Wa munsi wageze! Ab’inkwakuzi baraye mu Mujyi wa Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, bategerezanyije amatsiko umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 20 ugiye kuba ku nshuro ya 18.
Ibirori byo Kwita Izina abana b’ingagi
bizaba kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Nzeri 2022 mu Kinigi.
Uyu muhango uzaba imbona nkubone
nyuma y’imyaka ibiri uba hifashishijwe ikoranabuhanga, kubera icyorezo cya Covid-19
cyugarije Isi muri iki gihe.
Kwita Izina bijyana n’ibikorwa by’imyidagaduro
biba byateguwe, birimo nk’abahanzi baririmbira abitabiriye uyu muhango n’ibindi.
Kuva saa moya (7:00) kugeza saa mbili
n’iminota 45’ (8:45), ibi birori byo Kwita Izina bizatangizwa n’abashyushyarugamba
bakurikirwe na ba Dj basusurutsa abantu mu ndirimbo zitandukanye bazavanga.
Kuri gahunda bigaragara ko saa 8:45
kugeza saa tatu, itorero ribyina imbyino gakondo rizasusurutsa abantu.
Bazakurikirwa n’abahanzi barimo Zawad, Young Sckot, Maylo, The Bless, Okama,
Bwiza, Afrique, Chriss Eazy, King James na Platini.
Hari kandi Mico The Best, Senderi,
Intore Tuyisenge n’abibumbiye muri Mashirika barimo Rafiki, Ish Kevin, Alyn
Sano na Peace Jolis bazakina umukino.
Abantu 21 nibo batangajwe bazita
amazina kuri iyi nshuro ya 18 uyu muhango ugiye kuba.
Barimo Prince Charles Philip uzita
izina yifashishije ikoranabuhanga, ni mu gihe abandi basigaye bose bazaba
bahari imbona nkubone.
Hari kandi Gilberto Silva wakiniye
ikipe ya Arsenal, Juan Pablo Sorin wakiniye Paris Saint-Germain na Didier Drogba
wakiniye ikipe ya Chelsea FC.
Umukinnyi wa filime Uzo Aduba, Dr
Evan Antin, Neri Bukspan, Dr Cindy Descalzi Pereira, Itzhak Fisher, umuyobozi
wa Emerson Collective, Laurene Powell Jobs, umuyobozi wa Luntz Global, Dr Frank
I. Luntz –
Stewart Maginnis, Thomas Milz,
umusifuzi Mpuzamahanga, Salima Mukansanga, Umunyamabanga w’Ibihugu Bikoresha
Igifaransa, Louise Mushikiwabo, umunyamuziki Youssou N’Dour, Naomi Schiff;
Umuyobozi wa African Wildlife
Foundation , Kaddu Sebunya, Gilberto
Silva, abaririmbyi Sauti Sol, Moses
Turahirwa washinze inzu y’imideli ya Moshions n’Umuyobozi w’icyubahiro wa The The
Wood Foundation, Sir Ian Clark Wood, KT, GBE
Umuhanzikazi Bwiza uzwi mu ndirimbo
zirimo 'Ready', 'Yiwe' na 'Rumours' aherutse gusohora azaririmba mu Kwita Izina
King James wamamaye mu ndirimbo zirimo
nka 'Ganyobwe', 'Poupette', 'Ndagukunda' n'izindi ategerejwe muri Kwita izina
Juno Kizigenza uherutse gusohora indirimbo
nka 'Aye', 'Urankunda', 'Ndarura'
n'izindi
Platini uherutse gusohora indirimbo 'Ikosa'
yakoranye na Big Fizzo, 'Shumuleta', 'Jojo' n'izindi
Senderi Legend uzwi cyane mu ndirimbo nka 'Ibidakwiriye nzabivuga' yakoranye na Tuyisenge Intore n'izindi
AMAFOTO YA BAMWE MU BANA B'INGAGI BAZITWA AMAZINA
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'UBUDAHWEMA'
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'IKOSA'
TANGA IGITECYEREZO