Kigali

Sandrine Isheja yabonye ‘Masters’, indi ntambwe ikomeye ateye mu buzima bwe

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:29/07/2016 15:37
13


Umunyamakuru Sandrine Isheja wa Kiss Fm yahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters Degree) yavanye muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ryigisha ibijyana n’uburinganire(Gender Studies).



Umunyamakuru akaba n'umushyushyarugamba Sandrine Isheja uherutse kurushingana na Peter Kagame mu birori byabaye tariki 16 Nyakanga 2016 aho basezeranye imbere y'Imana, ni umwe mu banyeshuri 8500 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda bahawe impamyabumenyi zabo kuri uyu wa gatanu tariki 29 Nyakanga 2016 mu birori byabereye kuri Sitade Amahoro byitabiriwe na Perezida Paul Kagame, wasabye abarangije kudatega amaboko ahubwo bakihangira imirimo kuko hanze hari ikibazo cy'ubushomeri.

 

Sandrine Isheja

Afite ishimwe rikomeye ku Mana yabimushoboje

Mu byishimo byinshi, Sandrine Isheja w’imyaka 27 y’amavuko, mu butumwa yatambukije kuri Instagram, yashimye Imana kubw’iyo ntambwe yindi ateye mu buzima bwe akaba abonye impamyabumenyi y'icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters Degree).

Ubwo yasozaga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza, Sandrine Isheja, mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com, yavuze ko atari we ubwe wishoboje ahubwo ko ari Imana. Yakanguriye abandi bakobwa bakiri bato kutitinya, abasaba kudashukwa n’uburanga bw'inyuma ahubwo bagakunda umurimo bagategura bakiri bato ejo habo hazaza. Yagize ati:

Abandi bari (abakobwa bakiri bato) nababwira ko bashoboye. Ntibitinye. Kandi bikuremo imyumvire yo gutega amaboko. Ikindi kandi abari hari ubwo dushukwa n'uburanga bw'inyuma, tukibagirwa ko tuzasaza. Ese niba hari abo ukuramo amafaranga uyu munsi kuko ufite uburanga,mu myaka micye iri imbere nibuyoyoka uzaba usigaranye iki? Uburanga wongeyeho ubwenge biba byiza kurushaho.


Bamwe mu barangije kaminuza uyu mwaka wa 2016

Sandrine Isheja n'umukunzi we Kagame Peter basezeranye imbere y'Imana-AMAFOTO

Sandrine Isheja abonye Masters nyuma y'iminsi micye yambikanye impeta n'umukunzi we Peter Kagame






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dumbuli8 years ago
    Inka ya Dumbuli Sandrine afite amashimwe nawe se mu kwezi kumwe afite umugabo umuraza nta kuvumba Masters ya kaminuza, n'agahinja mu nda gafite se uzwi ashatse yabyinira ku rukoma kuko byatunganye
  • moise 8 years ago
    Congs kuri Isheja sandrine Kndi kbs uno mwaka ni uwe!!!!
  • denyse8 years ago
    woooooow!!!!!!!!!!!!!!!!!!! amahirwe numugisha kndi uzabyare uheke.
  • 8 years ago
    Aba nabo ye, batavuzwe ntibasinzira Ngo ni byamamare
  • Did 8 years ago
    Congratulations cherie we love u more
  • Sylvie8 years ago
    ngo afite imyaka ingahe??hhhhh murasetsa cyane rwose.ese ntajya akura ahorana iyo myaka??
  • eva8 years ago
    congsraturation adusengere natwe tuzarangize
  • eva8 years ago
    congsraturation adusengere natwe tuzarangize
  • CK8 years ago
    BRAVO! MURI UNDERGRADUATE NABWO NIBYO YIZE?
  • 8 years ago
    Sandrine afite at least imyaka 32 kuko yigaga Saint André 2001 muwa 2
  • KABIB8 years ago
    Asyigari we! Nanga abantu bihoza mu ngobyi uboshye gukuri ari ikinegu. Ako gakecuru Sandrine ngo 27 ans???. Sandrine namumenye 2010 kuri Salus kandi yanganaga atyo rwose, muri icyo gihe ntiyari munsi y'imyaka 27 none none ngo n'uyu munsi afite 27. Gukura ni umugisha w'Imana ku buryo udakwiriye kubihisha.
  • Nameless8 years ago
    congz chr
  • Nameless8 years ago
    Congz bae



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND