RURA
Kigali

Busanza: Umuhanzikazi Tonzi yasuye ikigo cy’abana bafite ubumuga kizwi nka” Izere mubyeyi”

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:27/02/2020 8:47
0


Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare 2020 ni bwo umuryango witwa 'Birashoboka Dufatanije' washinzwe n’umuhanzikazi Tonzi wasuye ikigo cy’abana bafite ubumuga kitwa Izere mubyeyi kiri mu Busanza ho mu Karere ka Kicukiro.



Iki kigo cya Izere mubyeyi cyari cyatumiye n’ibindi bigo byita ku bana bafite ubumuga ari byo 'Tubiteho' ndetse na 'Humura' bihurira hamwe, abana bahuza urugwiro ndetse na Tonzi n’abamuherekeje b’abanyarwanda ariko baba hanze babazanira ubufasha mu rwego rwo kunganira abita kuri aba bana.




Umwe mu bashyitsi bakuru bari bahari akaba n’umwe mu ba Depite mu gihugu cy’u Bubiligi Joelle Kapompole avuga ko yishimye cyane kubona abana nk’aba bafite ubumuga babasha kwishima bakabigaragaza ati” Biranejeje cyane kubona abana bafite ibibazo ariko bakarenga bakishima, igikuru ni uko menye ko bahari ntakidasanzwe nari mbazaniye ni akantu gato cyane ariko mbijeje kubahoza ku mutima ndetse nkajya mbasura kenshi gashoboka.”




Tonzi we, n’akanyamuneza mu maso agaragaza ko anezezwa no kubona abana bafite ubumuga bava ku cyiciro kimwe bajya ku kindi biyungura ubwenge ndetse bakishima, ubukangurambaga ku bana bafite ubumuga abukora abunyuza mu muryango witwa ’Birashoboka Dufatanyije’ yashinze afatanyije na Mariam ufite ubumuga uba mu Bubiligi.


Nyuma yo kubona abashyitsi abana bishimye ndetse basabana na bo, babereka bimwe mu byo bakoresha amaboko yabo bishobora kubabyarira inyungu


Umwe mu babyeyi bafite abana babiri bafite ubumuga yafashe ijambo ashimira byimazeyo ikigo Izere mubyeyi  kimufashiriza abana kugubwa neza no kugira icyo biyumvira nyuma y'aho umugabo amutaye amuziza kubyara abana bafite ubumuga, ubu aguwe neza kuko afite aho asiga abana bakabafasha


Umuryango Izere Mubyeyi watangiye gukora mu 2004 utangizwa n’ababyeyi 23 bishyize hamwe bari bafite abana bafite ubumuga bwo mu mutwe.









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND