RFL
Kigali

Prophet Claude yasobanuye inzozi abantu barota; kurota utwaye imodoka, kurota wambaye ubusa, kurota uri kumwe n'indaya

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:18/06/2018 12:50
32


Prophet Claude umuyobozi mukuru w'Itorero Soul Healing Revival Church yatanze ubusobanuro bw'inzozi zinyuranye abantu barota. Ni mu nyigisho yigishije abakristo be mu gihe gishize. Mu nzozi yasobanuye harimo kurota utwaye imodoka, kurota wambaye ubusa, kurota uri kumwe n'indaya,...



Ubusobanuro bw'inzozi, tugiye kubagezaho, ni igice cya mbere, bivuze ko tuzabagezaho n'ibindi bice. Ni ubusobanuro bwatanzwe na Prophet Claude. Uyu mupasiteri yifashishije igitabo cya Yobu 33: 14 havuga ko Imana ivuga rimwe ndetse kabiri n'ubwo abantu batabyitaho ndetse ko ivugira mu mayerekwa no mu nzozi igihe abantu baba bashyizweyo basinziriye dore ko ngo Imana ibasura ikabaganiriza ikababwira ibintu bitandukanye mu buzima bwabo. 

Yifashishije kandi igitabo cy'Itangiriro 41;25 havuga uburyo Yozefu yasobanuye inzozi za Farawo.  Prophet Claude yahereye ku nzozi ziburira abantu, avuga ko Imana ikoresha izo nzozi ikabwira abantu ibintu bigiye kubabaho ndetse bakabasha no kumenya ibyo umwanzi atekereza mbere y'uko ibyo aba yatekereje bigera ku bantu. Yasobanuye inzozi 6.

Inzozi zikuburira ko imbere hari umutego w'umwanzi ushaka kugira ngo ugwe uve mu byizerwa. Ziza muri ubu buryo:

-Uzarota utwaye imodoka ariko yanze kugenda:

Kurota utwaye imodoka ariko yanze kugenda, kimwe no kurota utwaye moto, indege ariko byanze kugenda, ngo bisobanuye hari ikintu gikomeye uba ubura mu buryo bw'Umwuka. Prophet Claude ati: Iyo ubirimoneza birimo bigenda, hari aho bisobanura imbaraga z'Imana, bitewe n'uburyo wabirosemo. Iyo urose utwaye imodoka uri wenyine irimo igenda, bisobanuye ko uhagaze neza mu Mwuka. Iyo urose utwaye abantu mu modoka bisobanuye Minisiteri cyangwa se gukora umurimo w'Imana.

Yakomeje agira ati:"Iyo rero urose utwaye imodoka ariko yanze kugenda, ugashyiramo Vitensi ariko ikanga kugenda, Umwuka w'Imana aba arimo kuguhishurira ko moteri yawe yo mu Mwuka ishobora kugira ikibazo mu minsi iri imbere. Imana iba ikubwira ngo ujye gusenga. Imana yaduhaye umwuka w'ubumaneko."

-Kurota wambaye ubusa:

Kurota wambaye ubusa buri buri ngo ni inzozi zigaragaza kugwa, cyangwa kuva mu bwiza bw'Imana. Bigaragaza gukiranirwa. Prophet Claude yatanze urugero avuga ko Adamu na Eva bamaze gukora icyaha, ngo babonye bambaye ubusa, batangira kwiremera ubucocero.

-Kurota uri kumwe n'indaya:

Iyo ubonye uri kumwe n'indaya cyangwa se abantu bakora uburaya ukarota muri kumwe, ngo Imana iba ikuburira ko uwo mwuka urimo guhiga ubuzima bwawe.

-Kurota uri kumwe n'abajura:

Iyo ubonye uri kumwe n'abajura, Prophet Claude avuga ko uwo mwuka w'ubujura uba uri hafi yawe, kugira ngo ukamure imbaraga mu buzima bwawe. Akenshi ngo Imana ibyerekana bitari byaba aho iba ikuburira kugira ngo ube wabyirinda. 

Inzozi zigaragaza ko ugiye kuvangirwa zigaragazwa n'ibi bikurikira

-Kurota urimo kurwana n'umuntu ufite ubumuga bwo mu mutwe

Kubona uhanganye n'umuntu ufite ubumuga bwo mu mutwe, ukarota akwirukana cyangwa murimo kurwana, ngo bisobanuye ko uba ugiye guhura no kuvangirwa. Iyo urose murwana ukamurusha imbaraga, ngo haba hari ibintu bigoye ugiye guhura nabyo ariko ukabitsinda. Iyo agutsinze, ngo uba ugiye kuvangirwa iyo udafashe igihe cyo gusenga. 

-Kurota unywa inzoga: Ngo bigaragaza ko imbere yawe ushobora kuvangirwa. 

-Kurota unywa itabi: Ngo bivuga amagambo adasobanutse. Hano uba uburirwa ko ugiye guhura n'urugamba rw'abagambo adasobanutse.

Inzozi zivuga ko imbere yawe hari ibigeragezo harimo: 

-Kubona abantu bagutera amabuye, ayo mabuye ngo avuga ibigeragezo

-Kurota uri mu mazi menshi: Amazi y'umugezi, ngo bivuze imbaraga za Mwuka Wera. mu gihe amazi y'inyanja Imana iba ikubwira ko imbere yawe hari ibigeragezo bitoroshye. Gusa Bibiliya ivuga ko nuca mu mazi menshi izabana nawe. Igiye rero urose uri mu mazi menshi, ngo uba usabwa kwiyambaza Imana ikabana nawe. 

-Kurota urimo kurya ibigori: Hari ibigori bisobanura umusaruro cyangwa umugisha. Iyo urose uhekenya ibigori bikomeye, Imana iba ikubwira ngo itegure, wambare intwaro z'umwuka. 

Iyo ubonye mu nzozi wasuwe n'umuhanuzi

Kurota wasuwe n'umuhanuzi cyangwa ari wowe wamusuye, Imana iba igaragaza ko ugiye kwinjira mu mavuta y'abahanuzi. Iyo urose uri kumwe n'abantu baramya Imana neza, Umwuka w'Imana akamanuka, Prophet Claude avuga ko uba ugiye kwinjira muri ayo mavuta yo kuramya Imana no kuyihimbaza. 

UMVA HANO PROPHET CLAUDE ASOBANURA INZOZI ABANTU BAROTA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ndayisaba Pascal5 years ago
    murakoze kudusoba nurira inzizi muza bwire kurota wica ibihunnyo cg ibyobo bisobanuriki murakoze
  • Munyana jean baptiste4 years ago
    Mbanje kubashimira ibyo mutugezaho kuko nanjye ndabirota cyane kd nrasobanukiwe birishijeho igitekerezo nuko mwakomeza kuguma muruwo mwuka wokudusobanurora imana ibahe umugisha.
  • Twizerimana Jean Baptiste4 years ago
    Ndabashimiye cyane kubwo ubusobanuro bwinzozi mutugejejeho turasobanukiwe pastor prophet Claude Imana imugumishe mumavuta yayo yogusobanura inzozi.None iyo muntu arose indege irimo igenda ikagwa ahantu bishatse kuvuga iki?Imana igume kubaha umugisha.
  • Manzi hilius4 years ago
    Kurota mumanuka umusozi murabantu 3 bisobanura iki?
  • Manzi philius4 years ago
    Kurota uragiye inka bisobanura iki?
  • Ukobizaba dieu donne.4 years ago
    Uzatubwire kurota inzoka yakuze ngurutse uzanatubwire kurota ukina umupira una tubwire kurota wiruka cyane buzaba mukoze
  • Samuel ishinwe 4 years ago
    Muzansobonurire izinzozi ( kurota wambuka umugeze ugatamo ubyowarufite maze umuntu akabigukuriramo akabigusubiza)
  • ndayishimiye eric4 years ago
    murakoze kudusobanvrir
  • fifi4 years ago
    Kurota ubona Inzu irimo amakaro abana basenya urukuta bakonjyera bakaruzamura bafatanyije ari mushicyi namusazawe barwubaka knd Inzu yagaragaraga nkaho arino bisobanuricyi
  • Diane Uwase4 years ago
    Muzansobanurire kurota uri gucuruza no kurota uri kunyara ahantu runaka.!
  • DUSABIMANA JEROME4 years ago
    Murakoze kudusobanurira muzansobanurire kurota utaruka ibinogo nokurota umuvandi MWe wawe akareba nabi
  • Edissa Nyirahabineza4 years ago
    Muraho,ndashaka ko munsobanurira inzozi zerekeye kurota imegeri,ibihumyo,kurota kenshi ahantu wari utuye ark warahimutse kera, kurota uri umunyeshuri ark utari kwiga .murakoze
  • Musafiri Thierry4 years ago
    Murakoze kubusobanuro muduha muzandusobanurire kurota wambaye gisirikare ariko ntangofero wambaye
  • Rebecca kavita4 years ago
    mutugezeho umuntu arota yasuye mama we akamwakiriza inzoga kurota abaairikare barwana barasa bagakaguha impoho ariko ukagira ubwoba bwo kiyibika ugashaka uko iyishyikiriza inzego zagisirikare
  • ahobantegeye4 years ago
    nonese kurota wokeje ibigori ubicuruza wowe ntubirye Kandi ukabona wabishiriroje
  • Joana kamariza 3 years ago
    Murakoze kudusobanurira, muzadusobanurire kurota unkwa amata y'ikivuguto ariko wumva umîa akakuniga. Hamwe no kurota wikoraho umusarane murakoze
  • Mutabazi fiacre3 years ago
    Muzansobanurire kurota amasaka yamahundo agiye kwera kdi ashishe ,ari mumurima wahoze ari uwanyu ariko wareba ari muwanyu yo ugasanga yararumbye.gusa yayandi ashishe akagutera ibyishimo byinshi.
  • Niyitegeka monique3 years ago
    Muzansobanurire kurota urwana n'umuntu akubeshyera ngo wamwobye ari umuyobozi ukamutsinda icyo bisobanura No kurota ufite inzoka ukayekura ku bushake murakoze
  • Irumva eliè2 years ago
    Mwubahwe tubamenyerako vyishi muhezagirwe.
  • Mvuyekure Erneste2 years ago
    Kurota uguruka mu kirere ufite n'amababa bisobanura ik?Gusa murakoze kudusobanurira inzozi kandi mukomereze aho.





Inyarwanda BACKGROUND