RFL
Kigali

Abamotari bashyiriweho uburyo bushya bwo kugura utwuma twa mubazi tuzajya twifashishwa mu kwishyura

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:2/12/2019 18:42
0


Ku bufatanye na Altron, Pascal-technology yamuritse uburyo bushya bwo gutwara abagenzi kuri Moto bise Pascal-moto buzafasha abamotari gukoresha za mubazi zo gUshyiraho igiciro ntarengwa ku rugendo, ndetse no kumenya aho moto iri mu gihe yibwe.



Ubu ni uburyo bwiza kuko hazanwe mubazi zitandukanye n’iza mbere zakundaga gupfa ariko ubu inshya bazanye ntizikorwaho n’amazi cyangwa se ivumbi. 

Pascal NDIZEYE umuyobozi mukuru wa pascal Technology avuga ko icyo ubu buryo buzafasha abaturage cyangwa abamotari nuko ntawe uzongera guhendwa hagati yabo kuko igiciro kizaba kizwi.

Yagize ati”Nta mugenzi uzongera guhenda umumotari, kuko igiciro cy’urugendo gishyirwaho na mubazi iri muri iryo koranabuhanga. Ikindi nta mumotari uzongera guhenda umugenzi kuko mubazi iriho ngo igene igiciro ntarengwa cy’urugendo”

Impamvu y’ubu buryo bushya ni ukugira ngo hanozwe imikorere y’abamotari kuko usanga ahanini bakorera mu kajagari, pascal moto rero ije ari igisubizo

Ubu buryo kandi bufite ubushobozi bwo kumenya aho moto iri, kuko ifite ikoranabuhanga rya GPS, ibi bizaca ubujura bumwe na bumwe bukorerwa abagenzi kuko umugenzi azajya ahamagara akavuga ikibazo yahuye nacyo bityo ababishinzwe bamenye moto yagize ikibazo.

Umu motari ukorera mu gihugu wese azahabwa mubazi ndetse na GPS kugira ngo bamugenzure barebe uko atwara abagenzi neza ndetse n’uko yubahiriza amategeko y’umuhanda.

Pascal NDIZEYE arasaba abamotari kumenya ibyiza bafite mu gukoresha ikoranabuhanga, kandi ko n’abagenzi bakwiye kumenya uruhare rwabo mu ngendo bakora buri munsi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND