RFL
Kigali

ADEPR Mbandazi yateguye igiterane cy’ububyutse cyatumiwemo korali Shalom y’i Nyarugenge

Yanditswe na: Editor
Taliki:26/09/2017 8:21
0


ADEPR Mbandazi muri Paruwasi ya ADEPR Rusororo yateguye igiterane cy’ivugabutumwa cyatumiwemo korali Shalom y’i Nyarugenge imwe mu zikunzwe cyane mu itorero rya ADEPR. Iki giterane kizatangira tariki 27 Nzeli gisozwe tariki 1 Ukwakira 2017.



Nkuko Inyarwanda.com yabitangarijwe na Pastor Sibomana Jean Bosco, iki giterane si ubwa mbere kigiye kuba, gusa ni bwo bwa mbere bagitumiyemo amakorali menshi ndetse bakaba bifuza ko byahoraho bakaba banakimenyesha abantu benshi binyuze mu itangazamakuru. Yunzemo ko ari igiterane gisanzwe kiba buri mwaka.

Pastor Sibomana Jean Bosco

Pastor Sibomana Jean Bosco

Kuri iyi nshuro, iki giterane gifite insanganyamatsiko iboneka muri Zaburi 116:12 ivuga ngo: “Ibyiza Uwiteka yangiriye byose ndamwitura iki?”. Iki giterane kizajya kibera i Rugende ahaparika imodoka ziva muri Tanzaniya. Kizajya kiba buri munsi kuva saa tatu za mugitondo kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Muri iki giterane hazaba hari abakozi b’Imana batandukanye barimo Rev Masumbuko Josue, Ev Pascal Barakagira na Pastor Sibomana Jean Bosco. Amakorali hazaba hari; Korali Isezerano ya ADEPR Kabuga mu mujyi, Salem ya ADEPR Kabuga, Shalom ya ADEPR Nyarugenge Rehoboth ya ADEPR Kabuga Siege, Amani ya ADEPR Kabuga Siege, Integuza ya ADEPR Mbandazi na Bethania ya ADEPR Mbandazi.

Image result for Korali Shalom adepr nYARUGENGE

Image result for Korali Shalom adepr nYARUGENGE

Korali Shalom ya ADEPR Nyarugenge itegerejwe kuri ADEPR Mbandazi

Image result for Pastor Masumbuko nYARUGENGE

Rev Masumbuko Josue wigeze kuba umunyamabanga mukuru wa ADEPR na we azaba ahari

Barakagira Pascal

Ev Pascal Barakagira ni umwe mu bavugabutumwa batumiwe

ADEPR Mbandazi

Igiterane cyateguwe na ADEPR Mbandazi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND