RFL
Kigali

Menya byinshi utigeze umenya ku muhanzi Israel Mbonyi ufite indirimbo ziri gukora ku mitima ya benshi

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:27/03/2015 9:16
23


Kubwo kumva ibihangano bye bakabikunda kandi bataramubona n'amaso yabo dore ko ari umusore watangiriye ubuhanzi hanze y'igihugu cy'u Rwanda, Israel Mbonyi yaganiriye na inyarwanda.com tukaba tugiye kubagezaho byinshi kuri we biri bubafashe kumenya uyu muhanzi uwo ariwe.



Nyuma y’uko hagiye humvikana abahanzi batandukanye imbere mu gihugu cy’u Rwanda, baririrmbira Imana ndetse bakanakundwa cyane kubera imbaraga rimwe na rimwe usanga bashyira mu kumenyekanisha ibihangano byabo, umuhanzi Israel Mbonyi wiga mu Buhinde yatunguwe cyane no kuba indirimbo ze zikunzwe kandi nta mbaraga nyinshi yabishyizemo,akaba abishimira Imana.

Mu kiganiro twagiranye na Israel Mbonyicyambu uzwi  nka Israel Mbonyi, yaduhamirije ko yatunguwe na byinshi ubwo atari mu Rwanda nko kumva indirimbo ze zikunzwe na benshi mu Rwanda kandi ntakidasanzwe yakoze ngo zimenyekane ndetse no kuba yahabwa igihembo adahari. M umagambo ye yagize ati, " Natunguwe no kubwirwa ko nahawe Groove awards  ya Best Diaspora, ntungurwa n’ukuntu izi ndirimbo zakunzwe cyane,  bitandukanye n’ahantu twazikoreye n’uburyo twazikoze . it wasn't proffessional kabisa(Ntabunyamwuga bwarimo kabisa)."

Israel Mbonyiazwi  mu indirimbo 'Uri nu'mber One', 'Yankuyeho Urubanza',' Kumigezi', 'Ndanyuzwe', 'Nzibyo Nibwira', 'Kumusaraba', 'Agasambi ndetse na Harimpamvu .

Israel Mbonyi

Umuhanzi Israel Mbonyi aririmba anicurangira

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa inyarwanda.com, Mbonyi Israel ubu ubarizwa mu gihugu cy’ubuhinde yadutangarije byinshi ku bijyanye n'uko yiyumva nyuma yo kumva indirimbo ze ziri gufasha imitima ya benshi hano mu Rwanda ndetse tuboneraho kumubaza ibijyanye n’urugendo rwe mu buhanzi.

Iki nicyo  ikiganiro twagiranye

Inyarwanda.com: Mwatangira mutwibwira.

 Israel Mbonyi: Amazina yanjye nitwa Israel Mbonyicaymbu, Ndi Umunyarwanda, ariko nkaba niga mu gihugu cy'ubuhinde mazeyo imyaka 4.Niga  Pharmacy mu mwaka wa nyuma ,nkaba nzasoza amashuri mu kwezi kwa Gicurasi 2015.

 Inyarwanda.com: Israel mbonyicyambu , yavutse ryari, avukira ahagana hehe?

 Israel Mbonyi:  Navutse ku itariki 20/05/1992, mvukira muri Repubulika iharanira demukarasi ya Congo (R.D.Congo) mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho bita Uvira.

 Inyarwanda.com: Ubwo bivuzeko waba warakuriye muri Congo, ese mwaba mwarageze mu Rwanda ryari?

 Israel Mbonyi:  Twageze mu Rwanda muri 1997, muri Congo nahabaye igihe gito , nabwo cyari igihe kigoye ariko iyindi myaka yose nayibaye mu Rwanda.

 Inyarwanda.com: Iyo uri mu Rwanda ubarizwa mu rihe torero?

 Israel Mbonyi: Dutuye Kimironko n'ababyeyi banjye . Twese dusengera muri Evangelical Restoration church kwa Apotre Masasu.

 Inyarwanda.com: Ese waba warigeze muririmba muri korali?

 Israel Mbonyi:  Yeeeee.. nizo nakuriyemo, nari umucuranzi gusa ariko, sinagiraga amahirwe yo gutera indirimbo.

Inyarwanda.com: Waririmbye nko muzihe korali?

 Israel Mbonyi:  Korali yitwa Intumwa za Yesu, Groupe de Louange iherereye I Nyanza aho nize amashuri yisumbuye (secondaire) n’irindi tsinda ryitwa Amani. Ahenshi  ni ku ishuri nkiga mba mu kigo( internat).

 Inyarwanda.com: Wabonye amahirwe yo kuririmba bwa mbere ryari?

 Israel Mbonyi:  Ubusanzwe nari nsanzwe mpimba indirimbo nkaziha abantu cyangwa amakorali afite uburyo yaririmba, ariko igihe natangiye kuririmba nigihe nari ndangije amashuri ya yisumbuye mbere yo kuza kwiga mu Buhinde.

 Inyarwanda.com: Zimwe mu ndirimbo waba warahaye abantu yaba amakorali cyangwa abahanzi zikaba zikunzwe ni izihe kugeza ubu?

 Israel Mbonyi: Ntago zakunzwe kuko inyinshi ntizasohotse, twaraziririmbaga gusa mu mashuri n’ahandi.

 Inyarwanda.com: Nonese ko watubwiye ko wacurangaga, kumvako wakwiyandikira indirimo ukayiririmba byakujemo gute?

 Israel Mbonyi: Hewe , simbizi , gusa kuva kera numvaga nzaririmba ariko nkumva ntazi aho bizaturuka, cyakora nsanzwe ndyama nkarota indirimbo rimwe na rimwe. Nakunze kujya mu ma tsinda menshi aririmba ariko twatangira kuzamuka  bikazamo umwiryane, bigasenyuka cyangwa tugatandukanywa n’impamvu nyinshi zihariye , rero umunsi umwe nibwo nafashe gitari  yanjye yari  nko muri 2010 ndavuga ngo ngiye gutangira kuririmbira Imana njyenyine . Kubera ko numvaga ko ntabireka nubwo abandi batamfasha ,kuva uwo munsi natangiye gusenga no gucuranga gitari  yanjye , gahoro gahoro nagiye mbona amahishurirwa atandukanye kundirimbo nkajya nandika kugeza nubu.

Israel Mbonyi

Umuhanzi Israel Mbonyi

 Inyarwanda.com: Amwe muri ayo matsinda wagiye ubamo ni ayahe?

 Israel Mbonyi: Amani, juniors, praisers, hopers n'ayandi , ayo yose ntago agikora.

 Inyarwanda.com: Ni iyihe ndirimbo ya mbere wagize mu iyerekwa ukaza kuyikora no muri studio, igasohoka?

 Israel Mbonyi: Yankuyeho urubanza, ni indirimbo itangira kuri CD yanjye.

 Inyarwanda.com: Nonese indirimbo zawe ziri kumvikana mu Rwanda hose kugeza ubu waba warazikoreye mu Rwanda cyangwa wazikoreye mu Buhinde?

 Israel Mbonyi:  Nazikoreye hano mu Buhinde mu nzu bisanzwe  hamwe  n’inshuti yanjye yitwa Bruce Higiro nta studio , twazikoreye mu cyumba kuri laptop n’utundi dukoresho duto duciriritse cyane, uko niko kuri.

 Inyarwanda.com: Ni ukuvugako zakozwe na Bruce se cyangwa ni wowe wazikoreye, Bruce arakunganira?

 Israel Mbonyi:  Ni Bruce wazikoze ndamwunganira.

 Inyarwanda.com: None izi ndirimbo zaje kugera mu Rwanda gute ko utari uhari?

 Israel Mbonyi: Kugeza ubu nanjye nicyo kibazo nibaza kikanyobera, n'Imana yabikoze kuko sinzi nanjye nasanze aruko byagenze gusa.

 Inyarwanda.com: Nta n’umuntu uguhagarariye mu Rwanda se ushinze kumenyekanisha ibihangano byawe?

 Israel Mbonyi: Nyuma nibwo naje kubona inshuti zitandukanye  bampagararira , mfite umujyanama wanje dusanganwe Bruce Higiro nkaba ndi no mumuryango wa Urugero Family.

 Inyarwanda.com: None utekereza ko aribo baba batuma ibihangano byawe bigera kuri benshi mu Rwanda?

 Israel Mbonyi: Oya ntago aribo rwose kuko bo tumenyanye vuba cyane, ntago aribo. Gusa nabo hari byinshi byiza bateganya kumfasha mubihe biri Imbere.

 Inyarwanda.com: None iyo uri mu Buhinde inshuti zawe ziri mu Rwanda zikubwira ko ibihangano byawe biri gutanga iyihe sura?

 Israel Mbonyi: Bambwira ko indirimbo zabagezeho kandi ko ari nziza bazikunze cyane  nkumva nshimye Imana kuko byarantunguye nanjye.

 Inyarwanda.com: Kugeza ubu umaze gukora indirimbo zingahe?

 Israel Mbonyi: Indirirmbo 8.

 Inyarwanda.com: Zaba arizo zizagaragara kuri album yawe yambere cyangwa uteganya kuzongera?

 Israel Mbonyi: Nizo zigagaragara kuri Album yambere.

 Inyarwanda.com: Waba usigaje igihe kingana gute ngo mugaruke mu Rwanda?

 Israel Mbonyi: Amezi 2 gusa, mu mpera z'ukwezi kwa Gatanu nzataha.

 Inyarwanda.com: None ni iki waba uteganiriza abakunzi bawe nyuma yo kuva mu Buhinde mukwa ?

 Israel Mbonyi: Nzaza ndi muri gahunda yo gutegura amashusho ,mfite no kuzamurika Album kuburyo buri Live . Mfite n’ibindi bikorwa byinshi byiza bitandukanye na Album ya kabiri izaza bidatinze.

 Inyarwanda,com: Mu buhanzi bwawe nyuma yaho indirimbo za we umunani zisohokeye ni iki cyagutunguye?

 Israel Mbonyi:  Natunguwe no kubwirwa ko nahawe Groove award ya Best Diaspora, ntungurwa n’ukuntu izi ndirimbo zakunzwe cyane  bitandukanye n’ahantu twazikoreye n’uburyo twazikoze . it wasn't proffessional kabisa(Ntabunyamwuga bwarimo kabisa).

 Inyarwanda.com: Ni iki cyaba cyarakubabaje?

 Israel Mbonyi: Ubusanzwe sinkunda kubabara  niyo mbabaye ntibingumamo , ntacyambabaje nakwibuka kuko simbiha agaciro.Ubuzima ni imbere naho inyuma haratwangiza akenshi.

 Inyarwanda.com: Waba witeguye ute gukorana n'abahanzi bakuru bawe ubwo uzaba wagarutse mu Rwanda?

 Israel Mbonyi: Oooh nibyishimo bikomeye kuri njyewe kuko abahanzi b’Abanyarwanda ndabakunda rero nzakorana nabo uko umwuka w'Imana azanshoboza.

Hano Israel Mbonyi yari hamwe n'abanyeshuri bigana mu Buhinde mu gikorwa cyo kubagezaho Album y'ibihangano bye

 Inyarwanda.com: Ni gute uzabasha kubangikanya ibijya na pharmacy wize ndetse n'umuziki?

 Israel Mbonyi: Nshobozwa byose na kritu umpa imbaraga  nzabishobora . I dont know how (Simbizi) ariko nzabishobora neza cyane kandi ntanakimwe kizapfa.

 Inyarwanda.com: Waba witeguye kubyaza umuziki wawe amafaranga?

 Israel Mbonyi: Mubyo ntekereza ibyo ntibirimo  burya Imana niyo itanga umugisha. Njyewe gahunda yanjye ni ukuvuga ubutumwa ngakorera uwiteka byuzuye  ntayindi nyungu kuruhande  hanyuma Imana niyo izampemba uretse nibyo ndangije amashuri so , nzakora nzabaho neza  ariko gahunda nyamukuru ni ukugeza message(ubutumwa) bw’Imana ku bantu.

 Inyarwanda.com: Benshi niko bavuga ariko ugasanga siko babikurikiza kuko mbere yo kujya mugitaramo runaka babanza kwaka amafaranga, kuri wowe ni iki kigaragaza ko utazabikora nkuko babikora?Ku bwanjye simbibonamo ikosa kuko icyo umuntu yaruhiye agomba kugihemberwa.

 Israel Mbonyi: Ibyo uvuga ni ukuri. Ijambo ry'Imana riravuga ngo abayoborwa n'umwuka nibo bana b’Imana nanjye ntakosa mbibonamo rwose kuko nanjye ndishura kenshi nkajya kwitabira ibitaramo by’abandirero kubwanjye icyo Imana izatubwira nicyo tuzakora.

Israel Mbonyi

Umuhanzi Israel Mbonyi wakuze ari umucuranzi byamufashije kuba umuhanzi uririmba anicurangira

 Inyarwanda.com: Mu Buhinde ubarizwa murihe torero?

 Israel Mbonyi: LLF (Lords light fellowship)

 Inyarwanda.com: Ryashinzwe n’Abanyarwanda se?

 Israel Mbonyi: Yego.

 Inyarwanda.com: Ese hari amatorero ya gikristo yashinzwe n'abahinde aba aho ngaho?

 Israel Mbonyi: Yego arahari, simenshi ariko arahari.

 Inyarwanda.com: Bajya babatumira mukajya gukorayo ivugabutumwa se?

 Israel Mbonyi:  Rimwe na Rimwe.

 Inyarwanda.com: Gira icyo ubwira abanyarwanda bumva ibihangano byawe batakuzi.

 Israel Mbonyi:  Oooh  icyo nababwira nuko nta murimo mutoya imbere y'Imana kandi gukorera Imana ntagihombo kibamo . Imana itanga ubuzima ndetse n’ubugingo  ikindi abatanzi nababwira ko nzaza vuba tugataramana tugahimbaza Uwiteka turikumwe twese hamwe.

 Inyarwanda.com: Watubwira ibitaramo umaze kwitabira aho mubuhinde ukabiririmbamo.

 Israel Mbonyi: hewe .. ni byinshi bitandukanye .. NNC CONFERENCE, GOSPEL FESTIVAL, n’ibindi byinshi bitandukanye bitegurwa buri mwaka.

 Inyarwanda.com: Murakoze kubw’umwanya mwigomwe  mukemera kuganira na Inyarwanda.com.

 Israel Mbonyi: Yesu abahe umugisha  kubwo kuganira nanjye , mwakoze

Dushimirimana Onesphore






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • diane9 years ago
    IMANA imwongerere imbaraga numugisha mwinshi....... turagukunda indirimbo zawe ziradufasha
  • diane9 years ago
    IMANA imwongerere imbaraga numugisha mwinshi....... turagukunda indirimbo zawe ziradufasha
  • Dinah9 years ago
    Yooo.Imana iguhe umugisha Israel, kd igukomeze mu rugendo yaguhamagariye . kuyikorera nta gihombo kirimo, kd ufite umuhamagaro ukomeye turagukunda kd indirimbo zawe zose zikomeza imitima yihebye, zigasubiza imbaraga mu bugingo. mu mugi aho uciye hose nizo baba bacuranga, nange ku giti cyange ndyama arizo zirimo, nkabyuka arizo numva kugirango ntangire umunsi neza. we cant wait to praise lord with you alive. GBU
  • Kamariza9 years ago
    Imana iguhe umugisha Israel
  • MWEMA berthe9 years ago
    Uyumwana numuhanga cyane indirimboze zirapfasha cyane kuburyo na USA bazicuranga cyane munsengero cg mumodoka.imana izamugwirize impano nimigisha myinshi
  • Neza9 years ago
    Wawuhh!! Usubiza neza muhungu wange nkagukunda!! Ngo nuko uwo mwana arakura agwiza imbaraga akundwa n Imana n abantu!! Komeza ukurire kubirenge Bya Yesu
  • irabaruta vanessa8 years ago
    kbsa uranyubaka cyane indirimbo zawe zirimo amavuta ndagusengera imana ikongerere amavuta
  • Phocas8 years ago
    Vraiment indirimbo za Mbonyi ni nziza cyane ,ziratwubaka pe, komeza ujye mbere. Ni byiza turagushyigikiye.
  • JADO8 years ago
    UWO MUHANZI MBONYI AJE NEZA KOMEREZAHO TURAGUSHYIGIKIYE.
  • 7 years ago
    Nukuri urenzeho pe sinz uku nav uga unyubaka Umutima pe Courage!
  • Havyarimana7 years ago
    kuv numis music zaw numvis ko nokor ibishobok kamumnya mb mu buruni vrmnt IMANA IKUZAMUR
  • Habumungisha leonard7 years ago
    Oky mbonyi mbabarira umpe nimeroyawepe,murakoze.
  • Shalom Right Ndayikunda7 years ago
    Yego Pe!N'umunezero Mwinshi Iyo Numvirije Indirimbo Za Israel Mbonyi! Je Nd'umurundi Ariko Uburyo Nkunda Mbonyi,nta N'uwundi Muririmvyi Nkunda Nka Mbonyi!! . N'ukuri Nta Bubeshi Burimwo N'ubu Ndimwo Ndumviriza Indirimbo Yiwe"ku Musaraba"ndayikunda Cyane!
  • Enock Nzubahimana6 years ago
    Nukuri... Inyarwanda.com Imana rurema ibahe umugisha... Icyi kiganiro cyanphashije cyaaaaaaane... Byatumye menya neza cyane kurushaho unuhazi wange number 1. Kandi... Byanteye imbaraha nange mugukorera rurema. Bitangira mumikino... Bikagira umusaruro nyuma.
  • Chadrack Axel Ishimwe4 years ago
    It's true: "Imana yacu ninziza cyane ibihe byose, ikora ibiruta cyane ibyo twibwira" Brother Yesu akomeze kukwugururira, unadusengere twe batoyi bawe muri uwo murimo wa Data!
  • munyarukatu teresphore3 years ago
    nukuri nkunda indirimbo za yisiraheri imana izamukumereze impano,
  • Uwamahoro Valentine3 years ago
    Yezu niwe nzira" Israel,indirimbo zawe,zikora ku mitima ya benshi nihereyeho".Imana igukomeze mu nganzo yawe.
  • Mushaija emmanwel2 years ago
    Yesu agukomeze, kandi nange utsengere nzagere nk'aho ugeze. kuko ndi umuririmbyi mugenzi wawe ,ariko ndacyari muto mu buhanzi.
  • Mushaija emmanwel2 years ago
    Yesu agukomeze, kandi nange utsengere nzagere nk'aho ugeze. kuko ndi umuririmbyi mugenzi wawe ,ariko ndacyari muto mu buhanzi.
  • Eric2 years ago
    Imana igufashe, ikonderere imbaraga mukozi wayo!





Inyarwanda BACKGROUND