Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko umukino wagombaga guhuza Rayon Sports na Onze Createurs(Mali) utakibaye bigendanye n’ibihano igihugu cya Mali cyafatiwe na FIFA aho batemerewe kugira irushanwa na rimwe bitabira mbere yuko bahabwa uburengazira.
Ku gicamunsi cy’uyu wa Gatanu tariki 17 Werurwe 2017 nibwo ku rukuta rwa Twitter rwa FERWAFA hagiyeho ubutumwa buvuga ko umukino wa Rayon Sports na Onze Createurs utakibaye biturutse ku myanzuro igihugu baturukamo cyafatiwe an FIFA.
Nk’uko BBC yabyanditse, ibi bihano bikura ikipe y’igihugu ya Mali ndetse n’amakipe (Clubs) ahakomoka mu marushanwa mpuzamahanga yose ndetse ntibanemerewe kugira igikorwa na kimwe cya FIFA na CAF bagaragaramo.
Ibi bivuze ko ikipe ya Rayon Sports yagombaga guhura na Onze Createurs mu mukino wo kwishyura mu ijonjora rya kabiri (Second Round) utakibaye ahubwo ko igomba gukomeza mu cyiciro gikurikira iteye mpaga. Ikipe ya Onze Createurs yari yaraye mu mujyi wa Kigali aho yari yaje mbere y’amasaha 48 kugira ngo izakine na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Werurwe 2017.
Ubutumwa buri kuri Twitter ya FERWAFA
Ibaruwa CAF yandikiye Rayon Sports iyimenyesha ko nta mukino uhari bagomba gukina na Onze Createurs
Rayon Sports yari yaraye ikoreye imyitozo kuri sitade Amahoro ahazabera umukino
TANGA IGITECYEREZO