RFL
Kigali

Impamvu umuhanzi aba agomba kurangwa n’ibikorwa by’urukundo-Sedy Djano

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:24/07/2019 15:59
0


Umuhanzi Sedrick Djano (Sedy Djano) uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ukunze gufasha abatishoboye, yatanze impanuro ku bahanzi bagenzi be abasobanurira impamvu bakwiriye kurangwa n’ibikorwa by’urukundo. Yabibukije ko ibikorwa burya biruta kure amagambo.



Mu butumwa bwuje impanuro bukubiye mu ibaruwa Sedy Djano yageneye abahanzi abinyujije ku Inyarwanda.com yavuze ko amaze kungukira byinshi mu bikorwa byo gufasha abatishoboye. Yavuze ko ikimutera gukora ibyo ari ugusiga urwibutso rwiza na cyane ko atazi umunsi cyangwa n’igihe azavira ku isi. Yavuze ko ugira neza, ineza ukayisanga imbere bityo akangurira abahanzi bagenzi be kurangwa n’ibikorwa by’urukundo.

Ibaruwa Sedy Djano yageneye abahanzi bagenzi be abasaba kurangwa n’ibikorwa by’urukundo:


"Muri iyi si dutuyemo burya kubana n’abandi neza ndetse no gukora ibikorwa by’urukundo ubikuye ku mutima ni rwo rufunguzo rw’imigisha mu buzima bw’umuntu. Ikibabaje ni uko abenshi babyirengagiza ariko burya iyo ugize ineza, iragukurikirana wowe n’abawe bose.

Rero ku bahanzi nk’uko tubiririmba kenshi dukangurira abantu, gukundana, kubana neza, etc...iyo dukoze ibikorwa by’urukundo burya bikora ku mitima ya benshi, ndetse bikanahindura imyumvire, ndetse n’ubuzima bwa benshi. Ibikorwa burya biruta kure amagambo.

Akarusho ku muhanzi urangwa n’ibikorwa by’urukundo byongera byinshi ndetse bikagukingurira imiryango itabarika. Especially bituma ushyigikirwa n’ingeri zose, guhera ku bana bato, urubyiruko, ndetse n’abakuru. Ku isi yose nta we utagushyigikira mu gihe ufite ibikorwa byiza ndetse no mu gihe utanga na message zubaka.

Biba byiza cyane burya iyo ibyiza bisangiwe. Urugero: Nimba ukoze ibikorwa by'urukundo, wibihisha kuko burya ikibi ni cyo gihishwa. Iyo ubyerekanye bikora ku mitima ya benshi ndetse bamwe muri bo bagatangira nabo kubyitoza. Abantu turatandukanye ndetse n’imyumvire iratandukanye, gusa kugira neza byakabaye ibya buri wese.

Hari nk’abantu baba bafite ubumuga butandukanye bubatera ipfunwe ndetse no guhora bahangayikishijwe n’ubwo bumuga. Ariko iyo tuberetse ko tubakunze ndetse ko tubitayeho, nabo bibatera ibyishimo bikanabagarurira icyizere cyo kubaho. Burya gufasha umuntu si ukumuha ibintu runaka gusa, oya burya no kwegera umuntu ukamuha umwanya wawe mukaganira, mugaseka, mukishimana nabyo burya ni ugufasha kandi byakarusho nigikorwa cyiza ubukoze.

Rero twese nk’ikiremwa muntu ntawe wakagombye kwishyira hejuru ngo abone ko arenze undi, kuko iyi si ntisakaye buri wese afite igihe cye, uyu munsi yaba ari njye, ejo akaba ari wowe. Reka rero twese twige kubana neza. Ku ruhande rwanjye kugeza kuri uyu munsi wa none ibikorwa by’urukundo bimaze kumpesha inshuti nyinshi, akarusho bimaze kumpindura umunyamahoro, kuko uko mbikora kenshi ni ko numva umutima wanjye unezerewe ngahora nibereye mu byishimo.

Impamvu nyamukuru intera gukora ibikorwa by’urukundo cyane ni uko ntazi iminsi nsigaje kuri iyi si gusa uko yaba ingana kose ndaharanira kuzasiga ubutumwa bwiza muri iyi si kugira ngo, yaba abazankomokaho, abazabasha kubona ibikorwa nkora, ndetse n’abazabasha kubyumva babibwiwe se n’abandi, hamwe bose bazabashe kugira umutima w’urukundo

Ndifuza rero gukwirakwiza icyorezo cy'urukundo, kubana neza no gukunda gufashanya muri iyi si dutuyemo. Ntabwo nabigeraho njyenyine utanshigikiye, ari nayo mpamvu nciye bugufi ngusaba ngo umfashe kubiharanira no kubigeza kure." Sedy Djano

Kanda hano urebe bimwe mu bikorwa Sedy Djano yakoze



Sedy mu gikorwa aherutse gukora cyo gufasha abatagira aho baba muri Amerika


Sedy aherutse guhuza imbaraga na Riderman na Socila Mula bakorana indirimbo ihamagarira abantu kurangwa n'ineza


Ubwo aherutse mu Rwanda, Sedy yatanze ubwisungane mu kwivuza ku batishoboye

UMVA HANO INDIRIMBO 'SEDY DJANO' YAKORANYE NA RIDERMAN NA SOCILA MULA IHAMAGARIRA ABANTU KUGIRA NEZA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND