Kigali

Yahisemo kubeshya ngo abantu baze? Dj Maphorisa yanyomoje ibyo gutaramira mu Rwanda

Yanditswe na: Umukundwa Josue
Taliki:7/11/2022 17:58
0


Ni igisebo ku wateguye igitaramo n’agahinda ku bitabiriye biteguye umugeni wari gushyingirwa uwo munsi, ariko ubukwe bwitabirwa n’abasangwa bari baje kurya no kunywa gusa.



Tariki 26 Ukwakira nibwo hashyizwe hanze integuza y’igitaramo cyiswe “Intore Sundays” cyari “bucurangwemo” Dj Maphorisa, nk’umwe mu b’imena baturutse hanze bari kuzataramira abantu bari kuzitabira iki gitaramo.

Ni integuza yari ifite amakuru yose kugeza ku bari kuzafatanya n’uyu mu Dj kabuhariwe mu kuvanga imiziki muri Afurika no mu isi barimo Dj Toxxyk, Dj Pyfo, Dj Tyga ndetse na Kevin Klein.

Nk’ibisanzwe iyi nteguza yari iriho n’ibiciro, aho kwinjira muri iki gitaramo ku muntu byari ibihumbi 20 ndetse n’ibihumbi 300 ku itsinda ry’abantu 6, biherekejwe n’amabwiriza y’uko hari amatsinda y’abantu 15 gusa.

Nyuma y’iyo nteguza intangiriro yo kwamamaza icyo gitaramo yari itangiye, ariko ubutumwa bwa bamwe mu bari kuzagaragara muri iki gitaramo bakomeza gutumira abantu bitwaje izina rya Dj Maphorisa.

Nyuma y’iminsi itanu gusa iyo nteguza itanzwe, mu mashusho mato abamamaza iki gitaramo bakomeje gusangiza amafoto ya Dj Maphorisa, ariko ku ruhande rw’uwatumiwe mu busanzwe we ntacyo aragaragaza.

Iyamamazwa ry’igitaramo ryarakomeje ariko hakomeza gutangazwa  no kwamamaza iki gitaramo bifashishije Dj Maphorisa kuko akunzwe cyane muri Afurika, bivugwa ko ari nako amatike yakomeje kugurwa.

N’ubwo ibi byose byakorwaga uyu mu Dj ntiyigeze yerekana ko azataramira mu Rwanda, yewe nta n’amashusho ye yigeze ajya hanze ararikira abantu ko azataramira mu Rwanda.

Bivugwa ko Intore Intertainment yateguye iki gitaramo yamenye amakuru mbere, y’uko Dj Maphorisa atazataramira mu Rwanda bitewe n’uko kumvikana byari biri kugorana maze ica iy’ubusamo itabimenyesheje ihitamo kuzana itsinda rya Soul Natives, nyuma yo kumenya ko bari mu rugendo rwo kuzataramira muri Kenya.

Mu masaha 18 ashize uhereye aka kanya byumvikane ko byatangajwe mbere y’amasaha make ngo igitaramo kibe, hasohotse integuza y’iri tsinda ryari rikubutse muri Kenya ko rizataramira mu Rwanda ariko abari baguze amatike n’abari biteguye iki gitaramo mu mitwe yabo hari harimo Dj Maphorisa.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru nibwo habaye igitaramo cya Intore Sunday ariko kitagira Dj Maphorisa nk’uwari watangajwe nk’umushyitsi w’Imena, wari kuzataramira abazakitabira bitewe n’igikundiro cye.


Ni igitaramo cyanyuze abakitabiriye ariko bigaragara ko biteguye umuDj w’icyamamare nka Dj Maporisa, ni uko biza kurangira batamubonye basubiza amerwe mu isaho nyuma yo kutamubona.

Mu kiganiro inyaRwanda.com yagiranye na bamwe mu bitabiriye iki gitaramo, bamwe bari bariye karungu bavuga ko bitumvikana kwishyurira kuza kureba umuntu bagataha batamubonye.

Zari impaka ndende mu baganiriye na inyaRwanda bavuga ko ibyo bari biteze ataribyo babonye, kuko ibyishimo byabo byacagashijwe ubwo babonaga Dj Maphorisa ataje ku rubyiniro ndetse batarabimenyeshejwe.

InyaRwanda.com yagerageje gushaka Dj Maphorisa mu buryo bukomeye kugira ngo avuge ku mpamvu ataje gutaramira abanyaRwanda nyamara yarishyuwe, bikomeza kugorana ariko iza kubona igisubizo.


Ahabereye igitaramo

Mu kiganiro inyaRwanda.com yagiranye n’umwe mu bajyanama ba Dj Maphorisa wavugaga ko ananiwe bitewe n’igitaramo bari bavuyemo, yirinze kugira byinshi avuga mu minota mike, ariko avuga ko nta gahunda yari ihari yo gutaramira mu Rwanda, gusa atwizeza ko nabyuka bamaze no kuganira na nyirubwite bari butuganirize.

Ni amakuru akurikirana hibazwa niba koko uyu mu Dj yarishyuwe akanga kuza, uyu mujyanama wa Dj Maphorisa mu gihe araba aduhaye umwanya, arabazwa niba yaba yarishyuwe akanga gutaramira mu Rwanda, impamvu atamamaje iki gitaramo n’impamvu aherutse kuvuga ko abategura ibitaramo batagakwiye kumutumira bitwaje udufaranga duke icyo yashakaga gusobanura.


Dj Maphorisa yari yibereye mu kindi gitaramo

InyaRwanda yabonye amakuru avuga ko Bruce Intore utegura ibi bitaramo yishyuye buri kimwe cyose Maphorisa yasabaga harimo n’amatike y’indege, hanyuma akomeza kumubaza aho ageze aza i Kigali ariko ntiyasubiza, kuva yamara kumwishyura.


Uyu mukobwa yarikoroje






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND