RFL
Kigali

Rimio wari umaze imyaka irenga itanu ahagaritse umuziki yawugarutsemo ahita ashyira hanze indirimbo ye nshya–YUMVE

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:23/11/2017 19:25
1


Rimio ni izina utavuga ko ryamamaye mu myaka itambutse, uyu ni umusore watangiye muzika ahagana 2009, icyakora nyuma ntabwo byamuhiriye cyane ko yagombaga kubanza kurangiza kwiga amasomo ye ahitamo kuba ahagaritse ibya muzika none nyuma yo kurangiza kwiga yongeye kubura ibya muzika.



Uyu musore iyo muganiriye akubwira ko yahagaritse muzika kuko yagombaga kubanza kurangiza kwiga nyuma yaho ngo arangirije amasomo akaza kubona akazi byose bitatumye abona uko akomeza gukora umuziki, icyakora kuri ubu ngo amaze gushyira ku ruhande ibijyanye namasomo yahise agaruka mu muziki.

Rimio

Rimio umuhanzi waherukaga gukora muri 2012 kuri ubu yongeye kugaruka mu muziki

Aha uyu musore aganira na Inyarwanda.com yagize ati” Natangiye muzika 2009, nkora indirimbo yitwa  nise Sigaho ikorwa na Producer Junior Multisystem, 2010-2012 naje kwinjira mu nzu itunganya umuziki Davydenko yakoreragamo ya F2K, aha ninaho nakoreye indirimbo nise Ntibakuzi, nyuma nakoranye  indirimbo  na TMS twise Abasare  iranakundwa cyane gusa muri 2012 naje kujya kurangiza amasomo muri ULK nyuma mbona akazi bituma mba mpagaritse ibyo kuririmba.”

Kuri ubu uyu musore agarukanye indirimbo nshya yise ‘Sinjye’ iyi akaba yarayikoranye na Producer Mell Oddy, iyi ikaba iya mbere ashyize hanze nyuma yuko yiyemeje kugaruka mu muziki. Ku bwe ngo agarutse wese ndetse vuba aha arashyira hanze amashusho yayo.

UMVA HANO 'SINJYE' YA RIMIO







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mapozi6 years ago
    Ese abantu bose babaye abaririmbyi abafana se bazabakurahe





Inyarwanda BACKGROUND