Guhora umuntu yishimye ni ikintu kiza ndetse byifuzwa na buri wese, nyamara usanga hari abahitamo kubaho batishimye baba abakize cyangwa abakennye.
Twifashishije
urubuga Elcrema twaguteguriye ibintu ugomba gukora kugira ngo uhore wiyumvamo
ibyishimo mu buzima bwawe.
1.
Ikunde ubwawe
Ntushobora
kubaho wishimye mu buzima igihe utikunda. Gerageza kureka gutegereza ko abandi
bantu bagukunda ahubwo wikunde ubwawe kuko niyo ntambwe yambere yo kugira ngo
umuntu abeho yishimye.
2.
Ita kubyo ufite
Imwe
mu mpamvu ituma abantu batagira ibyishimo ngo ni uko baba badafite ibintu
byinshi bagatangira kwita cyane kubyo badafite
ahubwo by’abandi. Kunyurwa n’ibyo ufite ntiwirirwe uhangayitswe n’ibyo
ubonana runaka bizatuma ubaho mu buzima wishimye.
3.
Gira ikerekezo cy’ubuzima
Kugira
intego mu buzima no kugira ibyiyumviro by’ibyo ushaka kugeraho n’aho ugana mu
buzima bituma wumva ubuzima burushijeho kuba bwiza. Gira intego mu buzima
bwawe, ufate ingamba kandi uharanire kubigeraho bizatuma ubaho mu buzima bufite
umurongo kandi wumve wishimye.
4.
Hora ushaka icyaguteza imbere
Igihe
uhora ufite ibitekerezo ku gushaka icyarushaho kuguteza imbere bituma unazamuka ukishimira ubuzima ubayemo
kuko uba utera izindi ntambwe ujya imbere. Gerageza guhora ushaka iterambere
wishimira buri munsi.
5.
Jya ufata akanya n’inshuti n’umuryango wawe
Ese
wumva ubuzima bwaba bwiza bute igihe wihunza abantu b’ingenzi mu buzima bwawe? Hari
abantu bumva ko kuba kure y’imiryango yabo bibarinda akavuyo nyamara siko
bimeze kuko ntiwagira ibyishimo bitarimo abo umutima wawe wishimira. Inshuti n’umuryango
bafite umwanya w’ingenzi mu mutima wawe bityo uzabasha kwishima igihe ufata
akanya ukaba uri kumwe nabo mukishimana.
6.
Fata akanya ko guseka
Guseka
ni ingenzi mu buzima bw’umuntu ndetse ntamuntu useka atishimye bityo ntanumuntu
useka Wabasha kubaho atishimye. Shaka akanya buri gihe useke bizagufasha kubaho
wishimye. Fata igihe umarane akanya n’abantu batuma useka, usure ahantu wumva
hashobora gutuma useka n’ibindi byose wumva byagusetsa ubyiyegereze bizajya
bituma uhora wishimye mu buzima.
7.
Iyiteho
Umuntu
afite umubiri umwe rukumbi bityo aba agomba kuwitaho, ntabwo byakoroha ko
wishima igihe nawe ubwawe utazi kwiyitaho ngo wihe agaciro. Rya neza, ukore
imyitozo ngororamubiri kandi wirinde ibyakwangiza byose uzabaho wishimye kandi
ufite ubuzima bwiza.
8.
Ntukigereranye n’abandi
Ntabwo
wabaho wishimye igihe uhora wigereranya n’abandi kuko buri wese burya agira iye
mibereho. Hari imvugo ivuga ko bitorohera umuntu wese kubona ko ibyatsi bisa n’icyatsi
kibisi. Ushobora kureba iby’abandi bikakubangamira wibwira ko uri kwiga cyangwa
kwigana. Ba uwo uriwe nibyo bizagufasha kwishima. Buri wese agira ubwe buzima
abamo bityo fata igihe kubwawe.
9.
Irinde ingeso mbi
Ingeso
mbi ntakindi zagufasha uretse kukwangiza ukabaho ubabaye gusa. Irinde ishyari,
inda nini, gusuzugura, gushyamirana no kurarikira kuko ntakiza bikurura uretse
kukubabaza gusa.
10.
Iyegereze cyane abantu baguha agaciro
Ntukihatire
kubana n’abantu bataguha agaciro ahubwo bana n’abaguha agaciro kuko bazaguha
impamvu zo kwishima.
11.
Irinde kuba imbata y’ahahise
Ntushobora
gutera imbere igihe uhora wiziritse kubyahise. Ibyahise biba byarahise nyine
ntacyo uba wakora ngo ugire icyo ubihinduraho. Kwizirika kubyahise bituma
ubabara reba imbere abe ariho witaho.
12.
Kora ibintu wiyumvamo
Kora
ibintu ukunda kandi ufitemo impano bizatuma wumva unezerewe igihe uri kubikora.
Ibyishimo
si inkuru ahubwo ushobora kugira ibyishimo by’ukuri mu buzima igihe
wabiharaniye ukirinda kwikomereza ubuzima ahubwo ukabworoshya kandi ukabuha
umurongo.
TANGA IGITECYEREZO