RFL
Kigali

China: Umugabo yatunguwe no gusanga umwe mu bana b’impanga babyawe n’umugore we atari uwe nyuma yo gukoresha DNA Test

Yanditswe na: Editor
Taliki:15/05/2020 15:07
0


Umugabo utatangajwe amazina mu gihugu cy’u Bushinwa byamutangaje nyuma yo kujya gukora ikizamini cya DNA ku bana b’impanga agasanga umwe muri bo atari uwe. Abahanga muri siyanse bavuga ko ibi byabaye kuri uyu mugabo bijya bishoboka ku mahirwe y’umuntu 1 muri miliyoni aho bishoboka mugiye umugore yaba yarahuye n’abagabo babiri mu gihe gito.



Ababyeyi bo mu gihugu cy’u Bushinwa batatangajwe amazina batunguwe no kujya kwa muganga gupimisha ibizamini bizwi nka DNA Test, bifasha kumenya isano iri hagati y’abantu, bagezeyo basanga umwe mu bana baherutse kunguka si uwabo bombi.

Mu busanzwe mu gihugu cy’u Bushinwa, mu kwandikisha umwana mu buyobozi cyangwa mu irangamimerere bisaba kwerekana ibizamini bya DNA, nka simusiga yo kwerekana ko umwana koko ari uwanyu.

Nyuma yo gukoresha ibizamini, umugabo (ntabwo ari uyu uri ku ifoto) yaje gusanga umugore we yararyamanye n'undi mugabo

Abahanga muri siyansi bavuga ko ibi biba nibura rimwe mu nshuro Miliyoni icumi. Nk'uko umwe mu bahanga muri siyansi Ms Deng yabitangarije kimwe mu kinyamakuru cyo mu Bushinwa, avuga ko ibi kugira ngo bishoboke icya mbere ni uko nibura umubyeyi abanza gukora intangangore ebyiri (2 eggs) mu kwezi kumwe aho kuba imwe.


Abahanga bavuga ko amahirwe y’impanga kuvuka zidahuje se ari macye cyane

Andi mahirwe yo kugira ngo ibi bishoboke ni uko nibura umugore yaba yarakoranye imibonano mpuzabitsina n’abagabo babiri mu ntera y’igihe gito. Iyo abana babiri b’impanga bavutse badahuje se ubabyara ibi ni byo bita mu ndimi z’amahanga 'Heteropaternal superfecundation'.

Abahanga bavuga kandi ko andi mahirwe ari uko umugore yaba yaryamanye n’abagabo babiri, umunsi umwe mbere cyangwa nyuma y'uko haba gusohoka kw’intanga ngore (Ovulation) kugira ngo habe guhura n’intangangabo (Fertilisation).


Kubyara impanga zidahuje se 'Heteropaternal superfecundation' biba iyo umugore asohoye intangangore zahuye n’intangangabo (Sperm Cells) zavuye ku bagabo babiri batandukanye.

Ibi byabaye kuri uyu mugabo, si ubwa mbere bibaye mu Bushinwa kuko byigeze kuba mu mujyi wa Xiamen uherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba, aho umugabo yahatirije umugore we gukoresha ibizamini kubera ko yabonaga umwe mu bana be badasa.

Nyuma baje gukoresha ibizamini basanga umwe mu bana ntibahuje se, ni bwo umugore yaje kwemera ko yaryamanye n'undi mugabo mu ijoro rimwe n'iryo yahuyemo n’umugabo we.


Mu Bushinwa kwandikisha umwana bisaba kwerekana ibizamini bya DNA byemeza ko umwana ari uwawe

Nyuma yo gutahura ibi uyu mugabo yaje gutangaza ko yishimiye kurera umwana we, ariko bitamushimishije na gato kurera umwana atabereye se.

Mu mwaka 2014, nabwo ibi byigeze kuba mu Bushinwa mu mujyi wa Yiwu aho umugabo w’umushoramari utuye muri uyu mujyi nawe yaje gutungurwa asanga umwe mu bana be b’impanga atamubereye se. Yatangiye kubishidikanyaho ubwo yabonaga umwe mu bana be, hari bimwe mu bice by’umubiri bitameze kimwe n'iby'abandi.

Nk'uko tubikesha ikinyamakuru The Guardian, abahanga bakomeza bavuga ko bigoye cyane kumenya amahirwe yo kugira ngo ibi bishoboke, aho bavuga ko mu bushakashatsi buheruka gukorwa basanze bishobora kuba nibura rimwe hagati y’impanga Magana ane n’impanga ibihumbi cumi na bitatu zavutse.

Ibi byo kuvuka abana b’impanga badahuje se ubabyara (Heteropaternal Superfecundation), biba ku bantu ndetse no ku nyamaswa ngo byashoboka cyane, aha twavuga nko ku mbwa, injangwe n'inka.    

Src: Dailymail.co.uk & The Guardian

Umwanditsi: Dusabimana Soter-InyaRwanda.com





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND