RFL
Kigali

MU MASHUSHO: Bebe Cool yabyinanye n’umukobwa imbyino zitamenyerewe kubyinirwa mu ruhame, abagore bipfuka mu maso

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:2/07/2015 15:00
3


Mu gitaramo cyo gusoza icyumweru cy’imideli, RIFAW, Bebe Cool yitwaye neza ndetse agaragaza ubuhanga yari yitezweho n’abari baje kureba icyo gitaramo. Si ubuhanga gusa kuko yakoze n’agashya , abyinana n’umukobwa imbyino zitamenyerewe kubyinirwa mu ruhame mu Rwanda.



Ubwo yari ageze ku ndirimbo’Kasepeki’, Bebe Cool yasanganiwe n’umukobwa bigaragara ko bashobora kuba bari bapanze uko bari bubyinane.  Imbyino babyinnye twakwita ibikojeje isoni zatumye bamwe mu bakobwa n’abagore bari aho bipfuka mu maso.

Imibyinire ya Bebe Cool

Imibyinire ya Bebe Cool

Iyi mibyinire yatunguye abatari bake

Bebe Cool

Uyu mukobwa bivugwa ko ari umunyarwandakazi yatangaje benshi

Bebe Cool

Babyinanaga nk'abakoranye imyitozo

Nubwo uyu mukobwa wabyinanaga na Bebe Cool yagaragaje imibyinire ihabanye n’umuco nyarwanda, bamwe mubari aho bemeje ko bamuzi muri Kigali ko ndese yaba ari umunyarwandakazi. Tubibutse ko igitaramo cyo gusoza Rwanda International Fashion World  2015  cyateguwe na Teta Sandra  cyabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Kamena 2015. Bebe Cool afatanyije na Christopher , Active ndetse Riderman nibo basusurukije abari bitabiriye iki gitaramo cyanerekaniwemo imideli inyuranye.

Reba hano mu mashusho imbyino zidasanzwe za Bebe Cool n’umukobwa utaramenyekanye amazina

 

Reba hano amashusho y’uko Bebe Cool yataramiye  abanyarwanda muri RIFAW 2015.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • k8 years ago
    haha! ngo abagore bipfutse mu maso, namwe ntimugastse nonese abagore bajyagahe?
  • Gabe8 years ago
    Iyi nkumi irabizi kabisa! Kubyina (that is). Would like to see more of her in future performances. Yi twa nde?
  • wang wei8 years ago
    hahahahaha ko ntagitangaje mbonye, nibisanzwe da!





Inyarwanda BACKGROUND