RFL
Kigali

Patrice Evra yavuze ku irondaruhu ribera mu ikipe y'u Bufaransa: Iyo bajyaga kwifotoza abirabura babashyiraga inyuma!

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:30/09/2020 13:32
1


Umukinnyi w' Umufaransa Patrice Evra yatangaje ko abakinnyi b'abirabura bakiniraga Abafaransa bafatwaga nabi kuko yabibonye mu gihe cyose yamaze muri iyi kipe.



Evra yakiniye ikipe y'igihugu y'Abafaransa kuva mu 2004 kugeza mu 2015 ndatse akaba n'umwe mu bakinnyi bagarutsweho mu kibazo ikipe y'igihugu y'abafaransa yahuye nacyo ubwo bari mu mikino ya nyuma y'igikombe cy'isi cyabereye muri Afurika y'Epfo mu 2010.

Ubwo yari ari kuganira n'abakunzi be ku rukuta rwa Instagram Patrice Evra yabajijwe ku irondaruhu rivugwa mu ikipe y'igihugu y'abafaransa ndetse n'ibyabereye muri Afurika y'Epfo, avuga ko irondaruhu ryabayeho. Yagize ati "Nahatiwe gutanga ibisobanuro kuri Noel Graet ndongera kandi nsabwa kugira ibyo mvuga kuri Chateau, ibi mwese murabizi neza, muzi neza ibyabereye yo, muzi amabaruwa twakiriye adutuka"


Evra yakiniye abafaransa kuva mu 2004 kugeza mu 2015

Ati "Batwitaga inkende bakatubwira ngo dusubire muri Afurika, ese ubwo muzi ubutumwa twakiriye uko bungana? Ni bwinshi, ni uko bumwe nabubitse. Batwoherereje udusanduku twuzuye imyanda". Evra yakomeje avuga ku buryo abari bashinzwe ikipe y'igihugu yagiye muri Afurika y'Epfo batabashije gukemura ikibazo mu buryo bukwiye.

Evra kandi yavuze ko ubwo yakinaga mu ikipe y' u Bufaransa abazungu bashyirwaga imbere cyane. Yagize ati "Twabaga dufite uko tugomba kwicara mu cyumba cy'aho twafatiraga amafunguro ariko mu gihe cyose Perezida yadusuraga cyangwa undi wo mu nzego za Leta, buri kimwe cyarahindukaga. Ubundi ni njye wicaraga imbere ariko icyo gihe bankuraga ku ntebe bakanjyana inyuma aho ba Sakho na Sagna babaga bicaye, mbese ibintu byose barabihinduraga".


Ikipe y'igihugu y' u Bufaransa yifotoza imbere ya Hoteli

Patrice Evra ati "Bafataga Hugo Lloris, Laurent Koscielny, Perezida akabajyamo hagati, ariko twese twabaga tuzi impamvu zabyo ndetse n'uko biteye. Burya iyo Perezida yashakaga kwifotoza byabaga byiza bafashe Lloris na Koscielny mu mwanya wo gufata Sakho cyangwa Sagna.”


Patrice Evra yamenyekanye cyane muri Manchester United ndetse afatwa nk'umunyabigwi wayo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Harimo3 years ago
    Ko yabirenzeho akabashakamo se mujye mureka bene aba biyanga nonese niba wiyanga urumva abandi bazagufata Bate nyine,burya umuntu niwe wiyubaha akiyubahisha umugabo ni ushaka muri bene wabo akabyara amaraso ye akabakiza aho gukiza abanyamahanga,rero icecekere kuko uko gusuzugurwa nawe urakwitera burya udashatse mu be aba yisuzuguye.





Inyarwanda BACKGROUND