Kigali

East Africa Arts Entertainment Awards: Meddy yegukanye igihembo, filime ya Perezida Samia Suluhu ihiga izindi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/08/2022 8:10
0


Umuhanzi w’umunyarwanda Ngabo Medard Jorbet [Meddy] ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yegukanye igihembo cy’umuhanzi w'umwaka wo mu Rwanda wahize abandi [People's Choice artist of the year- Rwanda], mu bihembo bya East Africa Arts Entertainment Awards.



Ibi bihembo ‘East Africa Arts Entertainment Awards (EAEA)’ bigamije gushyigikira urugendo rw’iterambere rw’abahanzi bakorera umuziki ku mugabane wa Afurika, by’umwihariko mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba.

Abatsinze batangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 1 Kanama 2022.

Byatangajwe ko Meddy yegukanye igihembo mu cyiciro cy’umuhanzi w’umugabo w’umwaka wo mu Rwanda wahize abandi [People's Choice artist of the year- Rwanda].

Yari ahatanye mu cy’indirimbo yakunzwe mu Rwanda [EAEA Best Hit Song Rwanda], icy’indirimbo yakunzwe mu Burundi [EAEA Best Hit Song Burundi] n’icyiciro cy’indirimbo ifite amashusho meza mu Rwanda [EAEA Best Rwanda Music Video].

Umuhanzikazi w'umugore w’umwaka wahize bagenzi be mu 2022 (People's Choice Best Female Artist 2022) yabaye Nandy. Yahigitse Butera Knowless.

Knowless yari ahatanye kandi mu cyiciro cy’umuhanzikazi ufite indirimbo nziza y’amashusho mu Rwanda [EAEA Best Rwanda Music Video] n’icyiciro cy’umuhanzi w’umwaka [EAEA Artist of the Year].

Bruce Melodie ntiyahiriwe muri ibi bihembo, kuko mu byiciro bitatu yari ahatanyemo hose yatsinzwe. Abandi batahiriwe ni Juno Kizigenza na Ariel Wayz.

Umuhanzi w'umugabo wahize abandi muri Tanzania mu 2022 (People's Choice Best Male 2022) yabaye Diamond Platnumz. Indirimbo yakunzwe cyane yo muri Afurika (People's Choice Best African Hit Song) yabaye 'Buga' ya Kizz Daniel na Tekno.

Umuhanzi w'umwaka muri Uganda (People's Choice artist of the year- Uganda) yabaye Eddy kenzo, umuhanzi w'umwaka muri Kenya (People's Choice Artist of the year-Kenya) yabaye Otile Brown naho umuhanzi w'umwaka muri DRC (People's Choice artist of the year-DRC) yabaye Fally Ipupa.

Hanscana wo muri Uganda utunganya amashusho y'indirimbo, yegukanye igihembo cya 'Director' mwiza w'umwaka (People's Choice Best Hit Music Video Director).

Inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya WCB Wasafi yegukanye igihembo cya 'People's Choice Best record label), umunyamideli akaba n'umukinnyi wa filime Wema Sepetu yegukanye igihembo cya People's Choice Best Female Inspirational Youth Icon).

Indirimbo 'Peru' ya Fireboy DML na Ed Sheeran yegukanye igihembo cya 'Best overall Global Hit song', umuhanzi Mugisha Benjamin [The Ben] yegukana igihembo cy'umuhanzi wo mu Karere ka Afurika y'iburasirazuba ariko ukorera umuziki muri Diaspora (Best East-African artist in diaspora).

Umunyabigwi mu muziki Koffi Olomide yegukanye igihembo cy'umuhanzi w'ibihe byose 'EAEA Lifetime Achievement Award.

Filime 'The royal Tour' ya Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yegukanye igihembo cya filime yahize izindi 'EAEA Outstading filime/Movie/Documentary.

Ibikorwa byo gufata amashusho y’iyi filime, Perezida Samia Suluhu yabitangiye tariki 28 Kanama 2021 ahereye mu kirwa cya Zanzibar.

Iyi filime igaragaza ahantu hatandukanye nyaburanga ba mukerarugendo bashobora gusura muri Tanzania birimo ibyerekeye ubugeni ndetse n’umuco, byose bigamije kwamamaza Tanzania ku rwego mpuzamahanga.   

Meddy yegukanye igihembo cy’umuhanzi w’umugabo w’umwaka mu Rwanda [People’s Choice artist of the year- Rwanda) 

The Ben yegukanye igihembo cya Best East-African artist in diaspora

REBA HANO INTEGUZA YA FILIME ‘THE ROYAL TOUR’ YA PEREZIDA SAMIA SULUHU

">

REBA HANO ABEGUKANYE IBIHEMBO BYA EAEA








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND