RURA
Kigali

Oda Paccy aravuga imyato urugendo yakoze ajya gutaramira mu murenge wa Mahama- Amafoto

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:20/06/2016 10:03
2


Umuhanzikazi Oda Paccy mu mpera z’iki cyumweru yakoze urugendo yerekeza mu murenge wa Mahama mu karere ka Kirehe muri gahunda ya Profemme aho uyu muraperikazi yari yagiye gufasha abaturage bo muri aka gace kumenya uko barwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.



Oda Paccy arishimira uru rugendo rurerure yakoze kandi ruvunanye cyane ko uva mu muhanda wa kaburimbo ugakora n’urundi rugendo mu muhanda w’ibitaka, uyu muraperikazi aragira ati ” Nikure ariko byari sawa abaturage bishimiye umuziki wanjye bakunze kubona umuhanzi nyarwanda amaso kuyandi, kuri bo kubona umuhanzi byari nk’inzozi nkurikije uko babimbwiye.”


oda paccyoda paccy

Abafana ba Oda Paccy bamusanze ku rubyiniro babyinana umuziki

Oda Paccy yakomeje ahamya ko nubwo rwari urugendo rurerure ruvunanye ariko rwari urugendo rwiza kuko rwatumye amenya igice kinini cy’igihugu cye atari yarigeze amenya. Ati” Byari bigoye kuhagera ariko nyuma yo kuhagera no gutekereza urugendo umuntu yakoze nibwo umenya ko nubwo wavunitse ariko wavunikiye ukuri, kuko hari byinshi uba wigiyemo.”

Uyu muraperikazi uhamya ko yanyuzwe n’ukuntu abaturage bo muri uyu murenge wa Mahama bakiriye ibihangano bye, yongeye guhamya ko yasanze atari ngombwa gusa ko umuntu arekera ibikorwa bye bya muzika mu mijyi cyane ko no mu byaro byose by’igihugu abahanzi banyuranye bahafite abafana.

oda paccy

Oda Paccy yishimiye cyane abaturage bo muri uyu murenge

oda paccyAbayobozi b'uyu murenge bafatanye ifoto y'urwibutso na Oda Paccy

Oda Paccy ari mu bitaramo byo kuririmba mu duce tunyuranye tw’igihugu aho agenda yigisha abanyarwanda batuye muri utwo duce kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina harimo  abafata ku ngufu abana b’abakobwa, abagabo n’abagore bakubitirwa mu ngo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Nanga biriya bisatsi neza neza ubona ari zimwe zitega, biriya sibintu byo kujyana imbere yabaturage
  • ben8 years ago
    abaturage nyine n'abaturage ubonye na gitifu nawe ninanga nkabaturage be! ubuse babonye iyi ndaya ari umunyacyubahiro? ubu kdi ntihabuze abamusabye amazi,amashanyarazi cg umuhanda! !!!!!! hhhhhhh



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND