RFL
Kigali

Umuhanzikazi Adokiye ashaka kwitangira isi akaryamana n'abagabo 12 mu bagize Boko Haram

Yanditswe na: Editor
Taliki:24/06/2014 10:24
9


Nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize umuhanzikazi Adokiye wo mu gihugu cya Nigeria atangaje ko azemera kuryamana n’abagabo bagera kuri 12 mu bagize umutwe wa Boko Haram mu gihe bazemera nabo guhita barekura abakobwa bafashe bugwate, noneho yanasobanuye impamvu ibimutera.



adokiye

Uyu muhanzikazi Adokiye akimara gutangaza ko azemera akaryamana n’abagabo hagati y’10 na 12 mu bagize umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram ariko nabo bakarekura abakobwa barenga 200 bafashe bugwate, abaturage ba Nigeria bakomeje kwibaza impamvu yaba ituma yemera kuryamana n’abo bagabo bose ndetse benshi babifata nk’urwenya cyangwa gushaka kumenyekana maze nawe aganira n’ikinyamakuru Nigeriafilms ashyira ahagaragara igituma yifuza kuryamana nabo ndetse anigereranya na Yesu.

Uyu muhanzikazi aherutse no gutangaza ko ari isugi kandi ubusugi bwe azabuha umugabo uzagurira nyina indege

Uyu muhanzikazi aherutse no gutangaza ko ari isugi kandi ubusugi bwe azabuha umugabo uzagurira nyina indege

Uyu mukobwa ushimangira ko akiri isugi, abajijwe niba ibyo yavuze bitaba byari urwenya yashimangiye ko nta mikino irimo azemera kuryamana nabo ariko abo bakobwa bakarekurwa. Yagize ati: “Ntacyo bintwaye kuba nakwigurana bariya bakobwa bakongera bagasubirana n’ababyeyi babo. Impamvu nta yindi ni uko nabagiriye impuhwe, hashize igihe kandi ndabona nta muntu ukinabivugaho cyangwa ngo agaragaze icyo abona cyakorwa, na Leta yakoze ibishoboka byose ariko nta kirakorwa. Njye ndiho ku bw’abandi, nshobora kwitangira abandi bakabona amahoro”.

N'ubwo yigereranya na Yesu asanzwe anengwa cyane kubera imyambarire ye

N'ubwo yigereranya na Yesu asanzwe anengwa cyane kubera imyambarire ye

Uyu mukobwa abajijwe niba umusore bakundana atabifata nabi kubona yemera kuryamana n’abo bagabo bose, mu magambo ye yasubije agira ati: “Uburyo bariya bakobwa bakumbuwe n’ababyeyi babo kandi nabo bakaba bakumbuye ababyeyi n’abandi benshi baburanye, birababaje kandi njye ndi umwe nshobora kubabazwa mu mwanya wa benshi. Ubu ndamutse mvuze ko ngiye gupfira isi, abantu bazandirira nyamara ntibyambuza kuko na Yesu ajya gupfira abatuye isi, mama we Mariya yararize ariko Yesu aranga yemera gupfira isi yose. Nanjye rero mbifata nko kwitangira benshi nk'uko Yesu yabikoze. Ku bijyanye n’umusore dukundana byo sinzi n’icyo bisobanuye kuko nta muhungu njye nkundana na we rwose”.

adokiye

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jojo9 years ago
    uyu we aje avuna
  • aurlin diego9 years ago
    hari hagewe ko abantu biyisi biyumvira kzitangira abandi bari mungorane nimibabaro nkaba bakobwa bafashwe na boko haram. ariko se aba bagabo babagome kuriya bazemera kuguza umuntu umwe maganabiri? Imana ifashe Adokiye
  • rufangura9 years ago
    harya iyo ngirwa mukobwa NGO niwe sugi yewe Ni aho zabuze
  • jumeau9 years ago
    Hahahahaha umukobwa wigicucu wambere mbonye!!! .nonese mubagore nabakobwa bafashe wigeze wumva haruwo bafashe kungufu byibuze? ukekako bakeneye ubusa bwawe? shaka indi nzira ubicishamo bt not that stupid mind plzz
  • 9 years ago
    arabeshya ntakigereranye na yesu kandi ubwo bitange ntiyabushobora nagato
  • silas nzabakurikiza9 years ago
    arabeshya ntakigereranye na yesu kandi ubwo bitange ntiyabushobora nagato
  • pascal9 years ago
    iri nitabi riba ryabaye ryinshi kbsa
  • 9 years ago
    ivyo sinziko imana ivyemera!
  • ppatrick9 years ago
    jyewe nshingiye kubyo uyumukobwa atangaza jye mbona ashobora kuba arwaye ariko mumbabarire simututse ahubwo ngaragaje uko mbibona kuko hambere yavuzeko ubusujyi bwe azabuha uzagurira nyina indege bivuzeko amafaranga ayaha umwanya munini cyane mubuzima bwe bivuzeko kwitangira Ubuntu kuriwe bidashoboka kuko akunda ibintu cyane





Inyarwanda BACKGROUND