RURA
Kigali

AMAFOTO 50: Shaddyboo, Mike Kayihura na Pius bataramiye mu Bubiligi, Lionel aratungurana

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:7/11/2022 14:46
0


Abahanzi bo mu Rwanda Mike Kayihura na Rukabuza Rickie [Dj Pius] bakoreye igitaramo gikomeye mu Bubiligi, cyayobowe n’umunyamideli uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga Mbabazi Shadia wamamaye ku izina rya Shaddyboo.



Mike Kayihura yanditse kuri konti ye ya Twitter, ashima urukundo yeretswe mu Bubiligi. Avuga ko ku wa 11 Ugushyingo azataramira mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa.

Iki gitaramo ‘Comeback’ yahuriyemo na Shaddyboo na Dj Pius cyabaye ku wa 5 Ugushyingo 2022, ahitwa Anderleght. Cyateguwe na Team Production, inatumira umunyarwandakazi Dj Princess Flor uzwi cyane mu bavanga imiziki.

Muri iki gitaramo, umuhanzi Lionel Sentore ubarizwa mu Bubiligi yatunguranye asanganira Dj Pius ku rubyiniro, baririmbana zimwe mu ndirimbo ze.

Ni ku nshuro ya mbere Mike Kayihura ataramiye mu Bubuligi ku Mugabane w’u Burayi. Kuri Dj Pius si ubwa mbere ageze i Burayi, ariko ni ubwa mbere ahataramiye.

Flor asanzwe atuye mu Bubiligi, aho yamenyekanye mu gucuranga mu tubyiniro n’ibirori bitandukanye byagiye bihabera. 

Mu 2019 yacurangiye i Kigali mu gitaramo ‘Kigali Summer Fest’, cyari cyateguwe n’inzu ifasha abahanzi ya The Mane.

Deejay Pius waririmbye muri iki gitaramo, azwi cyane mu ndirimbo zirimo 'Ubushyuhe' yakoranye na Bruce Melodie, 'Homba Homboka', 'Ribuyu' na Dj Marnaud n'izindi zitandukanye.

Ni mu gihe Mike Kayihura azwi mu ndirimbo zirimo nka 'Sabrina' yakoranye na Kivumbi na Dany Beats, 'Tuza', 'Zuba', 'Any time' n'izindi. 

Mike Kayihura yakozwe ku mutima n'uburyo abanyaburayi bamwakiriye

Kayihura yanditse avuga ko ubu ari kwitegura gutaramira mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa 

Umunyamideli Shaddyboo ni we wayoboye iki gitaramo. Yari aherutse kubaza abanyaburayi niba biteguye kubyinana nawe 

Ibyishimo byari byose ku banyarwanda n'abandi batuye mu Bubiligi 

Lionel Sentore yatunguye Dj Pius amusanganira ku rubyiniro. Uyu muhanzi azwi cyane mu itsinda ryitwa 'Ingangare' ahuriyemo na Uwizihiwe Charles 

Dj Pius yikuye ishati asigarana isengeri, ubundi aranzika mu ndirimbo ze nyinshi aherutse gusohora 

Buri wese yabyinaga uko ashoboye...... Abanyabirori bari babucyereye mu ndirimbo z'abahanzi bo mu Rwanda

    

Imyambarire irihariye... Buri wese yahisemo iyo yambara imufasha gukata neza umuziki 

Bitewe n'amafaranga wishyuye wasangaga wateguriwe ibyicaro  

Hari amwe mu mashusho yasohotse agaragaza Shaddyboo abyinana byimbitse na Dj Pius 















TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND