RFL
Kigali

Mu 1900 Adolf Dassler washinze uruganda rwa ADIDAS yaravutse: Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:3/11/2017 10:44
0


Uyu munsi ni kuwa 5 w’icyumweru cya 44 mu byumweru bigize umwaka tariki 2 Ugushyingo, ukaba ari umunsi wa 307 mu minsi igize umwaka, hakaba habura iminsi 58 ngo umwaka urangire.



Ibintu by’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka y’isi:

1838: Ikinyamakuru cya The Times of India, kimwe mu binyamakuru bikomeye byandikirwa mu Buhinde mu rurimi rw’icyongereza cyarashinzwe, kikaba cyaritwaga The Bombay Times and Journal of Commerce.

1903: Kibifashijwemo na Leta zunze ubumwe za Amerika, igihugu cya Panama cyitandukanyije na Colombia.

1911: Uruganda rukora imodoka rwa Chevrolet rwinjiye mu bucuruzi bw’imodoka aho rwari ruje guhangana na Ford Model T.

1918: Igihugu cya Pologne cyabonye ubwigenge bwacyo ku Burusiya.

1964: Abaturage batuye umujyi wa  Washington D.C. bemerewe gutora mu matora ya perezida ku nshuro ya mbere.

1997: Leta zunze ubumwe za Amerika zafatiye igihano mu by’ubukungu igihugu cya Sudan kubera ibibazo by’ihohoterwa ry’ikiremwamuntu byarangwaga mu butegetsi bw’iki gihugu.

2013: Ubwirakabiri bwabaye mu bihugu binyuranye bya Afurika, u Burayi n’uburasirazuba bwa Leta zunze ubumwe za Amerika.

2014: Umuturirwa wa World Trade Center wongeye gufungurwa ku mugaragaro, nyuma yo gusenywa n’ibitero by’abiyahuzi mu 2001. Ukaba warahawe izina rya One World Trade Center.

Abantu bavutse uyu munsi:

1900:Adolf Dassler, umushoramari w’umudage, akaba ariwe washinze uruganda rukora ibikoresho bya siporo rwa ADIDAS nibwo yavutse, aza gutabaruka mu 1978.

1957Dolph Lundgren, umukinnyi wa filime akaba n’umuhanga mu mikino njyarugamba w’umunyasuwede yabonye izuba.

1981Diego López, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya-Espagne nibwo yavutse.

1995Kendall Jenner, umunyamideli w’umunyamerika, akaba murumuna wa Kim Kardashian nibwo yavutse.

Abantu bitabye Imana uyu munsi:

1993:Léon Theremin, umunyabugenge w’umurusiya akaba n’umukanishi akaba ariwe wavumbuye icyuma cy’umuziki kizwi nka Theremin yaratabarutse, ku myaka 98 y’amavuko.

1996: Jean-Bédel Bokassa, perezida wa 2 wa Centre-Africa yaratabarutse, ku myaka 75 y’amavuko.

1998Bob Kane, umwanditsi akaba n’umuhanga mu gushushanya w’umunyamerika, akaba ari mu baremye Batman yitabye Imana, ku myaka 83 y’amavuko.

Iminsi mikuru yizihizwa uyu munsi:

Uyu munsi nu umunsi mukuru wa Mutagatifu Winifred






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND