RFL
Kigali

Rutsiro:Byari bishyushye mu giterane Arise Rwanda Ministries yatumiyemo Israel Mbonyi, Dinah na Bosco Nshuti-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:22/04/2018 13:57
0


Israel Mbonyi umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu muziki wa Gospel avuye i Rutsiro mu giterane yatumiwemo na Arise Rwanda Ministries ku bufatanye na Empty Tomb Ministries. Ni igiterane cy'iminsi ibiri kiri kubera mu murenge wa Boneza mu kigo cya Segonderi cya Kivu Hills Academy.



Usibye Israel Mbonyi, hatumiwe kandi na Bosco Nshuti wari kumwe n'abaririmbyi babiri b'abakobwa. Bosco Nshuti yishimiwe cyane mu ndirimbo 'Ibyo ntunze'. Korali Bethlehem y'i Rubavu muri ADEPR yitabiriye iki giterane ku munsi wacyo wa mbere. Israel Mbonyi yatumiwe ku munsi wa nyuma w'iki giterane, ni ukuvuga kuri iki Cyumweru tariki 22 Mata 2018, ahagana isaa Sita z'amanywa akaba ari bwo yageze ahari kubera iki giterane aho yari kumwe n'itsinda ry'abantu 9 barimo abacuranzi batanu n'abaririmbyi batatu (abakobwa babiri n'umuhungu we) ukongeraho na Justin usanzwe ari umu Protocol we. Akihagera benshi bishimiye kumubona, baranifotozanya.

Arise Rwanda Ministries

Abantu bari bitabiriye ku bwinshi

Benshi mu bari muri iki giterane biganjemo urubyiruko, wabonaga bafite amatsiko yo gutaramana na Israel Mbonyi na cyane ko yageze kuri stage ukabona barushijeho kwishima cyane. Igiterane cyatangiye isaa Saba z'amanywa kiyoborwa n'umuvugabutumwa Darius Rukundo ari nawe muhuzabikorwa w'iki giterane. Saa munani z'amanywa ni bwo Israel Mbonyi yageze kuri stage aririmba indirimbo ze zinyuranye zirimo; Uri number One, Sinzibagirwa, Ndanyuzwe, Ku marembo y'ijuru, Hari ubuzima, Nzi ibyo nibwira n'izindi. Benshi bizihiwe cyane dore ko bwari ubwa mbere bamubonye amaso ku maso. 

Arise Rwanda Ministries

Israel Mbonyi mu giterane mpuzamatorero yatumiwemo i Rusizi

Pastor John Gasangwa umuyobozi wa Arise Rwanda Ministries yateguye iki giterane ku bufatanye na Empty Tomb Ministries, yahanuye ko ububyutse bugiye guhera i Boneza muri Rutsiro bugakwira mu Rwanda hose ndetse no ku isi hose. Ibi yabitangaje akomeje ndetse ashimangira ko ibyo avuze ari ubuhanuzi, yungamo ko ubwo bubyutse butangiriye i Boneza tariki 22 Mata 2018. Pastor John Gasangwa yahise yakira Pastor Bob amushimira kubw'akavuyo gatagatifu yazanye muri Boneza. Yashimiye by'umwihariko Pastor Greg na Pastor Bob kubw'ivugabutumwa bakora bitanze.

REBA MU MAFOTO UKO BYARI BIMEZE

Arise Rwanda MinistriesArise Rwanda MinistriesArise Rwanda MinistriesArise Rwanda Ministries

Igiterane kiri kubera haruguru gato y'ikiyaga cya Kivu

Arise Rwanda MinistriesArise Rwanda MinistriesArise Rwanda MinistriesArise Rwanda MinistriesArise Rwanda MinistriesArise Rwanda Ministries

Hari abakozi b'Imana baturutse mu matorero atandukanye

Arise Rwanda Ministries

Barimo gukurikira igiterane banasoma amakuru ku Inyarwanda.com

Arise Rwanda Ministries

Bosco Nshuti hamwe n'abaririmbyi yavanye i Kigali

Bosco

Bosco Nshuti kuri stage

Arise Rwanda Ministries

Israel Mbonyi kuri stage hamwe n'abaririmbyi yavanye i Kigali

Arise Rwanda Ministries

Inkweto Israel Mbonyi yajyanye i Ritsiro

Arise Rwanda Ministries

Arise Rwanda MinistriesArise Rwanda MinistriesArise Rwanda Ministries

Arafata amashusho y'urwibutso ubwo Israel Mbonyi yari kuri stage

Arise Rwanda Ministries

Ev Darius na Justin umu Protocol wa Israel Mbonyi bizihiwe bikomeye

Arise Rwanda Ministries

Justin (ibumoso) yitegereza uko Israel Mbonyi aririmba

Arise Rwanda Ministries

Ev Darius Rukundo yatunguwe na Israel Mbonyi n'abari mu giterane bamukorera ibirori by'isabukuru

Arise Rwanda Ministries

Arise Rwanda Ministries

Dinah Uwera yakoze akazi gakomeye i Rutsiro,...ijwi rye ryatangariwe

Arise Rwanda Ministries

Arise Rwanda Ministries

Bumvaga akayaga keza gaturuka mu kiyaga cya Kivu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND