RFL
Kigali

Abakobwa bari muri Sinema nyarwanda bameze nk’amafi ategereje kugwa mu mutego-Bamenya

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:25/02/2021 16:10
0


Benimana Ramadhan wamamaye nka Bamenya amaze kwandika ibigwi muri sinema z’urwenya aho usanga abifuza kwinjira mu mwuga bamusaba ko yabafasha. Yatangaje ko agira inama abakobwa bari kujya muri uwo mwuga ko bakwiriye kwitwararira kuko bari mu mitego mitindi ishobora kubashibukana.



Bamenya ukunze gukina ari umukozi wo mu urugo ariko wigira ikiburabwenge akaganiriza abakoresha be nko mu mukino uherutse hari aho abaza nyirabuja (Bijoux) niba umugabo we Kanimba aramutse apfuye Bijoux yakwemera kubana na Bamenya. Undi ati: ’’Ariko Bamenya ukura ubwenge bwawe busubira inyuma keretse abagabo bose bo ku isi bapfuye nibwo nakwiyahuraho?’’ Bamenya ahita amubaza niba ari uburozi ku buryo yamwiyahuraho.

 

Bamenya asaba abakobwa kwitondera ababashukisha gukina filime bakabasambanya

Bamenya ukunze gukinisha abakobwa ndetse bakamamara ubwo yarimo aganira n’umunyamakuru Nizeyimana Philbert (Phil Peter) yabajije umukobwa ukina muri Bamenya ukuntu yayigezemo undi ati:’’Nashatse nimero ze ndamuhamagara nari nazatse umuntu umuzi kuko nifuzaga ko amfasha kwinjira muri sinema’’.


 Bamenya amaze kwamamara mu gukina filime zisekeje

Bamenya we avuga ko uwo mwari yamuhamagaye bakaganira ndetse akamwaka amafoto ye ane agaragaza uburanga bwe birangira amwemereye kumushyira muri Bamenya series.

 Hari icyo abwira abakobwa bakina muri Sinema nyarwanda


Bamenya avuga ko abakobwa bakina filime nyarwanda bameze nk’amafi ategereje kugwa mu mitego mitindi. Ati: ’’Abahungu bari hanze aha ntiboroshye barabategereje ngo babarongore, babasambanye babashukishije ibintu bitandukanye’’.

Akomeza avuga ko buri mukobwa wese akwiriye kwitondera abamubeshya ko bashaka kumuha akazi ko kumukinisha filime bikarangira bamusambanyirije ubusa akaviramo aho.

Bamenya avuga ko uwo mukobwa yamuhisemo mu bakobwa 40 yagombaga guhitamo akabakinisha mu cyiciro yari agiye gukina. Yamwatse amafoto ane atandukanye asanga koko akwiriye kumuhitamo agakina filime.

Bamenya avuga ko hari abantu batari bake bashuka abakobwa beza bababwira ko babakinisha filime nyamara hari indi migambi babashakira. Ati:’’Nzi abakobwa benshi bahuye n’ibibazo bitewe no kubeshywa gukina muri filimi bikarangira badakinnye bagasambanywa cyangwa bakajyanywa mu bindi bikorwa by’urukozasoni’’.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND