RFL
Kigali

Ubushakashatsi: Mubyeyi, wari uzi ko guhora kuri telephone (smart phones) byangiza imikurire y’abana bawe ku buryo bukomeye?

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:12/09/2018 14:09
0


Uko ikoranabuhanga ritera imbere ni nako rirushaho kwangiza byinshi, telephone zigezweho amaze gusakara hose, ku mashuri, mu ngo n’ahandi, uko zikomeza gusakara rero ni nako zishobora kwangiza imikurire y’abana



Muri iki gihe rero abantu benshi bamara umwanya munini bari kuri za telephone zabo kandi ubushakashatsi buherutse kugaragaza ko uko umuntu amara umwanya munini kuri telephone cyangwa se kuri mudasobwa na za televisiyo byangiza ubuzima bw’umuntu ku buryo bufatika

Nubwo tuvuga izi ngaruka ku bantu bakuru ariko iyo bigeze ku bana bati biba ibindi bindi kuko ubushakashatsi bwakorewe muri kaminuza ya Michigan bugaragaza ko ababyeyi bamara umwanya munini kuri za telephone baba bari kwiyangiriza abana kani batabizi

Impamvu bavuga nuko umwanya ababyeyi bagahaye umwanya baba bibereye kuri za telephone cyangwa mudasobwa, bigatuma abana babaho nk’aho badafite umuntu bari kumwe kuko uwakabaye ababa hafi afite ibindi yahaye agaciro kumurusha

Ibyo rero ngo byangiza umwana mu mutwe cyane ndetse bigatuma agenda atakaza ubumuntu akazamera nk’ikihebe nubwo ubushakashatsi butigeze bugaragaza imibare ifatika yo kwangrika k’umwana

Niba ushaka kuba umubyeyi mwiza rero kurikiza izi nama zikurikira:

Ikoranabuhanga si ribi rwose ariko na none ntirikwiye kukugira imbata yaryo ku buryo rinakwangiriza abana, hari uburyo bwinshi warikoresha kandi utabangamiye umuryango wawe

Irinde gukoresha telephone mu gihe muri ku meza n’umuryango wawe: amasaha yo kurya ariko cyane cyane aya nijoro ni wo mwanya mwiza imiryango iba ibonye yo guhurira hamwe bakaganira, iyo ujyanye telephone ku meza rero ugakomeza kuyicokoza kandi wari ubonye umwanya mwiza wo kuganira, bibangamira ibiganiro by’abagize umuryango wawe ni nayo mpamvu ukwiye kuyishyira kure yawe  mu gihe ugiye kurya

Aho kureba film shaka ibindi wakora mu gihe uri kumwe n’abana bawe cyangwa umuryango wawe: nubwo film ari nziza ndetse ziruhura, ariko ntizituma abantu baganira nkuko bikwiye kuko bisaba ko umuntu akurikirana neza ibyo ari kubona, mu gihe ugeze mu rugo rero ukigira muri film, uba wirengagije ko abagize umuryango wawe barimo abana n’uwo mwashakanye bagukeneye cyane, ese mu mwanya wa film, kuki utafata akanya ngo ukine n’umuryango wawe udukino duto kandi dushimishije? Uramutse ukoze ibyo waba urokoye umuryango wawe mu gihe gito kurusha uko wari kwicara amasaha menshi kuri film cyangwa kuri internet

Niba ufashe akanya ko gutemberana n’abawe siga telephone mu rugo maze mutembere: ni byiza ko mu mpera z’icyumweru ufata akanya ko gutemberana n’abana mugakina, mbese mukidagadura mwasize telephone mu ngo kuko bibasha gutuma muruhuka ubwanyu ndetse n’abana bari babakeneye bakababona byoroshye

Ni byiza cyane kwibagirwa gato ibintu byose bigendanye n’ikoranabuhanga ubundi ukita ku muryango wawe ariko cyane cyane abana bato kuko iyo usa n’uwabasimbuje ibyo birabangiza cyane bagakura nta bumuntu bagifite kandi wibwira ko abana bawe ntacyo babuze nyamara barakubuze bakureba

Src: santeplusmag.com

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND