RFL
Kigali

Senderi yavuye gusura abafana be i Burundi atangazwa n'uko yabacengejemo ubwiza bwa Polisi y'u Rwanda

Yanditswe na: Editor
Taliki:28/09/2014 13:46
1


Umuhanzi Senderi International Hit yavuye mu Burundi gusura abafana be bo mu ntara ya Kirundo, gusa akaba yaraje gutungurwa n’uko abatuye muri ako gace bakunda cyane indirimbo ye irata ibigwi bya Polisi y’u Rwanda, mu gihe we yibwiraga ko baba bazi izindi zisanzwe nk’iyitwa Icyomoro, Umuvuduko, Nsomyaho n’izindi.



Hagati muri iki cyumweru dusoje nibwo Senderi yerekeje mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi nyuma yo kubisabwa n’abakunzi be baba muri iki gihugu, babinyujije kuri Radiyo zo mu Ntara y’Amajyepfo ari nazo bakunda gukurikirana cyane, akihagera akaba yaratunguwe no gusanga indirimbo ze yibwiraga ko arizo baba bakunda atari zo bishimira ahubwo iyitwa “Polisi yacu” ikaba ariyo bakunda cyane kuburyo mu tubari n’ahandi ku mateleviziyo baba bacishaho iyi ndirimbo bakanayisubizamo.

Nk’uko Senderi yabitangarije Inyarwanda.com, ubwo yageraga mu ntara ya Kirundo mu Burundi yabashije kubonana n’abakunzi be ndetse banatemberana mu duce dutandukanye two mu Kirundo, aza gusanga bakunda cyane indirimbo ye yahimbye ashaka kwerekana ubutwari n’ibigwi bya Polisi y’igihugu.

Senderi avuga ko yishimye cyane kandi akabona ko akwiye gukora n’indi ndirimbo irata Polisi y’igihugu, akarushaho kweraka abaturage ko bakwiye gufata Polisi nk’igamije gushaka ibusubizo aho guteza ikibazo, kuko rimwe na rimwe abo ihana batamenya ko irimo kugirira neza abanyarwanda ndetse n’igihugu muri rusange.

REBA HANO INDIRIMBO SENDERI YARIRIMBYE KURI POLISI

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gag9 years ago
    sender icyomwemerera atanga mesage yibintubyinshi byubaka abanyarwanda nabarundi urumva ko arisawa jye mba hano mbarara ariko dukunda song ye yitwa Twaribohoye nabagande barayikunda.akomrreze aho





Inyarwanda BACKGROUND