RFL
Kigali

Korali Integuza yakoze indirimbo isekeje kandi irimo ubutumwa bukomeye bayita 'Banza Uhehe Ayo Waneye'-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:9/12/2017 18:11
12


Korali Integuza yo mu mujyi wa Masisi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ifite indirimbo itangaje ariko irimo ubutumwa bukomeye. Ni indirimbo bise 'Banza Uhehe Ayo Waneye', ikaba ikunzwe muri Congo n'i Rubavu ndetse aba baririmbyi barishimirwa cyane ahantu hose bayiririmbye.



Iyo wumvise iyi ndirimbo y'aba baririmbyi bo muri Congo, wumva isekeje cyane ariko wakumva neza amagambo ayirimo ugasanga irimo ubutumwa bukomeye. Inyarwanda.com twaganiriye na Rutivumbura Enock umuyobozi wa korali Integuza iririmba iyi ndirimbo mu rurimi rw'ikinyarwanda adutangariza byinshi kuri iyi ndirimbo bise 'Banza uhehe ayo waneye'. Yavuze ko nubwo baririmba mu kinyarwanda, ngo ntabwo ari abanyarwanda ahubwo ni abaturage bo muri Congo bavuga ururimi rw'ikinyarwanda. Muri iyi ndirimbo, abaririmbyi ba korali Integuza baririmbamo aya magambo:

Banza uhehe ayo waneye abajya ku murimo babone aho banyura,banza uhehe ayo waneye dore haranyerera batayicaramo, banza uhehe ayo waneye dore ntihabona barayanyura he. Sanga umuturanyi wawe wajyaga agusaba umunyu ukamucunaguza ngo bajye bagura, ubanze uhehe ayo waneye. Jya k'uwari umukunzi wawe wateganyaga kuzamushaka,wamuteye inda uramwihakana,jya k'uwari umukunzi wawe ubanze uhehe ayo waneye. Yewe barasoma, bafite ibitabo, baririmba neza ariko ni abanywi, banza uhehe ayo waneye.Yewe barambara bahorana isuku, babwiriza neza ariko ni abasambanyi, banza uhehe ayo waneye. Yewe barahana bigisha abandi ariko bo ntibiyigisha, banza uhehe ayo waneye.(...)

REBA HANO 'BANZA UHEHE AYO WANEYE' YA KORALI INTEGUZA

Rutivumbura Enock yakomeje atangariza umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko ahantu hose baririmbye iyi ndirimbo, bishimirwa cyane. Twamubajije itorero babarizwamo adusubiza muri aya magambo; "Turi abadivantiste b'umunsi wa karindwi bategereje kugaruka kwa Yesu" Yakomeje avuga ko iyi ndirimbo bajya baza kuririmba mu Rwanda na cyane ko hari n'amakorali yo mu Rwanda bafitanye ubucuti. Yagize ati:

Iyi ndirimbo ni iyacu korali Integuza, indirimbo yitwa Banza uhehe ayo waneye. Abaririmbyi bayiririmba ni abakongomani bavuga ikinyarwanda. Muri Congo niho kavukire. Korali Abakurikiyeyesu yo mu Rwanda barahazi niyo korali tugendererana cyane. Abakurikiyeyesu bari i Masisi tariki 25/8/2016 no muri 2015. Iyi ndirimbo irumvikana cyane, rwose irakunzwe pe mu Rwanda, muri kongo n'ahandi.

Kuki iyi ndirimbo bahisemo kuyita izina 'Banza uhehe ayo waneye', ese bashakaga kuvuga iki?

Rutivumbura Enock yabajijwe na Inyarwanda.com impamvu 'Banza uhehe ayo waneye' ari ryo zina bahisemo kwita iyi ndirimbo ndetse abazwa n'ubutumwa bifuzaga gutambutsamo, adutangariza ko bigishaga abantu kujya bakora ibikorwa byiza, bakarangwa no guca bugufi no gusaba imbabazi no kuzitanga igihe hari uwo bagiranye ikibazo. Ibi ngo ni nako ijambo ry'Imana ribivuga aho Yesu yasabye abantu kujya bajya imbere y'Imana babanje kwiyeza. Yatanze urugero ku musore ushobora kuba yarateye inda umukobwa nyuma akamwihakana, yarangiza agakomeza gusenga no gukora indi mirimo inyuranye mu itorero kandi atarakemura cya kibazo afitanye na wa mukobwa. Yagize ati:

Bibiliya iravuga ngo kandi nimuhagarara musenga hakaba hari umuntu wabagiriye nabi, mumubabarire kugira ngo So wo mu ijuru na we abababarire ibyaha byanyu. Nk'ubu ufite umukunzi umuteye inda iteteguwe urangije uramwihakanye, banza uhehe ayo waneye. Abaturanyi warabazambije none mbere y'uko usenga banza ubasange, ayo niyo waneye. Genda ubanze wikiranure nabo, abo wahemukiye, niyo waneye ni cyo bivuze.

REBA HANO 'BANZA UHEHE AYO WANEYE' YA KORALI INTEGUZA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    Murakoze cyane Rwose. Mujyemubabwira tukabatutaranginza ibyacu Ariko ibyabandi bikaba indirimbo
  • MIHIGO Intwari 6 years ago
    Oya ntibikwiye gukoresha imvugo nyandagazi. Kuki mutavuze banza witokore ubone gutokora abandi
  • Lambert6 years ago
    Ntitaye kuri message iyo titre bahaye iyi ndirimbo ni mbi.
  • Iwawa6 years ago
    Bazabajyane iWawa namwe! Isi irashaje koko. Nta soni???!
  • aline6 years ago
    kandi mubishyize mu cyongereza mwakumva message igeze kuwo yagenewe! no mu kinyarwanda nuko message yatugezeho. tubanze dukure mu nzira imyanda yacu.
  • 6 years ago
    Discipline mubutumwa bwiza. Iyindirimbo nimbi rwose . Byaba byiza mutanze ubutumwa hakoreshejwe amagambo meza apana nyandagazi.
  • hero6 years ago
    hhhhh ngo banza uhehe ayo waneye amaki???? #aline nsubiza kuvuga ngo bashyize mucyongereza twamenya ibyaribyo noooo aba ndavuga iyi korali ntibazaseke masho mampa kuko ibiri muzamasho mampa bano nabyo bazabishyiramo2
  • Korode6 years ago
    Iyi ndirimbo irumvikana, nta kibi kuko ibyaha bya muntu biteye isesemi kurusha umwanda w'umuntu. Ese ko abavamo kuki mwumva ari inyandagazi kurusha ibyaha byanyu? Muragirango baririmbe IPhone, 4G, V8, nibyo amatwi yanyu ashaka kumva gusa? Inyandagazi ibaho irenze ibyaha twirirwamo mukeka ko iri munsi y'amabyi?
  • jeremie 6 years ago
    Ibi nukuri tubanje gukuraho byinshi bibi byaturanze benshi babona gukizwa kwacu bagaherako bagahimbaza data WO mu ijuru.
  • bimenyi-ngoma6 years ago
    nkumwe mubarimbyi ba chorale integuza ndashimana igomeje kutuzamura.
  • anonymous5 years ago
    erega abantu ntibishimira kumva ukuri ,,, benshi ntibifuza kumva ibyaha byabo ,,baradamaraye bashaka ibyisi,,,niyo mpamvu bibabaza iyo bumvise indirimbo nkizi zirimo ubutumwa kuko zigaragaza imirimo yabo...twakire Yesu mu mitima yacu turakizwa... Imana Isumbabyose Idufashe
  • 5 years ago
    titre singombwa cyane ..igisumba byose nti ubutumwa Imana ishaka kutugezaho..bnza wumve indirimbo yose wumve kitavuga ubutumwa





Inyarwanda BACKGROUND