RFL
Kigali

Urutonde rw'imijyi 12 ihenze kuyibamo kurusha indi muri Afrika

Yanditswe na: Robert Musafiri
Taliki:1/07/2014 16:30
7


Ikigo mpuzamahanga cyitwa ECA cyasohoye urutonde rw’imijyi ihenze kuyibamo kurusha indi ku isi mu mwaka w’2014.Muri iyi nkuru turibanda ku mijyi 12 ihenze kuyibamo kurusha iyindi muri Afrika.



Nk’uko bitangazwa n’iki kigo,uru rutonde rukorwa hagendewe ku biciro by’ibicuruzwa bitandukanye cyane cyane n’uburyo abanyamahanga baba muri iyo mijyi bagurishwaho ibintu ndetse na serivisi zitandukanye.Imibare y’iki kigo ikaba igaragaza ko imijyi myinshi yo muri Afrika igora abanyamahanga kuyibamo.

1.Luanda

hh

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Angola ukaba uzwiho kubamo abakire benshi ndetse n’ibiciro bihanitse ku buryo bitorohera umunyamahanga uwo ariwe wese kuhaba igihe kinini.

2.Djouba

hh

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Soudani y’epfo ukaba uzwiho nawo ibiciro byihagazeho cyane cyane ku biribwa n’ibinyobwa.Ibi bikaba biterwa ahanini n’uko uyu mujyi ukiri mushya.

3.Brazzaville

hh

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Congo Brazzaville,uyu mujyi nawo ukaba uhenze kuwubamo ku banyamahanga cyane cyane ku bijyanye n’amacumbi.

4.Libreville

ff

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Gabon.Uyu mujyi nawo uzwiho kuba ari umujyi wohereza ibintu byinshi hanze ariko nawo ugakoresha byinshi biturutse hanze y’igihugu.Kubera ubucye bw’abantu bawubamo bituma bitorohera umunyamahanga kuhaba.

5.Pointe Noire

hh

Uyu nawo ni umujyi ubarizwa mu gihugu cya Congo Brazzaville ukaba uzwiho ibiciro bihanitse haba ku macumbi ndetse no ku biribwa.

6.Kinshasa

hh

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo,ukaba nawo uzwiho ibiciro byihagazeho ku buryo abanyamahanga bibahenda cyane kuhaba.

7.Abidjan

gg

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Cote d’Ivoire nawo ukaba uzwiho kuba uhenze cyane cyane ku macumbi ndetse n’ibiribwa.

8.Dakar

g

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Senegal nawo ukaba uzwiho ubuzima buhenze byagera ku banyamahanga bahajya bikaba akarusho.

9.N’Djamena

FF

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Tchad nawo ukaba ari umujyi ugora cyane abanyamahanga kuwubamo kubera ubuzima ndetse n’ibiciro biharangwa.

10.Abuja

gg

Uyu ni umujyi ukomeye mu gihugu cya Nigeria nawo ukaba ugora cyane abanyamahanga bawubamo kubera imisoro yahoo itoroshye ndetse n’ibiciro byaho muri rusange bikaba biri hejuru.

11.Conakry

jkj

Uyu ni umurwa mukuru w’ighugu cya Guinea Conakry ukaba uzwiho kuba ibiciro byaho bihora bizamuka ku buryo bukomeye ku buryo abanyamahanga bahageze bibagora cyane.

12.Lagos

ff

Uyu ni umurwa mukuru w’igihugu cya Nigeria nawo ukaba uhenda cyane abanyamahanga bifuza kuhaba no kuhakorera ubucuruzi.

Ikigarukwaho cyane muri iyi mijyi ni amcumbi ahenze,ibiciro byo gutwara abantu n’ibintu biri hejuru ndetse n’ibiribwa n’ibinyobwa bihenze ugereranyije n’indi mijyi yo muri Afrika.

Robert N Musafiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • karake9 years ago
    ko noneho mutashyizemo kigali!
  • Rafel9 years ago
    Eh eh Imana indinde uru rutonde ruhimbano ubwo icyo kigo ntabwo kizi ko Yamoussoukro ariwo murwa mukuru wa Ivory Coast.
  • RUKUNDO Jules Abdallah9 years ago
    Nkubu se nko mugihugu cya FRANCE ipari ho bimeze bite? igitekerozo nge mbona ko umujyi wa Kigali,Rwanda Niho duturwa neza nanahandi wahasanga murakoze umugoroba mwiza.
  • 9 years ago
    What about nairobi?
  • Eric brown9 years ago
    bujumbura nayo ntabwo ihenze kubamwo kubanyamahanga
  • dalu9 years ago
    Uko iyi mijyi ihenze kuyibamo niko ninoti zihaboneka kurusha ahandi
  • Vans?5 years ago
    Nne Gute republika ya congo ariyambere kurutonde mubihugu bikennye ikaba ifite umujyi nkuyu





Inyarwanda BACKGROUND