VKF mu Rukiko nta mpamvu n’imwe yari gutuma atavugisha ukuri, cyane ko mu rukiko umuntu avuga yisanzuye. Ngo icyo gihe uyu mukobwa yashimangiraga inyandiko mvaho ye yo kwa noteri.

Prince Kid ku cyo kuba yari afite ububasha mu irushanwa bityo akaba yaroroherwaga no gusaba abakobwa ko baryamana, avuga ko atari byo cyane ko nta hantu yahuriraga na buri mukobwa.

Yabajijwe iby’amajwi ye ari kwizeza umukobwa kumufasha agatsinda, avuga ko byari ukumufasha kwihanganira igitutu n’amagambo y’abantu, ntaho bihuriye no kumuhesha ikamba.

Avuga ko ibi byaterwaga no kuba uyu mukobwa hari umwe mu bagize akanama nkemurampaka wari wamubwiye ko ari mwiza, abantu bagatangira kuvuga ko yaje mu irushanwa yateguwe.

Tariki ya 12 Ukuboza 2022 ni bwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, ku byaha yari akurikiranweho ndetse ahita anafungurwa, aho yari amaze amezi atandatu muri Gereza ya Nyarugenge.

Prince Kid yongeye kugaragara imbere y'urukiko. Uyu mugabo yari afite abunganizi batatu 

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze uru rubanza

AMAFOTO: Ngabo Serge-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND