RURA
Kigali
23.3°C
18:39:46
March 6, 2025

Miss Muheto yizihirije isabukuru y'amavuko mu kigo kirererwamo abafite ubumuga-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/12/2022 10:21
0


Nshuti Divine Muheto wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2022, yasangiye isabukuru y'amavuko kandi atanga ibikoresho nkenerwa mu ikigo cy’amashuri AVEH Umurerwa gifasha abana bafite ubumuga giherereye i Nyamata Karere ka Bugesera mu Ntara y'Iburasirazuba.



Uyu mukobwa yasuye iki kigo ku wa 21 Ukuboza 2022, mu rwego rwo gusangira isabukuru y’amavuko ye n’abanyeshuri babarizwa muri iki kigo.

Muheto yabwiye InyaRwanda ko yahisemo gusura iki kigo kubera ko ari kimwe mu bigo biri kure y’Umujyi wa Kigali. 

Avuga ko ibigo byinshi byo mu Kigali bisurwa n’abantu batandukanye kandi ugasanga bafite abaterankunga, ari nayo mpamvu yahisemo kujya mu kigo kiri kure y’umujyi.

Ati “Impamvu nasuye kiriya kigo ni uko ari ikigo kitari hafi cyane ya Kigali. Kandi, hari ibigo abantu benshi bakunda kujya gusura byo muri Kigali. Ugasanga hari ibindi twirengagiza, kandi ibyo kenshi dusura hari uko baba bameze, bafite abaterankunga, ariko ugasanga hari abandi tutajya dukoraho. Ariyo mpamvu nyamakuru yatumye njya kubasura.”

Yavuze ko muri we yashakaga gusura ikigo abantu benshi badakunda gusura. Arakomeza ati “Niyumvishaga ko nshaka gusura ikigo atari ikigo abantu benshi bajya bageraho.”

Uyu mukobwa yavuze ko nyuma yo gusura iki kigo, yababwiye ko yiteguye gutanga ubufasha bwose iki kigo gikeneye harimo no kubakorera ubuvugizi. Ati “Niyemeye kubaba hafi. Kuko ni ikigo nasanze abantu benshi batajya bageraho, abantu benshi batanazi.”

Ni yo sabukuru ya mbere Nshuti Divine Muheto yizihije yambaye ikamba rya Miss Rwanda 2022. Ubu afite imyaka 19 y’amavuko. Avuga ko iyi sabukuru, idasanzwe mu buzima bwe, kandi ni umugisha.

Yavuze ati “Ni ibintu byiza cyane! Ni umugisha kuri njyewe. Ni nayo mpamvu nahisemo y’uko nayizihiza mu buryo butandukanye nkayizihiza ndi kumwe n’abandi bantu cyangwa se kugira icyo ntanga. Nk’uko nagiriwe umugisha nkagira ikamba nanjye nkagira icyo ntanga kuri sosiyete.”

Miss Muheto agiye kumara imyaka ibiri afite ikamba rya Miss Rwanda, kuko iri rushanwa ritazaba mu 2023.

Mu gihe cy’umwaka ushize afite ikamba, yakoze ibikorwa bitandukanye birimo no gushyira mu bikorwa umushinga we ugamije gukangurira urubyiruko kwizigamira. Kandi yakoranye n’inzego mu rwego rwo gufasha abatishoboye n’ibindi. 

Ku wa 21 Ukuboza 2022, Miss Muheto yizihirije isabukuru y’amavuko mu ikigo ‘AVEH Umurerwa’ kirererwamo abafite ubumuga butandukanye

Miss Nshuti Divine Muheto yabwiye abayobozi b’iki kigo ko yiteguye kubatera inkunga no kubakorera ubuvugizi 

Miss Muheto avuga ko yatanze ibikoresho bitandukanye n’ibiribwa muri iki kigo mu rwego rwo kubatera inkunga 

Nshuti Divine avuga ko iyi sabukuru idasanzwe mu buzima bwe, kuko yasanze yambaye ikamba rya Miss Rwanda 

Mu gihe cy’umwaka ushize afite ikamba, Nshuti Divine yakoze ibikorwa bigamije gufasha abatishoboye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND