RFL
Kigali

Apotre Masasu yateye amahema mu 'butayu' ashyiramo n'uburiri aho bazajya basengera ijoro ryose-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:28/03/2018 7:41
3


Apotre Yoshuwa Masasu Ndagijimana umushumba mukuru w'itorero Evangelical Restoration church ku isi ukunzwe kuvugwaho kuba cyane mu bihe by'amasengesho, kuri ubu agiye kujya asengera mu butayu ijoro ryose dore ko yamaze kubona intwaro izabimufashamo ikabifashamo n'undi mukristo uzabyifuza.



Apotre Yoshuwa Masasu yashyize amahema mu busitani bwahawe inyito y’ubutayu buri i Masoro mu Karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali. Ni ubutayu abakristo ba Restoration church basanzwe basengeramo, bakihererana n'Imana. Gusa amasaha y'ijoro abantu babaga bagiye kuhasengera batahaga bagasubira mu ngo zabo.

Kuri ubu rero Apotre Masasu kimwe n'abandi bakristo be bagiye kujya basengera ijoro ryose muri ubu busitani. Ibi biremezwa n'amahema Apotre Masasu yateye muri ubu butayu bwe buri i Masoro ndetse ayo mahema akaba arimo uburiri aho umuntu wagiye gusengera muri ubwo butayu ashobora kwirambika akanya gato igihe ananiwe.

Apotre Masasu

Apotre Masasu azajya arara muri ubu buriri buri mu butayu bwe

Apotre Masasu yagaragaye aryamye mu ihema rimwe riri aho mu butayu ubwo yatahaga aya mahema. Amakuru yizewe agera ku Inyarwanda.com avuga ko amahema ane ari yo babaye bateye muri ubu butayu, gusa ngo hari andi menshi bazongeramo nyuma. Aya mahema amaze icyumweru kimwe atewe muri ubu butayu bw'i Masoro.

Inyarwanda.com twagerageje kuvugana na Apotre Masasu kuri terefone ye igendanwa kugira ngo tumubaze ibyerekeye aya mahema ari mu butayu bw'i Masoro ndetse n'abemerewe kuyararamo mu gihe bari gukorera amasengesho muri ubu butayu, ntibyadukundira kuko yabwiye umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko atwaye. Umwe mu bakristo bakomeye muri Restoration church i Masoro yatangarije Inyarwanda.com ko buri mukristo wese yemerewe gusengera muri aya mahema, gusa ngo magingo aya ntabwo abantu baremererwa gusengera muri ubu butayu mu gihe cya cy'ijoro. 

Apotre Masasu

Amahema ari mu butayu bw'i Masoro

Ubusanzwe gusengera muri ubu butayu ni ubuntu, gusa bivugwa ko umuntu uhasengeye asabwa gutanga 500Frw y'isuku. Gusengera mu butayu ntibikunze kuvugwaho rumwe n'abakristo hirya no hino ku isi na cyane ko hari abavuga ko aho wasengera hose Imana ikumva, bityo bagashimangira ko nta mpamvu ikwiriye gutuma umuntu ajya gusengera mu butayu. Gusa hari abani bizera ko iyo wihereranye n'Imana ahatari urusaku mugirana ibihe bidasanzwe. Batanga ingero bakavuga ko na Yesu Kristo yajyaga ajya mu butayu ahitaruye abantu akihererana n'Imana. Intara y'Amajyaruguru iherutse guhagarika burundu gusengera mu butayu, mu mazi n'ahandi hantu hose hatari insengero.

Masasu

Ubu busitani babaye babuteyemo amahema ane

Apotre Masasu

Apotre Masasu mu ihema i Masoro

Lydia Masasu

Pastor Lydia Masasu umugore wa Apotre Masasu ubwo yumvaga uburyohe bwo gusengera mu ihema

Bari mu butayu bw'i Masaro binginga Imana






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • SEZIBERA6 years ago
    Ndabona hari na matelas.Nizere ko abayoboke be batazasambanira muli ariya mahema!! Birazwi ko mu masengesho ya nijoro,benshi basambana.Harimo na pastors benshi.Ariko ibinyamakuru byandika ko muri buriya butayu bwa Masasu,abantu batanga amafaranga 500.Byaba ari uburyo bwo kwishakira amafaranga,mu gihe yesu yadusabye gukora umurimo w'imana ku buntu nkuko matayo 10:8 havuga.
  • Deby6 years ago
    Kuki abantu batinda mu gushaka uruhande rubi rw'ibintu?none se 500 koko kuyungikanya ngo nibura ayo matara,iyo suku byishyurwe ntiwumva ko ari bintu byiza!tujye tuba smart and positive!
  • uwizeye6 years ago
    @sezibera ninde wakubwiye ko basambanira mu butayu ese wabonye bangahe batwariyeyo inda wanyereka nibura inkuru imwe nibura nubwo yaba igihuha ibivuga??mwagiye muvuga ibyo muzi binabareba mukareka guharabikana gusa,ibaze ngo 500 frw ngo indonke ahubwo se kwifotoza muca angahe ra hanswe ahantu hangana kuriya ese kiriya kibanza wagikodesha angahe cg ntabwo uziko amasambu asora mu Rwanda





Inyarwanda BACKGROUND