RFL
Kigali

Theo Bosebabireba ngo ntakirya ku manywa kubera gufungwa kwa Bishop Tom Rwagasana -Ibintu 5 amushimira

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:10/05/2017 19:11
18


Mu gihe Bishop Tom Rwagasana umuvugizi wungirije wa ADEPR amaze iminsi itandatu mu gihome ashinjwa kunyereza umutungo wa ADEPR, umuhanzi Theo Bosebabireba avuga ko ari mu gahinda kubera gufungwa kwe.



-Bosebabireba ari mu gahunda kubera gufungwa kwa Bishop Tom

-Bosebabireba amaze iminsi atarya kumanywa kubera gushavuzwa n'ifungwa rya Tom

-Bosebabireba afite ibintu 5 ashimira Bishop Tom

-Bosebabireba arasaba abakrito ba ADEPR kwishyura amafaranga Tom ashinjwa kunyereza

-Bosebabireba avuga ko atari byiza ko abakozi b'Imana bagaraguzwa agati

Bishop Tom Rwagasana afunganywe n’abandi bayobozi 5 bo muri ADEPR, bakaba bakurikiranyweho kunyereza umutungo w’itorero rya ADEPR ndetse kuri uyu wa 9 Gicurasi 2017 ni bwo bashyikirijwe ubushinjacyaha.Theo Bosebabireba, yavuze ko satani ari umugome kuko yabateze imitego, bamwe bakayigwamo. Mu kiganiro na Inyarwanda.com Bosebabireba yavuze ko afite agahinda gakomeye. Yagize ati:  

"Mfite agahinda gakomeye cyane kuko aba ni bo batumye tujya gufungura itorero i Bugande kandi tumeze neza, abagande barimo gukizwa kubwinshi. Sinejejwe n'ibyabaye ku bayobozi banjye nakundana. Burya ubuyobozi bwose bushyirwaho n'Imana. Hari ibintu bigera kuri bitanu ubuyobozi bwa Bishop Sibomana na Tom bwahinduye muri ADEPR. " Theo Bosebabireba yavuze ko satani ari umugome kuko ahora atega abantu imitego, ati: 

Burya Satani ni umugome aba agira ngo atuyobye ubu se bagufungira umubyeyi ukirirwa ubyina cyangwa wakwirirwa urira. Mugire icyo mubivugaho abo bakozi b’Imana bakoreye Imana, satani abatega imitego bamwe basimbuka uko bashoboye, umuntu wese uzavuga nabi Tom (Bishop Tom) akavuga nabi abakozi b’Imana azanyitondere kuko njyewe nshigikiye Imana yabahamagaye, Haleluya (Imana ishimwe).

Theo Bosebabireba yavuze ibintu bitanu ashimira ubuyobozi bwa Bishop Tom na Bishop Sibomana yagize ati:

Ibintu mbakundira byagera no ku 10 ariko reka mvuge bitanu. Kuva bano bayobozi bajyaho, ni bwo ku nsengero zose za ADEPR hashyizwe ahagaragara urutonde rw’abantu bazizie Jenoside yakorewe abatutsi, icyo ni ikintu gikomeye cyane kuko abandi batari baragikoze. Icya kabiri ni ukuntu baguye amarembo bagafungura amatorero hanze y’u Rwanda, bajya mu Bugande, kandi ibintu biri kubera mu Bugande nkanjye ugenda mu byaro, hamaze kugera insengero nyinshi, ibyo ni ibintu bakoze. Nta n’uwamenya niba icyo gihombo bataragitewe n’uko kwitanga bagura umurimo w’Imana.

Bosebabireba arasaba abakristo ba ADEPR kwitanga bakishyura umutungo Bishop Tom ashinjwa kunyereza yagize ati:

Ikindi kintu nabakundiye bagerageje kuzana amaraso mashya mu murimo w’Imana, abantu b’abasore babaha ubupasitori. Ni bwo bwa mbere ku ngoma yabo, habayeho pansiyo (ikiruhuko cy’izabukuru). Ukurikije njyewe ibyo numva babashinja, hanyuma nkashingira no kubyo bakoze, ibyo babashinja umuntu yabyihanganira, tugashaka ukuntu tubigarura kuko ni twe maboko y’itorero, niba harabayeho igihombo tukacyigaho ariko ntabwo ari byiza ngo abakozi b’Imana babagaraguze agati. Njye ntabwo byanshimishimije ku ruhande rwanjye, ni ibintu byambabaje, ubu natangiye kwiyiriza ubusa kuva nabimenya, ubu ndi kubasengera. 

Umuhanzi Theo Bosebabireba ubarizwa mu itorero rya ADEPR ndetse akaba arimazemo imyaka 22, ni umwe mu bahanzi bahiriwe cyane n’ubuyobozi bwa Bishop Tom na Bishop Sibomana dore ko mu gihe bamaze bayobora iri torero ry'abanyamwuka, Bosebabireba yagiye ahura n’ibyo we yita ibigeragezo agahagarikwa na komite y'abahanzi bo muri ADEPR ariko aba bayobozi barimo na Bishop Tom Rwagasana uri mu gihome, nyuma yaho bakamubabarira bakamuha uburenganzira bwo kuririmba muri ADEPR hose mu Rwanda no hanze yarwo.

Icyo gihe mu byo Bosebabireba yashinjwaga harimo kunywa inzoga, gutera inda, ubwambuzi n'ibindi. Ibi ariko we yarabihakanaga akavuga ko ari ukumusebya. Kuri ubu Bosebabireba avuga ko nta muntu ukwiye kuvuga nabi Bishop Tom kimwe n'abandi bakozi b'Imana kuko ngo ashyigikiye Imana yabahamagaye. Mu kiganiro na Inyarwanda.com, Theo Bosebabireba yavuze ko ibyo ashimira Bishop Tom na biro nyobozi ya ADEPR ntaho bihuriye n'ibyamubayeho kuko abamuhagaritse ngo batanze raporo mu buyobozi hejuru, hanyuma hakabura ibimenyetso bagasanga arengana. 

Image result for Bishop Tom Rwagasana amakuru

Bishop Tom Rwagasana amaze iminsi 6 mu gihome

Image result for Theo Bosebabireba amakuru

Umuhanzi Theo Bosebabireba arasaba abakristo ba ADEPR gukusanya amafaranga bakishyura ayo Tom ashinjwa kunyereza.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mukashyaka mariam6 years ago
    ahubwo bakoreye satani arabahebye
  • PASS6 years ago
    NGO NTAKIRYA KU MANYWA?! WAPFUYE SE!
  • zuma6 years ago
    hhhh uyu nawe byaramucanze ! cg nawe ayo bibaga bamuhaga bagasangira? uyu mupagani se wirirwa atera abakobwa babandi amada murumva ikindi yavuga kitari ugushyigikira amafuti yabo bayobozi ari ikihe? yashyizwe inyuma yi torero yasambanye Tom aramugarura ubwo niyo mpamvu agishaka kumucinyaho inkoro ariko ubuyobozi bwacu iyo urya utwabandi bugomba kubikuryoza
  • 6 years ago
    ndumva kunyereza umutungo ntabunyangamugayo.uwo Theo azirengero ryayo
  • ZR6 years ago
    Avuze ubusa gusa
  • Benjamin6 years ago
    Imvugo ya Bosebabireba irashekeje!!! Ntawe unejejwe n'uko bafunze, nibayagarure ubundi be mere icyaha basabe imbabazi. Ubundi kdi Imana niyo yimika kdi ikanimura!!!
  • Rwema6 years ago
    Bosebabireba wa ndyarya we! Mbona ibyinshi ubivuga ugamije kumenyera! Aba bagabo ntawakwerura ngo avuge ko nta kiza bakoze, ariko ibibi byabo ntibibarika! Reka dutegereze ubutabera ni bwo buzagaragaza ukuri
  • Prince6 years ago
    Hhmhmhmhm Theo uzashakire HIT Ahandi aho harahanda. Ikindi ukwiye kumenya ni uko kuba yarakoze byiza nibyo koko yarabikoze, ariko Kubaka inzu nziza ariko ifite Faudation ifashe mu musenyi, Iyo nzu ntacyo iba Imaze bidatinze irasenyuka. Anyaway Nawe Inama nakugira Ukwiye kumenya uwo uriwe Umenye Ko watangiye Neza ugakora Umurimo ukomeye Uzirinde gusoza Nabi kuko Nari umugabo ntijya ihabwa Intebe.
  • Isirikoreye6 years ago
    Eh Eh Eh Theo ngo abakirisitu bishyure ibyo Tom yanyrereje!!! Ntabwo turi ba Simon Petero be ngo tumutwaze umusaraba!!! Wowe yahayeho ngaho mufashe uwumwikorerere nabandi yagabiye unupasitor batabikwiriye bacinye inkoro....nimumufashe kuwikorera wa!!!
  • Israel6 years ago
    Yewe ibyo uwo muhanzi yavuze namarangamutima ye pe,icyakwereka ko hari abari bamaze hafi 3ans batarya kubera bariya bagabo ,nonubu babonyagahenge,bariya Saba pastor nibisambo ,baje kwishakira indamu gusa,Reka bahanwe gusa ,Haracyari ibihumbi byinshi bitarapfukamira bayari ,humura Umurimo suwa Tom na sibomana ahubwo nuwa Yesu
  • Narumiwe 6 years ago
    Ntakindi Theo yavuga ngo ntakirya, aramaze impamvu ahangayitse nuko aribo bamukingiraga ikibaba yateye abakobwa amada ntahagarikwe. Imana ntinegurizwa izuru umurimo wayo irawufuhira niyo yivugiye it, ibyo urabikora nkakwihorera uribwira ko mpwanye nawe igihe kiragera ikakugaragaza ahubwo dukorere iyi mana tuyubaha ark tunayitinya. Ngo ntakirya, ari gusenga se nibura?
  • patrick6 years ago
    yabivuze yasinze kuko nawe ntabwo arimuzima kuko numusinzi wumusambanyi
  • Mimi6 years ago
    Theo ibi wakoze babyita fanatism. Fanatism rero yo kujya mufana abakozi b'Imana bamwe bigatuma mutareba no mu ijambo ry"Imana ahubwo mugafana umuntu w'inyama n'amaraso ni bibi cyane ntibikwiye intore za Kristo. Niba umugambi waguhagurukije ari ukugirango uzajye mu ijuru, zirikana ko ijuru ritwaranirwa nk'uko wabiririmbye. Ubundi uwo mufatanyije urugendo ukwiye kumucyaha no kumucyebura igihe cyose ubona yatandukiriye agasohoka muri ya nzira. Rero koko iyo biba byiza ibibazo by'itorero byagacyemukiye mu itorero mu bizera ariko nyine iyo banze kumva kugeza ubwo leta ibyinjiramo nta kundi ni ukwihanganira kwakira izo ngaruka. Ndibwira neza ko ubutaha bizatanga isomo abayobozi ntibongere kujya bigira ba hatari ahubwo bakibuka ko ijambo ry'Imana ribasaba kuba abagaragu b'abo bashumbye
  • king ukuri6 years ago
    ushyigikira Imana uri nkande Theo ?
  • Kamari6 years ago
    "Gupfusha ubusa igihe n'ibitekerezo byacu ni icyaha .Buri kanya kose gakoreshejwe mu mugambi wo kwikunda kaba kazimiye. Ngaho buri mukristo nasabe Imana kumuyobora mu gukoresha igihe,amafranga n'imbaraga ze."(Yakobo 1:5) Ministère de la guérison p.178
  • JOSEPH6 years ago
    israel UVUZUKURI UMURIMONUWI MANA SUWA TOM WAGIRANGO ABAYABUZIBYO AVUGA
  • Teddy6 years ago
    Ubu ntamukiristo ubaho bose bakurikira amafranga ndetse nubutegetsi.
  • dusingize eugene6 years ago
    Na Theo koko yarabihanuye ati milion zamadorari zarahunutswe akongerango kubitutababarira





Inyarwanda BACKGROUND