Bimenyimana Bonfils uzwi nka Caleb ni umukinnyi ukomoka mu gihugu cy’i Burundi akaba umukinnyi wa Rayon Sports umaze kuyitsindira ibitego bibiri mu mikino ya Total CAF Confederation Cup 2018 yavuze ko kuri ubu yatanze igusubizo ku bantu bibazaga ko Rayon Sports nta rutahizamu isigaranye.
Nyuma y’umukino, Bimenyimana Bonfils Caleb yavuze ko kuri ubu kuba yanatsinze igitego kuri uyu mukino bihamya ko Rayon Sports ari ikipe idafite ikibazo cy’abataha izamu kandi ko byose yabitewe no kuba yarahawe icyizere akanakoresha imbaraga. “Ni ugukora cyane kuko buryo ikintu cyose kigira umwanya wacyo. Abenshi bavuze ko Rayon Sports nta rutahizamu isigaranye ariko ndibaza ko igisubizo nakibahaye bibaze uwo rutahizamu w’undi uhari”. Bimenyimana
Bimenyimana Bonfils Caleb ku mupira acenga ashaka igitego
Bimenyimana Bonfils wafunguye amazamu ku munota wa 18’ w’umukino, yaherukaga gutsinda igitego ubwo Rayon Sports yatsindaga Gormahia FC ibitego 2-1 kuwa 19 Kanama 2018 i Nairobi. Gusa iyi mikino yose yayikinaga ari mu mwanya wa rutahizamu rukumbi (Single Striker).
Mu mizo ye ya mbere muri Rayon Sports, Bimenyimana Bonfils Caleb yakunze gukina aca mu mpande z’ikibuga akajya abona amahirwe yo gutsinda cyangwa gutanga imipira ibyara ibitego. Gusa mbere yuko imikino ya TOTAL CAF Confederation Cup 2018 yinikiza, Bimenyimana yagiye yigizwayo bitewe nuko ibitego byari byaramurumbanye. Kuri ubu avuga ko imyanya yose ifasha umukinnyi gutsinda ayisibanukiwe.
“Mu busatirizi n’ubundi nsanzwe mpakina nk’uko bisanzwe ndetse no ku mpande ndahakina. Ahantu hose nakinishwa ndishima kuhakina kuko nta ngorane mba mfite mu kibuga”. Bimenyimana
Bimenyimana Bonfils Caleb avuga ko yatanze igusubizo kubibazaga ko Rayon Sports nta rutahizamu ifite
Kuri ubu Rayon Sports yamaze gukatisha itike ya ¼ cy’irangiza mu mikino ya Total CAF Confederation Cup 2018 kuko yasoje imikino yo mu itsinda rya kane (D) iri ku mwanya wa kabiri n’amanota icyenda (9) n’igitego kimwe izigamye, igitego yatsinze Yanga Africans. USM Alger yarangije ku mwanya wa mbere n’amanota 11 nyuma yo gutsinda Gormahia FC ibitego 2-1 mu mukino waberaga muri Algeria. USM Alger izigamye ibitego bitanu (5).
Bimenyimana Bonfils Caleb yagiye ahusha ibindi bitego
Bimenyimana Bonfils uzwi nka Caleb yagenewe ishimwe na Ramjaane
Bimenyimana Bonfils Caleb yakoze akazi gakomeye
Yassin Mugume yaje asimbura Bimenyimana Bonfils Caleb
Abasifuzi n'abakapiteni
Abakinnyi ba Rayon Sports bajya inama
Muhire Kevin anywa ku mazi
Abafana ba Rayon Sports muri sitade ya Kigali
Manishimwe Djabel ku mupira ashaka inzira ku bubi n'ubwiza
Donkor Prosper Kuka yafashije Rayon Sports hagati kuko ntabwo yakoze amakosa menshi
Mbere gato yuko batera koruneri
Abafana ba Rayon Sports baraye neza
Eric Rutanga ku mupira ashaka inzira
Muhire Kevin umukinnyo wo hagati muri Rayon Sports n'Amavubi
Abana batoragura imipira (Ball Boys) ubwo bari basoje akazi
Nyandwi Saddam yakinnye iminota 90'
Abakinnyi ba Yanga Africans bataha nyuma yo gutakaza umukino
Uko itsinda D rihagaze mbere y’umukino usoza iyo mu matsinda:
1.USM Alger (Algeria): 11 Pts (ibitego 5)
2..Rayon Sports (Rwanda): 9 Pts (igitego 1)
3.Gormahia FC (Kenya): 8 Pts (Ibitego 3)
4.Yanga SC (Tanzania): 4Pts (ibitego -9)
Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira intsinzi
Dore uko imikino y'itsinda D yarangiye:
Kuwa Gatatu tariki 29 Kanama 2018
-Rayon Sports 1-0 Young Africans (Stade de Kigali)
-USM Alger 2-1 Gor Mahia FC (Stade 5 Juillet 1962)
PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)
TANGA IGITECYEREZO