RFL
Kigali

Polisi irasaba ibigo byigenga bicunga umutekano kurinda abana no kudahishira ibikorwa bibi bikunze kubera mu mahoteri n’utubari

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:26/09/2019 12:54
0


Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano w’ibikorwa remezo no kugenzura ibigo byigenga bicunga umutekano, yasabye abakozi ba AGESPRO ndetse n’ibindi bigo byigenga bicunga umutekano ko batagomba kurebera cyangwa ngo bahishire ibikorwa bibi bikunze kubera mu mahoteri n’utubari.



Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Nepo Mbonyumuvunyi, umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano w’ibikorwa remezo no kugenzura ibigo byigenga bicunga umutekano, yavuze ko muri iki gihe hari abantu bajyana abana mu tubari n’amahoteri bakabaha inzoga, bamwe bagahabwamo imirimo ndetse byanagaragaye ko hari abajyanamo abana b’abakobwa kubasambanya.

Ibi ACP Mbonyumvunyi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Nzeli ubwo yatangizaga amahugurwa y’ikigo cyigenga gicunga umutekano kizwi ku izina rya AGESPRO Security Company. Ni amahugurwa y’umunsi umwe yabereye mu mujyi wa Kigali mu karere ka Nyarugenge, mu kigo cyitwa Kigali  Conference and Exhibition Village (KCEV) ahazwi nka Camp Kigali, amahugurwa yitabiriwe n’abakozi ba AGESPRO bagera kuri 600.


Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Nepo Mbonyumuvunyi, umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano w’ibikorwa remezo no kugenzura ibigo byigenga bicunga umutekano

ACP Mbonyumvunyi yabagaragarije ko mu mahoteri n’utubari hari ibyaha biberamo bikorerwa abana, yanagarutse ku bantu bajya muri utwo tubari n’amahoteri bakanywa inzoga bagasinda  barangiza bakajya gutwara imodoka.  Yasabye abakozi b’ibigo bicunga umutekano  kujya bihutira gutanga amakuru hakiri kare mu rwego rwo gukumira icyaha kitaraba.

Yagize ati: ”Hari bamwe mu bantu bazana abana mu mahoteri n’utubari bakabaha inzoga n’ibindi bisindisha cyangwa bakabahamo imirimo, hari abasambanyirizamo abana b’abakobwa. Hari abaza bafite imodoka bakanywa bagasinda barangiza bagasubira mu modoka gutwara mukanya bakaba bakoze impanuka, ibyo byose  bibera aho murinda, ntimukabirebere mujye mwihutira gutanga amakuru hakiri kare.”

ACP Mbonyumuvunyi yakomeje avuga ko ibigo byigenga bicunga umutekano bikunze kuba biri ahantu henshi mu gihugu, abasaba ko baba ijisho ry’izindi nzego z’igihugu zishinzwe umutekano. Yanavuze ko muri rusange imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’ibigo byigenga bishinzwe umutekano ari myiza cyane kuko ari na Polisi y’u Rwanda ibishinzwe.


ACP Mbonyumuvunyi yagize ati: ”Imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’ibi bigo ni myiza cyane, nitwe tubaha ibyangombwa byo gukora, tubaha amahugurwa, n’iyo bakosheje turabacyaha. Urebye ibi bigo bidufasha mugucunga umutekano kuko turabakurikirana tukabona bakora neza.”

Muyango Mbaguta Robert umuyobozi mukuru wa AGESPRO avuga ko bahagurukiye kurwanya abantu bazana abana mu tubari bakabaha inzoga n’ibisindisha ndetse n’abamara gusinda bakajya gutwara imodoka bikaba byateza impanuka.

Yagize ati: ”Hari amabwiriza yahawe ba nyir’utubari n’amahoteri ndetse n’amaresitora basabwa gushyira ibyapa aho bakorera bibuza umwana uri munsi y’imyaka 18 kwinjira  mu tubari, hari ibibuza abantu gutwara basinze. Twebwe icyo dukora n’ukugenzura ko ayo mabwiriza yubahirijwe, aho bidakorwa tukavugana n’abashinzwe umutekano mu tubari n’amahoteri  bakihutira kubikora.”


Muyango yakomeje avuga ko n’iyo hagize ababirengaho abakozi  ba AGESPRO batarebera, ko ahubwo bihutira gutanga amakuru ibyo bintu bigakumirwa hakiri kare. Ikigo kigenga  gicunga umutekano cya  AGESPRO mu gihugu hose gifitemo abakozi bagera ku 1854, abitabiriye aya mahugurwa y’umunsi  umwe bageraga kuri 600.  

Polisi y’u Rwanda irabahugura ku gukora kinyamwuga, uburyo bushya bwo gusaka ndetse no gukunda igihugu. Mu gihugu hose habarirwa ibigo byigenga bicunga umutekano bigera kuri 17, Polsi y’u Rwanda ikaba ifite gahunda yo kuzabigeraho byose bigahabwa amahugurwa nk’aya yahawe AGESPRO n’andi atandukanye.


Ibigo byigenga bicunga umutekano byahawe impanuro na Polisi y'u Rwanda

Src: Police.gov.rw






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND