RFL
Kigali

Ibintu 15 bizakwereka umugabo w'umukristo ukunda umugore we urutagira uburyarya

Yanditswe na: Editor
Taliki:22/01/2018 12:34
2


Mu gihe ingo nyinshi zikomeje gusenyuka biturutse ku makimbirane hagati y’abashakanye, aho ahanini aterwa no kuryaryana hagati yabo, tugiye kubagezaho ibintu 15 umugabo ukunda umugore we urutagira uburyarya akwiriye kuba yujuje.



Nubwo muri iyi nkuru harimo ingingo buri mugabo ukunda umugore atamuryarya akwiriye kuba yujuje, inyinshi muri zo zirareba cyane abagabo bakijijwe. Dr Robert Lewis yanditse ibintu 25 biranga umugabo utaryarya umugore we, ariko twe twabahitiyemo ibintu 15. Ibyo bintu 15 ni ibi bikurikira:

1. Ashyira umugore we mu mishinga yabo y’ejo hazaza

2. Agira umutima wo guca bugufi no gusaba imbabazi umuryango we aho biba bitagenze neza

3. Aganira n’umugore we ku nshingano z’urugo ndetse bakazigabana mu bwumvikane

4. Asaba umugore we inama n’inyunganizi ku ikoreshwa ry’umutungo wabo

5. Abwira umugore we ibintu amukundira

6. Arangwa no kwitegura/kudatungurwa n’ibihe urushako rwabo ruzacamo ndetse n'ibihe by'ubukure abana babo bazacamo

7. Agira gahunda ihamye yo gusohoka hamwe n'umuryango wose

8. Ashishikariza umugore we gukura akaba umuntu wihagije

9. Asengana n’umugore we mu gihe gihoraho biyemeje

10. Afata umwanya akerekera abana be imirimo inyuranye y'ubuzima busanzwe

11. Yemerera Umwuka Wera akaganza mu rugo rwabo

12. Yubaha umugore we imbere y’imbaga

13. Aha umwanya umugore we agakora ibifite inyungu ku giti cye

14. Asobanurira buri mwana wabo ubuzima bw’imyororokere

15. Agira itsinda ry’abagabo abarizwamo akajya abigisha iby’Umwuka Wera

Src: Charismanews






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Umwari6 years ago
    Izi ngingo zihuye n'umugabo uboneye koko ahubwo mbona haringo nyinshi ziri kubuce nasomye iyi nkuru,umugore ufite umugabo wujuje ibi aba ari ntamakemwa nukuri,mugihe narebye ngasanga uwange ntanakimwe yujuje!nugutabarwa n'Imana nukuri.
  • vany6 years ago
    yooh ihangane muvandi .gusa umusengere ntakintu nakimwe kibasha kunanira Imana.kabone n'imisozi irayimura.iyo umugabo atujuje izi ndangagaciro ntabwo urugo rutera imbere kabone niyo mwaba mwinjiza amafaranga angana gute.





Inyarwanda BACKGROUND