RFL
Kigali

MU MAFOTO:Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryahuje urubyiruko 523, bamwe bisabira kwinjira mu ngabo z' igihugu

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:13/07/2017 23:44
1


Kuri uyu wa Kane tariki 13 Nyakanga 2017 ni bwo umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yasoje itorero ridasanzwe ry’Indangamirwa ryahuje urubyiruko rugera kuri 523. Abagera kuri 65 bakaba bahise bisabira kwinjira mu gisirikare.



Iri torero rimaze ukwezi ribera mu Kigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cy'i Gabiro mu karere ka Gatsibo mu Ntara y ’Iburasirazuba. Mu rubyiruko 523 rwitabiriye itorero ry’Indangamirwa, abasore ni 375 naho akabokwa bakaba ari 148.

Perezida Paul Kagame  ni we wasoje iri torero aho yari yaherekejwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu Boniface Rucagu, Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe n’abandi.

Perezida Kagame na Gen James Kabarebe bari muri ibi birori

Abagera kuri 65 basabye kujya mu gisirikare mu gihe hari abandi basabye kujya mu mutwe w’Inkeragutabara. Abasabye kujya mu gisirikare, Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe yavuze ko bazajya kwiga amasomo ajyanye na Engineering n’ubuvuzi.

Perezida Paul Kagame wari witabiriye ibirori byo gusoza iri torero ry’Indangamirwa, izi ntore zamweretse bimwe mu byo zize mu gihe cy’ukwezi kumwe zimaze muri iki kigo cy’i Gabiro. Bimwe mu byo izi ntore zeretse Perezida Kagame harimo gutanga amabwiriza ya gisirikare mu gihe cyo gutegura urugamba ndetse banamwereka uko bahashya umwanzi.

REBA AMAFOTO MU GUSOZA ITORERO RY'INDANGAMIRWA


Umuhanda werekeza i Gabiro

Itorero Indangamirwa, hano ryari ryiteguye kwerekana ibyo rimaze ukwezi ryiga

Abo mu miryango y'Intore zari mu Itorero ry'Indangamirwa bari batumiwe

Bamwe muri izi Ntore basabye kujya mu gisirikare

Gen James Kabarebe asuhuzanya na Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame

Gen James Kabarebe, Minisitiri w'Ingabo

Gen. Patrick NYAMVUMBA Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda na we yari ahari


Bize gutanga amabwiriza ya gisirikare mu gihe cyo gutegura urugamba 

Perezida Kagame yitegereza ibyo Intore zerekanaga


Banigishijwe uko bahashya umwanzi

Boniface Rugacu, Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu

Gen James Kabarebe, Minisitiri w'Ingabo

Perezida Kagame aganiriza intore zimaze ukwezi mu itorero ry'Indangamirwa

Perezida Kagame aganiriza abari basoje mu itorero Indatabigwi

Bafashe ifoto y'urwibutso hamwe n'Umukuru w'Igihugu

Bifotoranyije n'abo mu miryango yabo bari bitabiriye ibi birori

KANDA HANO urebe andi mafoto y'iki gikorwa

Niba ufite ibirori cyangwa se ukeneye amafoto meza mu bundi buryo,watwandikira kuri afrifame@gmail.com 

AMAFOTO: Sabin Abayo (Afrifame Pictures / Inyarwanda Ltd) & Village Urugwiro






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mutesa joseph 6 years ago
    nawe barangije secondary ntitubashe gukomeza aya masomo turayakeneye cyanee pe





Inyarwanda BACKGROUND