RFL
Kigali

Bugingo Emmanuel yamuritse igitabo yise “Gusimbuka urukiramende”

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:31/07/2015 11:06
0


Kuri uyu wa kane tariki ya 30 Nyakanga 2015, nibwo hashyizwe ku mugaragaro igitabo cyitwa Gusimbuka Urukiramende cyandiswe na Emmanuel Bugingo, aho yibanze ku muco warangaga abanyarwanda muri siporo.



Mu kiganiro twagiranye na Emmanuel Bugingo akaba ari umuyobozi muri minisiteri y’umuco na siporo ariwe nawe wanditse  iki gitabo  Gusimbuka urukiramende yasomanuye imvo n’imvano y’iki gitabo cye, mu magambo ye yagize ati:

Iki gitabo kirimo ibice bibiri, igice cya siporo n’igice cy’umuco murabizi ko mu muco wa kera abanyarwanda batozwaga kubyina kuko habagaho imyitozo ngororangingo barasimbukaga kubera ko gusimbuka byari umuco kandi byafashaga abantu gusimbuka urukiramende kuko gusimbuka urukiramende ni umukino mpuzamahanga.  Njya kwandika iki gitabo nagendeye ku muco wa kera warangaga abanyarwanda kuko umuco warangwaga n’imyemerere, imyambarire n’ibindi. Kera mu Rwanda rwo ha mbere umuntu wabaga indashyikirwa mu gusimbuka umwami yajyaga amugororera.

Bugingo Emmanuel

Iki nicyo gitabo cyamuritswe na Bugingo Emmanuel

Yakomeje ashishikariza abantu gukora siporo yo gusimbuka urukiramende kuko byahozeho kera kandi akaba ari siporo mpuzamahanga. yagize ati : Uyu munsi dufite abirukanka n’abagendera ku magare ariko turashaka no gushyiraho iyi siporo yo gusimbuka urukiramende kuko ari siporo mpuzamahanga.

Bugingo Emmy

Bugingo Emmanuel(ibumoso) hamwe na bamwe mu bari bamuziye mu muhango wo kumurika igitabo

Iki gitabo cya Bugingo Emmanuel kiri mu rurimi rw’igifaransa n’icyongereza kikaba kigura amafaranga ibihumbi 20(20.000Frw).

Igitabo

Mu kumurika igitabo cye hari abanyamahanga benshi

Twahirwa Aimable

Aimable Twahirwa(ibumoso) nawe yari yitabiriye uyu muhango

Bugingo Emmanuel

Uwo muhango witabiriwe n'abantu batari bake






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND