Kigali

DJ Mahalo ukora muri Billboard yashimye bikomeye impano ya Eloi El ukomoka mu Rwanda

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:10/02/2023 12:42
0


Indirimbo "Ecstasy" y'umuhanzi nyarwanda Eloi El, yasubiwemo na DJ akaba na Producer Mahalo, usanzwe avanga imiziki mu kigo cya Billboard kiri mu bikomeye mu myidagaduro muri Amerika.



Iyi ndirimbo iri kuri Extended Play [EP] ya Eloi El yise ‘‘Stick Together’’ yagiye hanze mu bihe byashize.

Eloi yabwiye InyaRwanda ko iyi ndirimbo ye Mahalo yahisemo kuyisubiramo nyuma yo kwishimira cyane EP yari iriho iyi ndirimbo, yagiye hanze mu Ukuboza umwaka ushize.

Ati ‘‘Nkimara gusohora iriya EP, uwo mu Dj akaba na Producer Mahalo yarayikunze yose ariko cyane akundaho indirimbo yanjye yitwa ‘Ecstasy’ ahita ayikorera remix.’’

Avuga ko yishimiye ibi bintu kuko bizamufungurira amarembo ku buryo ashobora umunsi umwe kuzibona ku rutonde rwa Billboard Chart.

Mahalo ubusanzwe akora ‘mix’ y’indirimbo zijya ku rubuga rwa Billboard. Ni umwe mu bavanga imiziki banabifatanya no gutunganya indirimbo bari kwitwara neza muri Amerika byanatumye agirirwa icyizere muri Billboard.

Eloi El, ubusanzwe yitwa Muhoranimana Eloi, akaba ari umusore ukiri muto utuye i Kigali. Araririmba akaba n’umwe mu batunganya indirimbo, mu njyana ya Electronic Dance Music (EDM);

Urugendo rw’uyu musore w’imyaka 24 rwatangiye ku myaka 12 ubwo yatunganyaga indirimbo mu 2011, gusa yatangiye gutunganya izikozwe muri EDM mu 2018. 

Afite umwihariko wo kuba yarasohoye ibihangano bye afashijwe n’inzu zikomeye zirimo We Are Diamonds, LoudKult na Reven Beats & Day Dose of House.

Akunda kuvuga ko yakuze akunda umuziki cyane ko avuka ku munyamuziki Sibomana Joseph wacurangaga Guitar muri Orchestre Irangira yari irimo abahanzi bakomeye nka Makanyaga Abdul.

Ati “Nkiri mu mashuri abanza nararirimbaga ncuranga na Guitar ndetse nigeze kuririmba muri icyo gihe mfungura igitaramo cya Tonzi abantu batangarira impano nari mfite.”

Eloi El ni murumuna wa Chris Cheetah wamenyekanye mu gutunganya indirimbo z’abahanzi bakomeye mu Rwanda, na Sean Brizzz.

Mu nzozi z’uyu musore avuga ko ashaka gukora umuziki utandukanye n’uwo, abandi bahanzi mu Rwanda bakora kandi wisangamo abantu bose.

Ati “Indoto mfite ni izo gukora umuziki utandukanye kandi wisangamo ingeri zose haba mu Rwanda no mu mahanga hose bakaba bawisangamo ngerageza no kuzamura igihugu cyanjye.”

Eloi El mu bo afatiraho urugero bakora EDM harimo aba-Dj nka Black Coffee, Kygo na Sun-El Musician. Avuga ko impamvu yahisemo EDM ari uko ari injyana akunda kandi yakunze kumva cyane kuva mu buto bwe kandi akaba ari injyana ikunzwe ahantu henshi.

Uyu musore mu myandikire avuga ko yibanda ku rukundo no ku buzima busanzwe.

Ubu amaze gukora indirimbo 24. Akaba ashaka gukorana izindi nyinshi n’abahanzi bo mu Rwanda n’abandi mpuzamahanga cyane ko hari label nyinshi bakorana zakunze umuziki akora.

Eloi El yize amashuri abanza kuri Groupe Scolaire Cyahafi, naho ayisumbuye ayiga muri Ecole Technique Muhazi [ETM] aho yasoje mu ishami rya Computer Science and Managment. Studio akoreramo umuziki, ikorera mu rugo iwabo.

Electronic Dance Music (EDM) uyu musore akora, izwi na none nka Dance Music, Club Music cyangwa Simply Dance. Ni uruhurirane rw’imiziki iri mu mujyo wa Electronic ukunze kwifashishwa cyane n’aba-Djs mu tubyiniro n’ahandi.

Aba ba-Dj bo hanze bafatanya n’abandi baririmbyi baba basanzwe bazwi baririmba. Izwi ku ba-Djs bakomeye bo hanze nka David Guetta, Martin Garrix, Alan Walker, AVICII, Chainsmokers n’abandi.

Mu mpera zo mu myaka yo mu 1980 no mu ntangiriro za 1990 ni bwo iyi njyana yatangiye kugira umuriri mu bihugu by’i Burayi.

Hari izindi njyana zamenyekanye zishamikiye kuri EDM zirimo nka Dance-pop, House, Techno, Trance, Drum & Bass, Dubstep na Trap n’izindi.Dj Mahalo akora muri BillboardUyu musore avanga gukora indirimbo no kuvanga imiziki Eloi El ni umwe mu basore bo guhangwa amaso 

Eloi El afite umwihariko muri EDM

REBA INDIRIMBO YA ELOI EL YASUBIWEMO NA MAHALO

Reba imwe muri mix za Mahalo kuri Billboard






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND