RFL
Kigali

Oda Paccy nawe yagezweho n’abatekamutwe bazengereje inshuti ze

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:30/10/2017 16:23
1


Muri iyi minsi mu binyamakuru binyuranye hano mu Rwanda hari kuvugwa inkuru z’abatekamutwe banyuranye bibasiye cyane ibyamamare muri muzika nyarwanda, aho abajura biba imbuga nkoranyambaga bamwe mu byamamare bakoresha bakazifashisha biba rubanda ibyabo. Utahiwe kuri ubu ni Oda Paccy.



Oda Paccy aganira na Inyarwanda yavuze ko yahuye n’ikibazo gikomeye. Yagize ati”Mu minsi ishoze nibwe telefone icyakora kuri ubu abantu batandukanye bakomeje kumbwira ko bagiye bohererezwa ubutumwa butari bwiza bumvuyeho, gusa nabimenye nyuma mbibazwa nabantu batari bazi ko nibwe telefone bituma nimero yibwe mpita nyireka ngumana imwe kuko nakoreshaga ebyiri.

Oda Paccy atangaza ko ubusanzwe yakoreshaga telefone ebyiri, imwe muzo yakoreshaga ngo yaje kuyibwa icyakora ntiyihutira gukuzaho iyo numero naho uwayibye we yari agikomeje kuyikoresha agenda yandikira abantu banyuranye ubutumwa, yaba abo abwira amagambo atari meza cyangwa abo yaka amafanga. Aho uyu muhanzikazi yaziye kubimenya nkuko ngo abitangaza yaje guhita akuzaho uyu murongo wa telefone asigarana nimero imwe.

oda paccyOda Paccy

Usibye kuba baranyuze kuri telefone ye Oda Paccy avuga ko yibasiwe cyane n’abatekamutwe cyane bakoresha inkoranabuhanga cyane ko n’imbuga nkoranyambaga yakoreshaga zose bagiye bazinjiramo atabizi bakazikoresha ibyo bishakiye bityo kuri ubu akaba yarahisemo kuba avuye ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane facebook  aha akaba yabwiye Inyarwanda.com ko magingo aya atari gukoresha facebook bityo ngo izo abantu babona zamwitiriwe si ize.

Aba batekamutwe bageze kuro Oda Paccy mu gihe mu minsi ishize hari hagezweho Muyoboke Alex, Charly na Nina, Nkusi Arthur nabandi bakomeje kugabwaho ibitero n’abatekamitwe biyita cyangwa bakiba imbuga nkoranyambaga z’ibyamamare bagamije kwiba no gucucura abantu utwabo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • k6 years ago
    ok bantu mwese mwibasiwe nabo bantu mwirinde ikintu kitwa Ngo ntiza phone mpagare iyanjye ndumva itataba isinzi ibyo aribyo mumenye ko ubu ufite number y'umuntu umenya ibye byose niyo yaba yarahinduye kuko iba igifite files zihishe kuri Ram yayo ubundi phone niyawe gusa ntanundi ugomba kuyikoraho,ikindi mwirinde downloading ya za App kuko inyinshi ziba zifite virus kandi zishobora kwinjira muyandi mabanga yose byoroshye cyane cyane kuri android phone





Inyarwanda BACKGROUND