Kigali

Inkuru ndende ‘Urukundo nyarukundo’ yakunzwe na benshi igiye kwandikwamo igitabo

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:3/04/2015 11:30
10


Nyuma y’aho inkuru ndende ‘Urukundo nyarukundo’ ikunzwe na benshi ndetse bamwe bagasaba ko yakwandikwamo igitabo bakabasha kuyisoma ku buryo bworoshye, kuri ubu uyu iyi nkuru igiye kwandikwamo igitabo kizasohoka mu minsi ya vuba.



Nyuma y’aho benshi bibazaga iherezo ryayo ryarangiriye, Renzaho Christophe umwanditsi w’inkuru ‘Urukundo nyarukundo yadutangarije ko kuri ubu itazongera kunyuzwa ku rubuga rubuga rwa inyarwanda.com , cyangwa se kuri gukunda.com , ahubwo igiye kwandikwamo igitabo abari basanzwe bayisoma bakazabona iherezo ryayo mu gitabo iri kwandikwamo.

Chris

 Christophe Renzaho, umwanditsi w'inkuru 'Urukundo nyarukundo'

Yagize ati”Abantu benshi bagiye bansaba ko najya nihutisha ibindi bice ariko bitewe n’akandi kazi mba mfite nsanga bitanyorohera, mpitamo kwandika igitabo gikubiyemo iyi nkuru kuburyo uzayishaka yakigura akayisoma kuburyo bworoshye. Ikindi kandi hari abantu batabashaga kubona ibice byose kuburyo bworoshye,bitewe n’impamvu zinyuranye nabo bagiye bansaba ko nayishyira ahantu hamwe nkaba nakwandikamo igitabo.

urukundo nyarukundo

Inkuru urukundo nyarukundo yakunzwe na benshi igiye kwandikwamo igitabo

Yongeyeho ati”Ibyifuzo byabo nibyo nakurikije kugeza ubu kwandika inkuru byararangiye, ndetse no kwandikisha igitabo muri RDB ,hasigaye imirimo yo gushyira igitabo ku mugaragaro nacyo kikazajya hanze mu minsi ya vuba.”

Uyu mwanditsi yemeza ko umuntu uzabasha gusoma iki gitabo azakuramo inyigisho nyinshi zamufasha mu buzima busanzwe. Christophe ati”Ndabizi abantu basigaranye amatsiko y’ibyakurikiye aho inkuru yari igeze ku gice cya 11 kubabashije kuyisoma ariko imyandikire y’iriya nkuru ikoze kuburyo atari inkuru gusa ahubwo uyisoma yakuramo inyigisho zikomeye cyane cyane mu mibanire no mu rukundo.

Christophe kandi atangaza ko igiciro cy’igitabo’Urukundo nyarukundo ‘kizaba kiri hasi kuburyo buri wese wakunze cyangwa ushaka gusoma iyi nkuru azabasha kukigura. Amakuru y’igihe iki gitabo kizasohokera akazabagezwaho mu minsi ya vuba.

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Carine9 years ago
    Muradutindiye. Iyi nkuru irimo amasomo menshi pe
  • Diane9 years ago
    Nari narayobewe irengero ryayo ,kizaba kigura angahe?Kizasohoka ryari?
  • Kamanzi9 years ago
    Muzatugirire vuba ntikizatinde gusohoka
  • mu9 years ago
    Ubwose abatazabasha kugera aho cyigurishirizwa bazaba abande?muraduhamije!
  • moses9 years ago
    mana we!!!! kumunsi njya kunyarwanda buri mwanya ntekereza nti ubu yasohotse iranchika naho nuko byagenze? uyu muntu wandika iyi nkuru uwamunnyereka amaso kumaso arasobanutse kabisa.mutugirire vuba niba haricyo dubwa mutubwire nk,abakunzi Banyu
  • kwitonda9 years ago
    umva nawe ubwose abatazakigeraho bizagendagute ubwose ntimuduhamije turakunda iyo nkuru peeee kandi irimo amasomo menshi rero tuki buze twababara
  • moses9 years ago
    mana we!!!! kumunsi njya kunyarwanda buri mwanya ntekereza nti ubu yasohotse iranchika naho nuko byagenze? uyu muntu wandika iyi nkuru uwamunnyereka amaso kumaso arasobanutse kabisa.mutugirire vuba niba haricyo dubwa mutubwire nk,abakunzi Banyu
  • mu9 years ago
    Ubwose abatazabasha kugera aho cyigurishirizwa bazaba abande?muraduhamije!
  • Ane9 years ago
    abatuye kure se kdi dukunda iyo nkuru mudeteganyiriza iki!! ntimutwibagirwe
  • violette9 years ago
    mwambwiye urubuga iyi nkuru umuntu yayisangaho ndabinginze!



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND