RFL
Kigali

RGB yavugutiye umuti usharira abanyamadini batize Tewoloji n'abakorera mu nyubako mbi, insengero nyinshi zigiye gufungwa-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:20/02/2018 9:26
16


Kuri uyu wa Mbere tariki 19 Gashyantare 2018 Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwagiranye ikiganiro n’abanyamakuru hasobanurwa byinshi bigiye gukorwa kugira ngo imikorere y’amadini n’amatorero irusheho kujya mu murongo wubahiriza amategeko ukanatuma amadini n’amatorero arushaho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.



Umuyobozi w'Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) Prof Shyaka Anastase yabwiye abanyamakuru ko kuva tariki 1 Werurwe 2018 hari amabwiriza mashya areba amadini n'amatorero azatangira gushyirwa mu bikorwa. Aya mabwiriza agiye gutangira kubahirizwa nyuma yo kuyaganirizaho abanyamadini mu kiganiro RGB yagiranye nabo mu minsi micye ishize.

Nk'uko Prof Shyaka Anastase yabitangarije abanyamakuru, aya mabwiriza akubiye mu itegeko rishya rya RGB rigenga amadini n'amatorero, akaba ari itegeko bavuguruye ryari rimaze imyaka itanu. Aya mabwiriza ngo yagiyeho nyuma y'ubusabe bw'abanyamadini benshi basabye RGB ko yareka kubafata nk'abatagatifu ahubwo nabo bakitabwaho nk'abandi bose na cyane ko muri bo (abanyamadini) harimo abica nkana ababwiriza n'amahame agenga amadini n'amatorero akorera mu Rwanda.

Prof Shyaka Anastase

Prof Shyaka Anastase aganira n'abanyamakuru/ Foto; Niyonkuru Eric

Prof Shyaka Anasatse yavuze ko ubusanzwe amadini n'amatorero yo mu Rwanda hari imiryango abarizwamo, gusa ngo wasangaga iyo miryango itubahiriza inshingano zayo zo kuyagenzura kuko bitabuzaga bamwe mu banyamadini gukora amakosa. Prof Shyaka Anastase yashimiye byimazeyo amadini n'amatorero ku ruhare rwabo mu iterambere ry'igihugu, gusa avuga ko hari ibyo bakwiriye kunoza kugira ngo rwa ruhare rwabo rurusheho kujya ku rundi rwego. 

Abapasiteri batize Tewoloji akabo kashobotse

Prof Shyaka Anastase yavuze ko buri mwuga wose uba ugomba gukorwa mu buryo bw'umwuga, uwukora akaba afite ubumenyi kuri wo. Yavuze ko atiyumvisha ukuntu umuntu abyuka akitwa pasiteri, Bishop, Apotre,.. nyamara atarabyigiye mu gihe haba hari amashuri yigisha amasomo yabasha gufasha abantu nk'abo. Nubwo uyu mwanzuro uzasharirira abanyamadini benshi, ku rundi ruhande RGB isanga bazabyungukiramo cyane ko nibaramuka bagiye kwihugura mu bya Bibiliya, bizagabanya cyane inyigisho z'ubuyobe zikunze gutangwa n'abapasiteri baba barimo kubwiriza mu nsengero n'ahandi.

Yavuze ko kugira ngo ube Padiri hari ibisabwa, kugira ngo umuntu abe Musenyeri nabwo hari ibyo asabwa bityo ngo n'abapasiteri cyangwa se abanyamadini bakwiriye kuba hari ibintu bujuje na cyane ko bo bafite umwihariko wo kuvura roho z'abantu. Ibyo abanyamadini basabwa ntabwo Prof Shyaka yabiciye ku ruhande ahubwo yavuze ko bagomba kuba barihuguye mu mashuri yigisha ibijyanye n'iyobokamana (Tewoloji). Yabibukije ko n'umuntu uvura amatungo aba agomba kwihugura.

Abafite inyubako mbi n'abasenga basakuriza abaturage,...bagiye gufungirwa

Ikindi kigiye gushyirwamo imbaraga nyinshi na RGB ku bufatanye n'inzego z'ibanze ni ukureba insengero zikorera mu nyubako mbi zitujuje ubuziranenge, izo nyubako zigafungwa. Gufunga izi nyubako ngo nta kindi bizaba bikorewe usibye kugira ngo hubakwe insengero zijyanye n'igihe, ni ukuvuga zifite isuku ihagije, zidateza urusaku igihe abakristo barimo gusenga.

Prof Shyaka Anastase yatanze urugero avuga ko biteye agahinda kubona urusengero rusengerwamo n'abantu benshi cyane, nyamara abakristo batabasha guhumeka, rimwe na rimwe ugasanga hari insengero zidafite ubwiherero,....Ku bufatanye n'inzego z'ibanze, RGB ikaba igiye gufunga izi nsengero guhera tariki 1 Werurwe 2018. Insengero zishobora gusoma kuri uyu muti usharira wa RGB ziragera ku 1000 kimwe nuko zishobora kurenga.

