RFL
Kigali

Kigali: Umusore yafashwe n'inkongi y'umuriro ubwo yagendaga mu muhanda benshi bakeka amarozi

Yanditswe na: Editor
Taliki:29/07/2014 11:53
30


Muri iki gitondo cyo kuwa kabiri tariki 29 Nyakanga 2014, mu mujyi wa Kigali rwagati ku muhanda w’ahazwi ku izina rya Peage (Peyaji) habereye ibintu byateye benshi urujijo, umwana w’umuhungu w’imyaka 20 y’amavuko akaba yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo yari mu muhanda agenda.



Hari saa yine zirengaho iminota micye, ubwo abantu benshi babonaga uyu musore afatwa n’inkongi y’umuriro kandi nta kintu kigaragara giturutseho uwo muriro, bamwe batangira gutekereza ko uyu musore yaba yitwitse cyangwa se akaba yatewe n’amarozi, niko guhita bamwe bagira ubwoba barahunga bariruka, abashinwa bakoraga imirimo y'ubwubatsi hafi aho bo bakaba bahungabanye bakayoberwa ibyo aribyo bakarebera gusa.

Aha niho ibisigazwa birimo n'imyenda ye byakongotse

Aha niho ibisigazwa birimo n'imyenda ye byakongotse

Ibi bikimara kuba polisi yahise ihagera maze bagerageza kumuzimya, baza no kumusangana irangamuntu yemeza ko yavutse mu mwaka w’1994, hanyuma ahita ajyanwa kwa muganga bwangu kuko ubushye bwari bwuzuye umubiri wose, ubu akaba ari mu bitaro bya Kigali bizwi nka CHUK.

Inyarwanda.com iganira n’umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Sup. Modeste Mbabazi, yadutangarije ko amakuru barimo kubona ari uko yaba yitwitse akoresheje essence, n’ubwo kugeza ubu hataramenyekana impamvu yaba yatumye yitwika.

Polisi yatangaje ko uyu musore kugeza ubu byamenyekanye ko yitwa Nsengiyumva Diedonné, n'ubwo atarabasha kugarura ubwenge bikaba bigaragara ko mu byatumye yitwika harimo no kuba yari yafashe ku biyobyabwenge n'inzoga, ibi bikaba byatangajwe n'umuvugizi wa Polisi ku rwego rw'igihugu Damas Gatare.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    Yampaye inka data
  • bazirete joyeuse9 years ago
    Rwanda ukeneye imana,mana tabara urwanda rwacu
  • Franchizo di Maria9 years ago
    ibi se kandi nibiki koko????!!!!!
  • Cedo imfura9 years ago
    Uwo muhungu ndumvange ari umusazi
  • nathan9 years ago
    Hakorwe ubushakashatsi buhagije kuko hari ubwoko bwumubiri bufata umuriro bitewe nuruhu nibindi bigize umubiri wumuntu. Hari Ahandi byagiye biba abantu gufatwa ninkongi yumuriro ari munzu, mubwato, etc.
  • 9 years ago
    Abantu mugomba kujya mugenda ibyuma byagenwe kuz8mya umwoto
  • shyaka verdique9 years ago
    ngayonguko isi irashajepe gusandabona imperuka ihereye ikigali
  • 9 years ago
    Barebe neza uyo muhungu niba ajya atumura itabi kuko ashobora kuba yarisutseho essence kumwenda kugirango ajye akurura gake gake kakamuyobya ubwenge hanyuma akibagirwa akatsa ikibiriti ashaka gutumura agatabi
  • EMMY 9 years ago
    NONESE IYO PETERORE BAYIHASANZE
  • PFLA9 years ago
    Cyangwa yari yasinze
  • 9 years ago
    Nibihebyimperuka
  • Kelly MBARAGA9 years ago
    UWIYISHE ntaririrwa?none tubigenze ute mana?none se mukumushingura bazamusengera?
  • Kelly MBARAGA9 years ago
    UWIYISHE ntaririrwa?none tubigenze ute mana?none se mukumushingura bazamusengera?
  • didier9 years ago
    isi igeze aharimuka pe
  • NSENGIYUMVA9 years ago
    arikose uwomusore yarafite ikibiriti cg esanci
  • dodos9 years ago
    ari CHUK, inyarwanda muzajye kumutubariza ibyamuteye ibyaribyo.
  • HABYARIMANA9 years ago
    Ese uwo musore baba baramusanga nye ikibiriti cg esanci?
  • SHEMA TRESOR9 years ago
    Biratangaje cyane uburyo umuntu ashya ku manywa yihangu sibyunvikana uburyo umuntu ashya nta kimutwitse kigaragara
  • JIR9 years ago
    atuye ubundi muri kigali cya?yakoraga muri KIGALI
  • JIR9 years ago
    atuye ubundi muri kigali cya?yakoraga muri KIGALI





Inyarwanda BACKGROUND