RURA
Kigali

Muchoma na Aisha bararikoroje: Indirimbo 15 zagufasha kuryoherwa n’impera z’icyumweru - VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:22/03/2025 10:23
0


Nk’uko bisanzwe bigenda mu mpera za buri Cyumweru, InyaRwanda ibagezaho urutonde rw’indirimbo nshya z’abahanzi barimo abamaze kugera ku rwego rukomeye n’abakizamuka.



Ikigamijwe ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry’umuziki no gufasha abadukurikira kuruhuka no kunogerwa n’impera z’icyumweru. Kuri iyi nshuro abahanzi batandukanye bakoze mu nganzo batanga ibihangano bishya.

Kuri ubu, abahanzi nyarwanda baba abakora umuziki usanzwe ndetse n’abakora uwo kuramya no guhimbaza Imana bose bakoze mu nganzo.

Umuririmbyi mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim ni umwe mu bakoze mu nganzo ashyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Inkotanyi Turaganje” mu rwego rwo kumvikanisha ko Inkotanyi zabohoye u Rwanda zifite n’ubushobozi bwo kurinda Abanyarwanda no muri iki gihe ibihugu by’amahanga byitwaje ibihano.

Iyi ndirimbo yagiye hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Werurwe 2025, mu gihe uyu muhanzi ari gukora kuri Album ye ya Kabiri yise ‘Muwumwamata’ yatuye Nyirakuru wabaye ikiraro cyo kwinjira mu muziki kwe, ndetse agakomeza kumuba hafi. 

Cyusa asobanura iyi ndirimbo nk’idasanzwe, kuko yavuye mu bitekerezo n’imbaraga agamije guhumuriza Abanyarwanda no kubabwira ko Inkotanyi zahoboye u Rwanda n’Abanyarwanda zifite n’ubushobozi bwo gusigasira ubusugire. 

Mu kiganiro na InyaRwanda, Cyusa Ibrahim yagize ati “Ni indirimbo nahimbye ndata ubutwari bw’inkotanyi. Ni indirimbo kandi nahimbye yo guhumuriza Abanyarwanda mbabwira ko uko Inkotanyi zatubohoye zikaturinda muri iyi myaka 31 ishize, y’uko tugomba kuzigirira icyizere, uko zatubohoye ni nako zizakomeza kuturinda.”

Muri rusange ariko kandi avuga ko guhimba iyi ndirimbo, byanaturutse mu kuba muri iki gihe ibihugu byinshi by’amahanga bifite umugambi wo gufatira u Rwanda ibihano.

Muri iki cyumweru dusoza, wabonye amafoto yacicikanye agaragaza ko umukinnyi wa filime Inkindi Aisha yambitswe impeta y’urukundo n’umuhanzi Mucoma usanzwe ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika; nyuma uza kumenya ko biri mu murongo w’indirimbo uyu muhanzi yiteguraga gushyira ku isoko. Iyi ndirimbo Muchoma yise ‘Nuyu,’ yaje kujya hanze bitungura benshi.

Pamaa afatanyije n’umuvandimwe we Producer Li John na bo bashyize hanze indirimbo bise "Gatatu" igaruka ku mukobwa w'umutekamutwe wariye inkwano inshuro eshatu. Iyi ndirimbo amajwi yayo yatunganyijwe na Producer Mooney mugihe amashusho yakozwe na Director Boycutter afatanyije na Dir Sano.

Dore indirimbo nshya zagufasha kuryoherwa n’impera z’icyumweru:

1.     Si – Nel Ngabo

">

2.     No Doubt – Israel Mbonyi

">

3.     Ahazaza – Danny Nanone

">

4.     Urwagahararo – Yampano ft Marina Deborah

">

5.     Inkotanyi Turaganje – Cyusa Ibrahim

">

6.     Ambuteyaje - Riderman

">

7.     Agaca – Tom Close ft Jay C & Khalfan Govinda

">

8.     Gatatu – Pamaa ft Li John

">

9.     Nuyu – Muchoma Mucomani

">

10. Wonderful Merciful Savior – Papi Clever & Dorcas

">

11. Mu gitabo – Rhamis ft James & Daniella

">

12. Izina rya Yesu – Mpundu Bruno ft Prosper Nkomezi

">

13. Yampinduriye ibihe – Blessing Key ft Elie Bahati

">

14. Vuga – Jean Christian Irimbere

">

15. Victorious - Aline Gahongayire

"> 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND