RFL
Kigali

Abakinnyi barindwi n’abatoza batatu ba Table Tennis berekeje mu Bushinwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:5/07/2018 18:27
0


Ku gica munsi cy’uyu wa Kane tariki ya 5 Nyakanga 2018 nibwo itsinda ry’abanyarwanda icumi (10) ririmo abatoza batatu (3) n’abakinnyi barindwi (7) babarizwa mu mukino wa Table Tennis bafashe urugendo rugana mu Bushinwa aho bagiye mu mahugurwa y’amezi abiri muri gahunda yo kurushaho kumenya uyu mukino.



Ni gahunda ijyanye no kubahiriza zimwe mu ngingo ishyirahamwe ry’umukino wa Table Tennis (RTTF) bagiranye mu masezerano y’umufatanye na Ambasade y’Abashinwa mu Rwanda harimo ko abakinnyi n’abatoza bo mu Rwanda bazajya bahabwa amahugurwa kugira ngo uyu mukino urusheho kumenyekana no kuba uzwi n’abantu.

Yves Ndizeye umuyobozi wa tekinike akaba n’umutoza mu ishyirahamwe ry’umukino wa Table Tennis mu Rwanda yabwiye INYARWANDA ko aya mahugurwa azamara amezi abiri kuko atangira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Nyakanga 2018 bakazagaruka kuwa 2 Nzeli 2018.

Asobanura aho ishyirahamwe ryahereye rifata abana bagomba kwitabira amahugurwa, Yves Ndizeye yavuze ko bagiye bareba uko buri mwana ahagaze mu cyiciro arimo nyukma bagakora lisiti bitewe n’umubare w’abakinnyi basabwaga.

“Icya mbere tureba urwego umukinnyi ariho uko ruhagaze tukanareba icyo umukinnyi azafasha bitewe nuko ahagaze mu cyiciro arimo. Ikindi tureba niba uwo mwana azabasha kuboneka mu gihe cy’amezi abiri”. Yves Ndizeye

Yves Ndizeye umuyobozi wa tekinike muri RTTF akaba n'umutoza w'ikipe y'igihugu ubifitiye ibyangombwa mpuzamahanga

Yves Ndizeye umuyobozi wa tekinike muri RTTF akaba n'umutoza w'ikipe y'igihugu ubifitiye ibyangombwa mpuzamahanga 

Ndizeye Yves yakomeje avuga ko mu masezerano bagiranye na Ambasade y’Abashinwa harnarimo ko nyuma y’aya mahugurwa bizaba ngombwa ko u Rwanda ruzajya rwitabira amarushanwa ya Table Tennis ategurirwa mu Bushinwa.

Abakinnyi bafata ibyangombwa by'inzira

Yves Ndizeye (Ibumoso) na John Birungi (Iburyo) mu kiganiro n'abanyamakuru

Abakinnyi bafata ibyangombwa by'inzira 

table

Aba bakinnyi n'abatoza bazamarayo amezi abiri

Aba bakinnyi n'abatoza bazamarayo amezi abiri

table

Abari baherekeje nbafashe ifoto yo gusezera

Abari baherekeje nbafashe ifoto yo gusezera 

Ikirezi Deborah yari aherekejwe na nyina

Ikirezi Deborah yari aherekejwe na nyina 

Dore urutonde rw’abanyarwanda 10 bagiye mu Bushinwa:

1.Ndizeye Yves

2.Rucyeratabaro Cynthia

3.Umutoni Consolee

4.Tumukunde Hervine

5.Ikirezi Josee Deborah

6.Didier Hahirwabasenga

7.Bushema Aime Frank

8.Masengesho Patrick

9.Niyonizigiye Eric

10.Irakiza Jean Bonheur

Tumukunde Hervine w'ikipe ya Rilima aheruka gutwara igikombe cya Chines Ambassador's Cup 2018

Tumukunde Hervine w'ikipe ya Rilima aheruka gutwara igikombe cya Chines Ambassador's Cup 2018

Tumukunde Hervine  amanika igikombe

Tumukunde Hervine amanika igikombe yatwaye mu bakobwa batarengeje imyaka 18

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND