RFL
Kigali

Ubuyobozi bwa MTN bwifatanije n’impunzi ziri mu nkambi ya Mahama mu muganda udasanzwe bubaha n’impano za mudasobwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:26/07/2019 23:52
1


Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nyakanga 2019 ubuyobozi bwa MTN Rwanda bwifatanyije n’impunzi ziri mu nkambi ya Mahama akarere ka Kirehe mu muganda udasanzwe wo kuvugurura amazu yari yarangiritse ndetse buha impano za mudasobwa 12 (Computer Desktops) zizafasha abana bari muri iyo nkambi kumenya gukoresha mudasobwa (Computers) ndetse na murandasi.



Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda Bart Hofker afatanyije n’abandi bayoborana MTN ndetse n’impunzi ziri mu nkambi ya Mahama iherereye mu karere ka Kirehe bakoze umuganda udasanzwe dore ko umuganda mu Rwanda uba ku cyumweru cya nyuma cy’ukwezi aho bavuguruye inzu zisaga umunani ndetse baha izo mpunzi mudasobwa 12 zizafasha abana bari muri iyi nkabi kumenya gukoresha ikoranabuhanga.

Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda Bart Hofker ari gukata icyondo cyo gukoresha

Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda Bart Hofker yavuze ko amaze imyaka ibiri mu Rwanda akora umuganda ku cyumweru cya nyuma cy’ukwezi ariko uwo yakoze uyu munsi ukaba ari uw'umwihariko.

Abakozi ba MTN Rwanda bari kuvugurura imwe mu nzu umunani zavuguruwe

Yagize ati: "mu myaka ibiri maze hano mu Rwanda ubusanzwe najyaga nkora umuganda ariko ni ubwa mbere nkoze umuganda ari ku wa Gatanu, reka nshimire by’umwihariko mwebwe twakoranye umuganda nabonaga mugifite imbaraga ubwo twebwe twananirwaga. Umuco wo gufatanya ni mwiza muwukomeze. Hari ikibazo batugejejeho ko hano Internet hari igihe mutayibona neza twazanye n’ubishinzwe ndabizeza ko tugiye kubikoraho mu minsi mike bizaba byakemutse”.

Bart Hofker ari gutera urwondo ku nzu ayivugurura

Yakomeje agira ati: "uyu munsi twabazaniye impana za mudasobwa 12 ndetse zizakoresha Internet y’ubuntu mu gihe gisaga amezi atandatu, nagira ngo mbasabe kuzifata neza kugira ngo zibe zafasha abana banyu. Uyu munsi twazanye mudasobwa ariko ejo dushobora kuzana n’ikindi kintu. MTN izakomeza kubaha Service nziza”.

Abayobozi b'inkambi ya Mahama bakira impano MTN Rwanda yageneye impunzi za Mahama bazishyikirizwa na Bart Hofker umuyobozi mukuru wa MTN
Imwe mu mpunzi zavugururiwe inzu

Umuyozi w’inkambi Ukwibishatse Jean Bosco yashimiye ubuyozi bwa MTN abwizeza ko impano bahawe bagiye kuzibyaza umusaruro ndetse bazicunga neza ngo zitangirika.

Ukwibishatse Jean Bosco uhagarariye impunzi za Mahama 

Yagize ati "Ndashima MTN kubera iki gikorwa cyiza cyo kwifatanya natwe mu muganda udasanzwe.  Izi mudasobwa twahawe tugiye kuzibyaza umusaruro tuzifata neza kugirango abana bacu bige neza. Turashimira kandi MTN uburyo yatwubakiye iminara tukaba tuvugana na bagenzi bacu”.

impunzi za Mahama mu muganda ndetse n'abakozi ba MTN Rwanda

Ni umuganda wakozwe mu bice bitatu aho abaturage bafatanyije n’abayozi ndetse n’abakozi ba MTN Rwanda aho bavuguruye inzu umunani (8).


Inkambi ya Mahama iherereye mu ntara y’uburasirazuba akarere ka Kirehe yatangiye mu mwaka wa 2015 mu kwezi kwa Mata yakira impunzi zivuye mu gihugu cy’u Burundi aho kugeza uyu munsi tariki ya 26 Nyakanga 2019 icumbikiye imiryango ibihumbi 19,929. Ikaba icumbikiyi abasaga ibihumbi 69,722.

Andi Mafoto

Impunzi za Mahama zitabiriye iki gikorwa higanjemo urubyiruko

Bert Hofker wanditse ubutumwa mu gitabo cy'abasuye iyi nkambi ya Mahama


Imwe mu mpano za mudasobwa MTN Rwanda yatanze nk'impano z'impunzi za Mahama







MTN Rwanda yegereje Service impunzi zihereye mu nkambi ya Mahama


Paul Mugabe/Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nteziryayo jean Baptiste4 years ago
    Twishimiye uburyo mtn yifatanije nimpunzi za mahama muburyo bwo kwerekanako abanyarwanda twese abari hafi nakure ko natwe twifatanije nabo





Inyarwanda BACKGROUND