Ibi biremezwa nuko RGB ivuga ko insengero zikora zidafite ibyangombwa zigera hejuru ya 700, kandi hari izo usanga zifite n'amashami hirya no hino. Uwabimburiye abandi mu gusoma kuri uyu muti ni Bishop Rugagi wafungiwe urusengero rwe Redeemed Gospel church rwakoreraga mu gikari cyo kwa Rubangura bitewe n'urusaku rukabije rwabangamiraga abaturiye uru rusengero.

Abigisha inyigisho z'ubuyobe n'abangisha abakristo gahunda za Leta nabo bagiye guhagurukirwa,..

RGB yatangaje ko abigisha inyigisho zangisha abanyarwanda gahunda za Leta nabo bagiye guhagurukirwa bagafungirwa amayira banyuzamo izo nyigisho. Hatanzwe urugero ku banyamadini bangisha abenegihugu ibirango by'igihugu cyabo, abigisha ko nta mukristo ukwiriye guhabwa amaraso kwa muganga,...Abandi bavugutiwe umuti ni abafite imiyoborere mibi hagati muri bo, abahora mu makimbirane ashingiye ku mutungo w'itorero no ku bindi bitandukanye. 

Kugeza ubu amadini n'amatorero afite ibyangombwa biyemerera gukorera mu Rwanda aragera kuri 734, gusa RGB yabwiye abanyamakuru ko mu bushakashatsi yakoze yasanze abakora batariyandikishije ni ukuvuga abadafite ibyangombwa baruta kure abafite ibyambombwa bitangwa na RGB. Kuri ubu ikigiye gukorwa ni uko abadafite ibyangombwa bitangwa na RGB bagiye gufungirwa bakabanza bakabishaka.

Ibisabwa ku matorero n'amadini kugira ngo abe yujuje ibyangombwa biyemerera gukora, Inyarwanda.com tugiye kubagezaho ibyatangajwe n'ubuyobozi bw'akarere ka Nyarugenge kamwe mu turere tugize umujyi wa Kigali. Ibi bivuze ko itorero cyangwa idini rikorera muri aka karere rizaba ritujuje ibi tugiye kuvuga rizajya rifungwa. Ibyo bisabwa ni ibi bikurikira:

-Kuba itorero cyangwa idini rifite icyangombwa gitangwa na RGB.

-Kuba itorero cyangwa idini rifite icyemezo cy'ubuyobozi bw'akarere. 

-Kuba itorero cyangwa idini risengerwamo riri k'ubuso bungana na 1/2 cya Hectare

-Kuba itorero cyangwa idini ridakorera mu nzu yagenewe guturwamo

-Kuba itorero cyangwa idini rifite ubwiherero buhagije, byibura 2 bw'abagabo na 2 bw'abagore

-Kuba itorero cyangwa idini rifite Parking

-Kuba itorero cyangwa idini rifite greening na pavement

-Kuba itorero cyangwa idini ridasengera muri tente/shiting/apartment

-Kuba itorero cyangwa idini rifite sound proof (ku nsengero zegereye ingo z'abaturage)

-Kuba itorero cyangwa idini rifite inyubako yuzuye kandi ifite ibyangombwa byo gukorerwamo (Occupation permit)

-Kuba itorero cyangwa idini rifite uburyo bwo gufata amazi no gucunga imyanda

REBA HANO IKIGANIRO RGB YAGIRANYE N'ABANYAMAKURU

                                                                                                                                                                                                                            






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nina6 years ago
    Imisigiti abariyo muheraho kuko baratujengereje UBA wiryamiye ukumva batangiye guhebeba
  • Lou6 years ago
    @ Nina ntago bikwiye ko watuka abantu kabone nubwo mutaba muhuje imyemerere, ntago aribyo rwose! Ese n'imbuto ki waberera niba uri umukristo cg utagira aho abarizwa?Kubana kwiza no kubahana muri byose ubikunze utabikunze birafasha. ese utekerezako ibyawe byose bikundwa, ariko barabikubahira ntibakugereranye nitungo. Rwose mubo watutse ntago narimo,ariko ndaguhugura kugirango wige kwihangana no KUBAHA!!
  • Hhh6 years ago
    Nina we uranyishe imbavu ziranyishe hahahaha
  • Hassan6 years ago
    NTAWE UTANGA ICYO ADAFITE!!RERO NINA MWIMURENGANYA UBWO NIBWO BURERE AFITE.
  • 6 years ago
    Nina, Please Discipline
  • KAMANA6 years ago
    Nagirango nunganire Prof.SHYAKA.Ntabwo kubwiriza ijambo ry'imana bisaba kuba warize Theology.Imana isaba Umukristu Nyakuri wese kujya mu nzira no mu ngo z'abantu,akabwiriza UBWAMI bw'imana nkuko Yesu n'Abigishwa be babigenzaga.Ahubwo mukwiye gukuraho amadini yose arya amafaranga y'abantu binyuze ku CYACUMI,kuko Yesu yadusabye "gukora umurimo w'imana" ku buntu (Matayo 10:8).Naho ubundi,yaba Yesu,Pawulo,Petero,Yohana,etc...nta numwe wize Theology.Nyamara nibo banditse BIBLE,kandi nawe Prof.SHYAKA urayitunze.None se uzayijugunya kuko yanditswe n'abantu batize Theology??? Mbabarira unsubize.Ikindi kandi,menya ko muli Theology batigisha Bible.Urugero,idini nsengeramo,dufite abantu bahoze ari Abapadiri benshi,hamwe n'abize muli Seminari Nkuru.Nyamara tubanza kubigisha Bible kandi tutarize Theology.Abize amashuli ya Theology,bigamo amasomo nka Mariology,Canon Law,Echatology,etc...Akenshi usanga "bapinga" ibyo Bible yigisha.Urugero,Abapadiri bose bigisha ko ADAMU atabayeho.Ngo ni ikigereranyo (Imaged Story).
  • Karugaba6 years ago
    People try to behave
  • ubusa6 years ago
    Ariko NINA muramuhora ubusa! Ntihagire ivangura rikorerwa amadini. Abo na bo babafatire ingamba pe! None se ko ibyo bavuga atabyumva, ko atari ikinyarwanda, abigereranyije n'ihebeba ry'ihene nyine! Baretse kubimushyira mu matwi ubundi, bamusakuriza kubera iki ko atari umuyoboke wabo! Bagiye bakoresha reveils za telephone! Uzi abantu bagukura mu gitotsi cyo mu rukerera bakubwira iby imyemerere yabo utabasabye. Uuuh
  • CHRIS6 years ago
    IMANA IKUBABARIRE KUKO NAWE SI WOWE, AHUBWO NIBIKURIMO.
  • ASAFU6 years ago
    BAYOBOZI RWOSE TURABASHIGIKIYE GUCAKAVUYO NIKIMENYANE MUKWIMIKABASHUMBA MUMADINI AHO WASANGAGA REV,BISHOP.EV,ATARABYIGIYE BYADUKOZAGA ISONI TWABAKRISTO AHO UMUBAZICYUDASOBANUKIWE AKAKUBWIRA NGO SENGA UMWUKAZABIKUBWIRA IGIHE CYUBUSWA TUBISEZERERE BURUNDU
  • KAMANZI6 years ago
    Ndibutsa Kamana ko lnshingano yokuyobora itandukanye no kwigisha ijambo ryimana uzigufata abantu 2000 icyigo cyamashuri,compassion,nindimishinga,ukabiha umuntutazi gusoma no kwandika ngonabiyobore harubujiji butarubwo?
  • MUGABE6 years ago
    Ngensengera muri ADEPR rwose uyumwanzuro ushigikiwe nabenshi usanga Abayobozi batize barangwa nibibikurikira: 1,kutigirira ikizere, 2,igitugu niterabwoba, 3,kurwanyabize 4,gukundifaranga no gusahura lmitungo 5,gucamo abantu ibice, Imana ishimwe Twizeyeko Amakimbirane yahoraga mwitorero ryacu,ko ageze kwiherezo
  • DAFOROZA6 years ago
    Tubitezamaso ese byashoboka?ko ababayobozi batize bazabatubwirako harinzira biba byaciyemo uyumuyobozi wafashe uyumwanzuro mumusengere Imana imuhe imbaraga zo gushiramadini kumurongo muzima Ntabwo ibyimana aribyo byakomeza gukorwa mukavuyo uyumuyobozi niwe ubaye intwari nka Costantine wu RWANDA
  • DIACON6 years ago
    Dufite abayobozi bazi kwitegereza maze iminsi nsoma izinkuru kumbugazitandukanye coment zose zirashigikira uyumwanzuro nange nje nvugako uje gucyemura ibibikurikira 1,guca akajagali kamadini 2,amacakubiri 3.gukeneshabayoboke kubwitekamitwe ryari mumadini 4,kurwanirimyanya 5,RGB izaruhuka ibibazo byamadini (ADEPR)nibindi
  • EVANGELISTE6 years ago
    Bayobozi Bacu ADEPR Ntimureba ingorane duhuye nazo kumpanvu zatewe nabayobozi 1-habayeho gushinga imidugudu myinshi namaparuwase kubwo gushakira inshuti zabo akazi batitaye kumurimo 2,Bimitse abashumba hatitawe kubushobozi none irihurizo murariva imbere mute?nimukore kigabo mutitaye kukimenyane musubizibintumuburyo nubwo urusengero rwange rwafunzwe iyimyanzuro niyo pe!
  • Musana6 years ago
    komutaduha amakuru yumyanzuro yinama yahuje abavugizi bamatorero agize CEPR yabereye mubugesera





Inyarwanda BACKGROUND