RFL
Kigali

Temberana na Inyarwanda mu karere ka Nyabihu urebe ibitaro bya Shyira byatwaye akayabo ka miliyari 5 n'imisago-AMAFOTO & VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:18/07/2017 14:02
1


Ibitaro by’akarere bya Shyira biherereye mu karere ka Nyabihu ni ibitaro by’icyitegererezo mu bwiza no mu bunini mu Ntara y’u Burengerazuba. Ibi bitaro byatwaye asaga miliyari eshanu z’amanyarwanda. Inyarwanda.com yasuye ibi bitaro.



Tariki 04 Nyakanga 2017 ni bwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasuye ibi bitaro, icyo gihe akaba yari ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame. Ibitaro by’akarere bya Shyira (Shyira District Hospital) ni ibitaro bifite ibyumba 150 bigezweho byifashishwa muri serivisi zitandukanye z’ubuvuzi.

Mu mwaka w'1937 ni bwo ibi bitaro bya Shyira byubatswe, nyuma muri 2014 Leta y'u Rwanda ifata umwanzuro wo kubyagura hongerwamo izindi serivisi mu rwego rwo korohereza abaturage bajyaga kwivuriza mu bindi bitaro bitewe nuko hari serivizi batabashaga kubona mu bitaro bya Shyira.

Kuri ubu, ibi bitaro byaruzuye ndetse biri gukora. Abaturage babyivurizamo bavuga ko ubuzima bugenda neza kubera ibitaro by'akataraboneka Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabihereye. Inyarwanda.com tugiye kubafasha gutembera ibi bitaro by'icyitegererezo by'akarere bya Shyira. 

MU MAFOTO, TEMBERA IBI BITARO BYA SHYIRA

Twahagurutse, aha ni i Shyorongi 

Umuhanda wose w'i Shyorongi uriho amatara kandi ufite isuku, abana bari kujya ku ishuri,.. ni mu gitondo cya kare

Tugeze Rulindo,.. aha naho hari ibyiza nyaburanga bibumbatiye amateka

Ibyiza by'iwacu,.. Genda Rwanda uri nziza

Aha tugeze ni i Gakenke ndahamya ko benshi bahazi, iyi ni Cooperative icuruza imboga n'imbuto zinyuranye

Twabanje guca no ku karere ka Nyabihu

"Turakugurisha imbuto nziza kandi twe ntiduhenda"-Abacuruzi

Umuhanda Musanze-Vunga

Abana barava ku ishuri, abakuru bari ku murimo


Abantu bo mu murenge wa Shyira bakunda cyane umurimo,..#Twubake u Rwanda

Shyira twayigezemo,.. murakaza neza

Umudugudu w’icyitegererezo wubakiwe imiryango 108 ikennye yo mu turere twa Gakenke na Nyabihu

Birumvikana inzu nk'iyi y'icyitegererezo ntiyabura akarima k'igikoni

Aborozi batuye mu mudugudu w'icyitegererezo twaberetse haruguru bahawe ikiraro kigezweho

Aba bakecuru twaganiriye umwanya,.. aha barimo gutunganya aho bagiye gutera ubusitani imbere y'aho batuye ngo bazajye baharuhukira nk'abandi bakire bose,.. barishimye kandi ngo ni abasirimu n'ikimenyimenyi barahingana inkweto


Ibitaro by'Icyitegererezo by'akarere bya Shyira byatwaye asaga miliyari eshanu

Ibi bitaro byatashywe na Perezida Paul Kagame
Ibitaro twabyinjiyemo,... bifite isuku utabona henshi


Amacupa abikwamo Oxygen (02) ikoreshwa kwa muganga

Iki cyuma kiri (iburyo) ni imashini yo muri laboratoire yitwa Cobas c 311 yifashishwa mu gukora ibizamini byinshi kandi mu gihe gito
Ibi ni bimwe mu bikoresho bigezweho usanga mu bitaro bya Shyira, iki cyuma cyitwa'Microscope'

Iyi mashini itunganya imyanda yose ivuye mu bitaro ikongera ikayitunganya ku buryo ivanwamo amazi yo kuba yakoreshwa imirimo itandukanye nko kuvomera ubusitani, gukoropa n'ibindi
Burije turatashye,.. umunsi uciye ikibu

Desesekaye i Kigali,.. aha turamanuka i Shyorongi,...

AMAFOTO: Sabin Abayo-Afrifame Pictures







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Emmy 6 years ago
    Murakoze cyane kbx Inyarwanda murabantu babagabo





Inyarwanda BACKGROUND