Umwijima ni kimwe mu bice by’ingenzi cyane mu mubiri w’umuntu, ibintu byose umuntu arya bibanza gutunganywa n’umwijima na mbere y’uko byinjira mu igogora.
Umwijima ni akayunguruzo mu mikorere y’umubiri wose cyane
cyane mu mikorere y’uturemangingo fatizo,ndetse no guhumanura amaraso. Bityo
ubuzima mu mubiri w’umuntu bukomoka ku mikorere y’umwijima. Nubwo umwijima wifitemo
ubushobozi bwo kwisana iyo hagize uturemangingo twangirika, ariko iyo
tubaye twinshi twangirikiye rimwe ntuba ukibashije kugira icyo wimarira ndetse
utakaza ubushobozi bwawo bwo gukora.
Hari ibintu abantu bakunze gukora mu buzima bwa buri munsi
nyamara byangiza bikomeye umwijima. Igiteye inkeke kandi ni uko igihe umwijima
ugitangira kwangirika nta kimenyetso na kimwe utanga ahubwo ibimenyetso
bigaragara iyo umaze kwangirika bikabije bitagifite uburyo byo kubiksora
muburyo bworoshye.
Kunywa inzoga nyinshi
Kunywa inzoga cyane nicyo kintu cya mbere gihungabanya
imikorere y’umwijima. Ikigero kiri hejuru cya alcohol cyangiza imikorere isanzwe
y’umwijima kuko umwijima uhugira mukugabanya icyo kigero cy’alcohol maze
igatakaza ubushobozi bwo gusohora ubundi burozi bwinjiriye rimwe cyangwa
bwinjiye nyuma. Ikindi igihe umwijima uri kugerageza kugabanya
inyano y’alcohol, ubwivumbagatanye bw’ibinyabutabire bushobora kwangiza bikoye
uturemangingo tw’umwijima, mu gihe umuntu yabaswe n’inzoga ashobora kurwara umwijima.
Kunywa itabi
Kunywa itabi ni icyago kubirebana n’ubuzima. Umwotsi w’itabi wangiza umwijima
mu buryo buziguye bitewe no kuzamura umusemburo wongera stress. Itera
ihungabana ry’imikorere isanzwe mu mubiri, itera ibyena mu bice bitandukanye
by’umwijima ndetse niyo mbarutso y’inkorora y’igikatu ndetse ibi bigira
ingaruka no kubigeze kunywa itabi.
Gukoresha imiti igihe kirekire
Umwijima niwo ushinzwe
gushwanyaguza ibintu byose byinjiye mu mubiri. Gufata imiti imwe n’imwe ku
bwinshi bishobora kwanjiza umwijima, uko kwangiri gushobora gutera indwara
y’umwijima yoroheje. Imiti yitwa acétaminophène
abesnhi bita Tylenol ni imwe mu miti yangiza umwijima kandi ikunze kuboneka mu
buryo bwa magendu kandi izwi ko yifashishwa mu kuvura Inkorora, ibicura ndetse
n’ububabare.
Umubyibuho ukabije ndetse
n’imirire mibi
Umubyibuho ukabije utewe n’imirire mibi; abenshi
bita imirire y’abakire; uko igihe gishira niko bigenda byangiza umwijima.
Ukwitsindagira kw’ibinure mu mwijima bishobora gutera Hepatite. Ubusanzwe
umwijima niwo ushinzwe kuringaniza ibipimo by’isuka n’ibinure mu maraso. Nyamara kubantu bafite umubyibuho
ukabije, umwjima wabo ureananirwa ugasagwa n’ibinure mu turemangingo twawo.
Kurya amavuta menshi
Abantu bakunda kwirengagiza ingaruka zo kurya ibintu bifite
amavuta menshi nka Sosiso, Fromage n’ibindi, umwijima uringaniza ingano
y’ibinure n’isukari mu maraso. Iyo uriye ibiryo birimo amavuta menshi, umwijima
unanirwa kuyaringaniza mu mubiri, Ibinure bikitsika mu turemangingo tw’umwijima
ubwawo. Uko igihe gishira ni ko bigenda byangiza umwijima.
Kudasinzira
Kudasinzira ni isoko y’ibyago
bitagira ingano mu buzima bwa muntu. Ubushakashatsi bwa Korewe muri Kaminuza ya
Pennsylvanie, byagaragaje ko abantu bakora bicaye mu ntebe zihinduza kandi
bakunda kudasinzira bakunze kugira ibibazo mu buzima nk’Umubyibuho ukabije,
indwara z’umutima n’ibindi.Ubushakashatsi byagaragaje ko umwijima wa bene aba
bantu udatunganya neza ibinure kuburyo bukwiye ndetse ikaba ari ntandaro yo
kwitsindagira kw’binure. Ubusanzwe iyo usinziriye umubiri utangira kwisanasana.
Ubwoko bw’imiti
Abantu bose ibi birabareba kuko imiti ihitira mu mwijima.
Abantu bakunda gukoresha imiti nka paracetamol ku bwinshi ndetse n’imiti
igabanya ububabare nka ibuprofen.
Src: www.dailybegin.com
TANGA IGITECYEREZO