Nyuma yo gusanga itabi rizwi nka Shisha rigira ingaruka mbi ku buzima bw'abantu aho ribatera indwara zikomeye zirimo cancer, indwara z'umutima n'izindi zinyuranye, Minisiteri y'Ubuzima yaciye burundu ku butaka bw'u Rwanda itabi rizwi nka Shisha.
MINISANTE yavuze ko yahagaritse iri tabi igendeye ku nama zitangwa na OMS (Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima). OMS ivuga ko kunywa Shisha ntaho bitaniye no kunywa itabi ndetse ingaruka ku muntu wanyweye Shisha, ziruta iz'uwanyweye itabi. Shisha ngo ifite uburozi bukomeye. Kuri uyu wa Kane tariki 14/12/2017 ni bwo MINISANTE yasohoye itangazo rihagarika Shisha.
Mu tubari two muri Kigali , Shisha yari mu bikunzwe cyane
Kubw'izo ngaruka mbi ziterwa na Shisha, guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 15/12/2017, Shisha ntabwo yemewe mu Rwanda nkuko MINISANTE yabitangaje mu itangazo ryateweho umukono na Minisitiri w'Ubuzima, Dr Diane Gashumba. Ubusanzwe Shisha ni imvange y'ibinyabutabire itanga umwotsi ukururwa hifashishijwe igikoresho bita “hookah”.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (World Health Organisation/Organisation mondial de la santé) bwagaragaje ko umuntu ukurura umwuka w’itabi rya Shisha mu gihe kingana n’isaha agereranywa n’uba anyweye amasegereti (cigarettes) hagati ya 100 na 200 bikaba byaragarutsweho na The Guadian mu nkuru yayo “Smoking shisha: how bad is it for you?”.
KANDA HANO USOME INGARUKA ZITERWA NA SHISHA
Shisha ni itabi riba rifite impumuro y’imbuto zinyuranye. Urinywa akurura umwuka yifashishije umugozi uba ucometse ku ruhombo riba riturukamo ariko ryabanje kunyura mu mazi. Ibi bikorwa hanifashishijwe n’ikara ricanwa ku mutwe w’uru ruhombo. Ni itabi ryari rikunzwe n'abatari bacye cyane cyane urubyiruko. Bamwe mu banywa Shisha, ngo bayikundira impumuro nziza igira.
Dr Diane Gashumba ni we wateye umukono kuri iri tangazo
TANGA IGITECYEREZO