RFL
Kigali

Minisante irasaba abanyarwanda kwirinda icyorezo cya Novel Coronavirus cyibasiye amahanga

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:24/01/2020 5:39
0


Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abanyarwanda by’umwihariko abakora ingendo zambukiranya imipaka, kwirinda icyorezo cya Novel Coronavirus kuri ubu kimaze guhitana benshi mu gihugu cy’ubushinwa



MINISANTE itangaje ibi nyuma y'aho ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS, ryemeje amakuru avuga ko bimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Asia nk’Ubushinwa, icyi cyorezo kihibasiye ndetse ngo abarenga 296 kimaze kubahitana

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Ministre w’ubuzima Diane GASHUMBA yasabye abanyarwanda bose kwirinda iki cyorezo kuko gikwirakwira vuba ati“ icyo dusaba abanyarwanda ni ugukomeza kwirinda nkuko tumaze iminsi twirinda Ebola, dukomeze kwirinda cyane kujya ahari icyorezo kuko iyi ni indwara yandurira mu mwuka,gusa ku mugabane wa Africa ntago icyi cyorezo kirahagera ariko ni uguhora abantu birinda kugirango tutazagerwaho n’iyi virus”

Akomeza avuga ko kuri ubu hari gushyirwa imbaraga nyinshi mu kurwanya iki cyorezo aho cyagaragaye kandi ko hakwiye igenzura mu bantu bakoresha indege, abambukiranya imipaka no gukaza isuku ahantu hose

Ibimenyetso by’indwara ya Coronavirus birimo kugira umuriro, gukorora no guhumeka nabi. Abenshi mu bagaragayeho iyi ndwara ni abagiye mu isoko barangurizamo amafi  n’amatungo muri Wuhan mu ntara ya Hubei mu Bushinwa

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND